• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

radiotv10by radiotv10
24/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano
Share on FacebookShare on Twitter

Muhizi Anatole wigeze kugeza ikibazo kuri Perezida Paul Kagame cyagarukaga ku mutungo we wafatiriwe na Banki Nkuru y’u Rwanda, we na Me Katisiga Rusobanuka Emile baregwa mu rubanza rumwe, bagizwe abere.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyanza, rwagize abere aba bombi baregwaga mu rubanza rumwe bari bajuririye uru rubanza nyuma yuko Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwari rwabakatiye igihano cy’imyaka itanu.

Muhizi Anatole yavuzwe cyane muri Kanama 2022 ubwo Perezida Paul Kagame yari mu gikorwa cyo gusura abaturage mu Karere ka Nyamasheke, akamugezaho ikibazo cy’ibyo yitaga akarengane yakorewe na Banki Nkuru y’u Rwanda.

Icyo gihe Muhizi yavugaga BNR yafatiriye umutungo we w’inzu yari yaraguze n’Umukozi wayo witwa Rutagengwa Jean Léon mu 2015, akaza kwiyambaza Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rukamubwira ko iyo nzu itari ingwate ya BNR.

Nyuma yaje kuregwa icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, urubanza yaregwaga hamwe na Me Katisiga Rusobanuka Emile.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko Urukiko Rwisumbuye rwa Nyanza rwagize abere aba bombi mu rubanza rw’ubujurire dore ko bari babanje kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga.

Muhizi Anatole wari ufungiye mu Igororero rya Muhanga, Urukiko rwategetse ko afungurwa nyuma y’isomwa ry’uru rubanza, mu gihe Me Katisiga Rusobanuka Emile we wari ukurikiranwe ari hanze, na we yagizwe umwere.

Ubushinjacyaha bwamuregaga icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, aho bwavugaga ko yakoresheje nimero za telefoni z’umuntu zimwanditseho, agasaba icyangombwa cy’uko uwo muntu ari ingaragu kandi nyamara yari yarashyingiwe, akagihabwa.

Me Katisiga Rusobanuka Emile we yashinjwaga ko gukoresha icyo cyangombwa, akagikoresha mu rubanza yasabaga ko cyamunara y’inzu yari yaraguzwe na Muhizi ihagarikwa, inzu Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yashakaga guteza cyamunara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + nineteen =

Previous Post

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

AMAKURU AGEZWEHO: Perezida Kagame yashyizeho abagize Guverinoma nshya itajemo impinduka nyinshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.