Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k’insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hatangajwe igihano cyakatiwe uwari uyoboye agatsiko k’insoresore zishe umuraperi w’ikirangirire
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore ukiri muto wari uyoboye agatsiko k’ingimbi zivuganye umuraperi Pop Smoke wo muri Leta Zunze Ubumwe za America muri 2020, yakatiwe igifungo cy’imyaka 29.

Tariki 19 Gashyantare 2020 ni bwo umuraperi Pop Smoke yishwe n’abasore bane bari bayobowe n’uwitwa Corey Walker binjiye mu rugo rwa nyakwigendera bagenzwa no kwiba ndetse bitwaje intwaro.

Corey Walker ni we wari mukuru kuko yari afite imyaka 19 muri bane bari bahuje umugambi muri 2020, ari na byo byatumye ari we ukurikiranwa mu Nkiko nshinjabyaha, mu gihe abandi bo bajyanwe mu nkiko z’abana.

Umwe muri abo bana wari afite imyaka 15, yemeye uruhare yagize muri ubu bujura ndetse n’uruhare rwe mu rupfu rwa Pop Smoke, akaba yarajyanywe mu kigo ngororamuco aho azava afite imyaka 25.

Ni mu gihe abandi babiri na bo bemeye icyaha, ariko kugeza ubu ibihano bahawe bikaba bitarashyizwe hanze.

Corey Walker waburanishijwe n’Urukiko rw’i Los Angeles ari na rwo rwamukatiye iki gihano, yaburanye yemera uruhare yagize muri ubu bujura bwanatumye Pop Smoke ahasiga ubuzima, we akaba yaraburanishijwe bitandukanye n’abandi kuko we yari mukuru ndetse n’amategeko akamuhana nk’abantu basanzwe, akaba yakatiwe imyaka 29 y’igifungo.

Nyuma yo kuraswa, uyu muraperi yajyanywe kwa muganga ari na ho baje kwemeza ko yitabye Imana, aho urugendo rwe rw’ubuzima rwarangiye ku myaka 20.

Felix NSENGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

Next Post

Amakuru agezweho avugwa ku Ngabo zagiye gufasha FARDC ziri i Goma

Related Posts

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho kuri ‘Burikantu’ wari watawe muri yombi

by radiotv10
25/07/2025
0

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga, wari watawe muri yombi akurikiranyweho gufungirana abakobwa bapfaga 7 000 Frw, yarekuwe....

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

African Streetwear: A trend or a cultural movement?

by radiotv10
25/07/2025
0

African streetwear is no longer just an underground aesthetic, it has transformed into a bold expression of culture, identity, and...

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

Amakuru yamenyekanye y’ibyabanjirije ifungwa rya ‘Burikantu’ byanabaye intandaro

by radiotv10
22/07/2025
0

Umusore Mwitende Abdoulkarim uzwi nka ‘Burikantu’ ku mbuga nkoranyambaga uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB akurikiranyweho gufungirana mu nzu...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

by radiotv10
22/07/2025
0

Nishimwe Naomie wabaye Nyampinga w’u Rwanda wa 2020, uri mu bari baherutse kugaragaza ibibazo bagiriye muri Hoteli Château le Marara...

IZIHERUKA

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza
MU RWANDA

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri S.Africa yagaragaje igikwiye gukorerwa Abasirikare b’iwabo bari muri DRCongo

Amakuru agezweho avugwa ku Ngabo zagiye gufasha FARDC ziri i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.