Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe igikorerwa amashuri ari gutahurwaho kutubahiriza amabwiriza akishyuza ‘Minerval’ y’umurengera

radiotv10by radiotv10
28/09/2022
in MU RWANDA
0
Hatangajwe igikorerwa amashuri ari gutahurwaho kutubahiriza amabwiriza akishyuza ‘Minerval’ y’umurengera
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yavuze ko muri iri tangira ry’umwaka w’amashuri wa 2022-2023, hari ibigo by’amashuri byagaraweho kurenga ku mabwiriza mashya aherutse gushyirwaho agena amafaranga y’ishuri ntarengwa, ariko ko hari itsinda riri kubikurikirana.

Umwaka w’amashuri wa 2022-2023 watangiye ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 26 Nzeri 2022 nyuma gato yuko Guverinoma y’u Rwanda itangaje amabwiriza mashya ajyanye n’uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abanyeshuri biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye ya Leta n’akorana na Leta ku bw’amasezerano.

Aya mabwiriza yashyizwe hanze tariki 14 Nzeri 2022, ateganya ko umunyeshuri wiga utaha yishyirirwa 19 500 Frw naho uwiga aba mu kigo akishyurirwa 85 000 Frw.

Gusa hari bimwe mu bigo by’amashuri biri muri ibi byiciro byavuzwe muri aya mabwiriza, byagumishijeho amafaranga y’ishuri byari bisanzwe byishyuza abanyeshuri mbere yuko hashyirwa hanze aya mabwiriza kandi ari hejuru y’ayatangajwe.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yemeje ko hari ibigo by’amashuri biri kugaragaza iyi myitwarire inyuranyije n’ariya mabwiriza.

Ati “Aho tumenye tugenda tugikemura dufatanyije n’ishuri. Icyo turi gukora, hari abantu bari gukurikirana ahavutse ikibazo tugakurikirana tukajya kureba uko ikibazo kimeze.”

Yavuze ko ibi bibazo bitari kubura kubaho mu gihe haje amabwiriza mashya nk’ariya. Ati “Byanze bikunze mu gushyira mu bikorwa aya mabwiriza hose ntabwo byari kugenda neza, ni na yo mpamvu tugomba gukomeza kubikurikirana.”

Mbere yuko uyu mwaka w’amashuri utangira, Minisiteri y’Uburezi yanagiranye inama nyunguranabitekerezo n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri, ibibutsa ko bagomba kubahiriza aya mabwiriza.

Muri iyi nama, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Imyuga n’Ubumenyingiro, Nirere Claudette yavuze ko hari ibigo by’amashuri byaciye undi muvuno bigatangira gushakira amafaranga y’umurengera mu zindi nzira.

Icyo gihe yagize ati “Hari abayobozi [b’ibigo by’amashuri] barimo kuzamura ibiciro by’ibikoresho bigurishirizwa ku ishuri. Hari urugero twabonye uwavuze ngo ikarita y’ishuri n’iyimyitwarire yayishyize ku bihumbi 20…’muraseka ariko twabibonye’. Iyi karita yagombye kurenza maganatanu (500 Frw)?”

Nirere Claudette yaburiye abayobozi b’Ibigo by’amashuri bazarenga kuri ariya mabwiriza ko hari ibihano bibategereje.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Perezida Ruto yayoboye Inama y’Abaminisitiri ya mbere ayitangizanya isengesho yitereye

Next Post

Nyaruguru: Batujwe mu magorofa none bajya guca incuro bakababwira ko batakoresha ababa mu mataje

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyaruguru: Batujwe mu magorofa none bajya guca incuro bakababwira ko batakoresha ababa mu mataje

Nyaruguru: Batujwe mu magorofa none bajya guca incuro bakababwira ko batakoresha ababa mu mataje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.