Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe

radiotv10by radiotv10
03/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi micye mu Mujyi wa Kigali hakozwe igisa n’umukwabu wo kwimura igitaraganya abatuye ahashyira ubuzima bwabo mu kaga; Guverinoma y’u Rwanda yemeza ko byahagaritswe kubera ko hari hagaragayemo ibibazo. Ubu ngo bari kunozwa uburyo bwo gukiza amagara y’aba baturage bidateje ibindi bibazo.

Isura y’ubuzima bwa site zacumbikiwemo abagizweho ingaruka n’ibiza byibasiye uduce tumwe tw’Intara y’Iburengerazuba; byabaye imbarutso yo gushaka abatuye ahantu hafatwa nk’ahashobora guhitana ubuzima bw’abaturage. Ibyo ni ko byagenze mu Mujyi wa Kigali.

Icyakora abimurwa bakomeje kugaragaza imbogamizi z’aho berecyeza bo n’ababo.

Kanyemera Jean Bosco utuye mu Murenge wa Bumbogo, avuga ko ubuyobozi bwaje ari ku wa Gatandatu busaba abaturage ko ku munsi ukurikiyeho ngo babe bagiye ntibazabasange aho.

Ati “Ukibaza niba umuntu aba yagiye mu muhanda cyangwa muri kaburimbo, ugasanga ni ikibazo.”

Uwitwa Ntabezababiri Marthe we yumva ko hari impamvu yo kwimurwa, ariko na we asaba ko babanza kubereka iyo bajya.

Ati “Niba koko bibaye ngombwa ko abaturage batuye munsi y’umukingo bagomba kudupakira; ariko nibatwereke aho twerekeza ntacyo bitwaye aho kugira ngo ubugingo bwacu bubure. Rwose Leta yacu ni nziza iratureberera. Ariko nibatujyane batubwira aho twerecyera kugira ngo natwe tubashe gukiza amagara yacu.”

Uko kwimurwa igitaraganya; nk’impamvu inabatera kwibaza aho berecyeza, Nyamutera Innocent uyobora Umurenge wa Bumbogo aremera ko ari ko byagenze.

Ato “Ni byo kubera ko ibiza bidateguza, twabasabye kwimuka mu buryo bwihuse kugira ngo barengere ubuzima bwabo.”

N’ubwo ubwo buryo byakozwemo bwasize ibibazo; Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi Marie Solange Kayisire avuga ko inzego z’ibanze zitigeze zimura abantu zishingiye ku byo bareba n’amaso.

Yagize ati “Ntabwo dupimisha ijisho, hari ibigo byadufashije. Ntitubijyane tutabyumva kugira ngo bidatuma bumva ko barenganyijwe. Mwarabibonye iyo ibiza bije bitwara ibintu byose. Kandi haba harimo n’ishoramari rinini. Bamwe baba ari abacuruzi, ariko nubwo byaba inzu yawe biba bigusubije inyuma.”

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko ibyo bibazo byatumye bahagarika iki gikorwa kugeza igihe hazakorwa uburyo bunoze bwo kwimura aba baturage.

Yagize “Turi gukorana n’umujyi wa Kigali. Mu cyumweru gitaha tuzabaha amakuru arambuye ku birebana n’amanegeka mu Turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali. Ntabwo ari uguhisha amakuru; nta n’ubwo dushaka gutanga amakuru adasobanutse, kuko barimuwe, ibabazo byarabonetse. Mu cyumweru gitaha tuzabaha amakuru, kandi niba unabyitegereza neza ntabo bakimura kubera ko hagomba kujyaho gahunda igaragara.”

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu igaragaza ko kugeza ubu mu gihugu hose bamaze kubarurwa inzu 3 088 zigomba kubakwa ahandi.  Izo zibarwa ko aho ziri hashobora guhitana abaturage mu bihe by’imvura. Abari bazituyemo ngo bazashaka aho bacumbika kugeza igihe zizubakirwa. Icyakora ngo baracyanoza umwihariko w’umujyi wa Kigali.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Icyizere gisendereye gitangwa n’ikipe y’u Rwanda iri mu irushanwa rigereranywa nk’Igikombe cy’Isi

Next Post

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Hatahuwe amakuru y’umuhanzi ugezweho mu Rwanda wakoze ubukwe mu ibanga rikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.