Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi micye mu Mujyi wa Kigali hakozwe igisa n’umukwabu wo kwimura igitaraganya abatuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga; Guverinoma y’u Rwanda yemeza ko byahagaritswe kubera ko hari hagaragayemo ibibazo. Ubu ngo bari kunozwa uburyo bwo gukiza amagara y’aba baturage bidateje ibindi bibazo.

Isura y’ubuzima bwa site zacumbikiwemo abagizweho ingaruka n’ibiza byibasiye uduce tumwe tw’Intara y’Iburengerazuba; byabaye imbarutso yo gushaka abatuye ahantu hafatwa nk’ahashobora guhitana ubuzima bw’abaturage. Ibyo ni ko byagenze mu Mujyi wa Kigali.

Icyakora abimurwa bakomeje kugaragaza imbogamizi z’aho berecyeza bo n’ababo.

Kanyemera Jean Bosco utuye mu Murenge wa Bumbogo, avuga ko ubuyobozi bwaje ari ku wa Gatandatu busaba abaturage ko ku munsi ukurikiyeho ngo babe bagiye ntibazabasange aho.

Ati “Ukibaza niba umuntu aba yagiye mu muhanda cyangwa muri kaburimbo, ugasanga ni ikibazo.”

Uwitwa Ntabezababiri Marthe we yumva ko hari impamvu yo kwimurwa, ariko na we asaba ko babanza kubereka iyo bajya.

Ati “Niba koko bibaye ngombwa ko abaturage batuye munsi y’umukingo bagomba kudupakira; ariko nibatwereke aho twerekeza ntacyo bitwaye aho kugira ngo ubugingo bwacu bubure. Rwose Leta yacu ni nziza iratureberera. Ariko nibatujyane batubwira aho twerecyera kugira ngo natwe tubashe gukiza amagara yacu.”

Uko kwimurwa igitaraganya; nk’impamvu inabatera kwibaza aho berecyeza, Nyamutera Innocent uyobora Umurenge wa Bumbogo aremera ko ari ko byagenze.

Ato “Ni byo kubera ko ibiza bidateguza, twabasabye kwimuka mu buryo bwihuse kugira ngo barengere ubuzima bwabo.”

N’ubwo ubwo buryo byakozwemo bwasize ibibazo; Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi Marie Solange Kayisire avuga ko inzego z’ibanze zitigeze zimura abantu zishingiye ku byo bareba n’amaso.

Yagize ati “Ntabwo dupimisha ijisho, hari ibigo byadufashije. Ntitubijyane tutabyumva kugira ngo bidatuma bumva ko barenganyijwe. Mwarabibonye iyo ibiza bije bitwara ibintu byose. Kandi haba harimo n’ishoramari rinini. Bamwe baba ari abacuruzi, ariko nubwo byaba inzu yawe biba bigusubije inyuma.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko ibyo bibazo byatumye bahagarika iki gikorwa kugeza igihe hazakorwa uburyo bunoze bwo kwimura aba baturage.

Yagize “Turi gukorana n’umujyi wa Kigali. Mu cyumweru gitaha tuzabaha amakuru arambuye ku birebana n’amanegeka mu Turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali. Ntabwo ari uguhisha amakuru; nta n’ubwo dushaka gutanga amakuru adasobanutse, kuko barimuwe, ibabazo byarabonetse. Mu cyumweru gitaha tuzabaha amakuru, kandi niba unabyitegereza neza ntabo bakimura kubera ko hagomba kujyaho gahunda igaragara.”

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu igaragaza ko kugeza ubu mu gihugu hose bamaze kubarurwa inzu 3 088 zigomba kubakwa ahandi.  Izo zibarwa ko aho ziri hashobora guhitana abaturage mu bihe by’imvura. Abari bazituyemo ngo bazashaka aho bacumbika kugeza igihe zizubakirwa. Icyakora ngo baracyanoza umwihariko w’umujyi wa Kigali.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + one =

Previous Post

Icyizere gisendereye gitangwa n’ikipe y’u Rwanda iri mu irushanwa rigereranywa nk’Igikombe cy’Isi

Next Post

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.