Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ikimaze gukorwa ku mbanzirizamushinga z’amasezerano Perezida Kagame na Tshisekedi bazasinyira muri America

radiotv10by radiotv10
05/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyasinywe si amasezerano- Menya iby’inyandiko yasinywe hagati y’u Rwanda na DRCongo n’impamvu byakozwe na America

Rubio yari aherutse kuyobora isinywa ry'inyandiko hagati y'u Rwanda na DRC

Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zamaze gutanga imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro azasinyirwa muri Leta Zunze Ubumwe za America n’Abakuru b’Ibihugu byombi.

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize, hatangajwe ko mu kwezi kwa Kamena Perezida Paul Kagame na mugenzi wa DRC, Felix Tshisekedi bazashyira umukono ku masezerano y’amahoro mu biganiro biri kuyobora na Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni amasezerano kandi azaba akurikiye amahame aherutse gushyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda na Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko u Rwanda rwemeye gushyira umukono kuri ariya mahame, kuko rushyigikiye ko amahoro aboneka mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi aya mahame akaba ari cyo agamije.

Ati “Kandi twaranabigaragaje na mbere, mbere yuko n’ibiganiro bishya byaje yaba ibyitwaga ibya Luanda n’ibya Nairobi, twebwe twashyigikiraga amahoro ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo cyarangizwa mu buryo bw’ibiganiro.”

Avuga ko kuva na cyera u Rwanda rwamye ruvuga ko ibiganiro bigamije gushaka umuti wa biriya bibazo, bigomba kujya mu mizi yabyo kuko kubikemura babinyuze hejuru ari byo byakunze gutuma bigenda byisubiramo.

Ati “Kuko byagaragaye mu biganiro bindi, mu masezerano yagiye ashyirwaho umukono, intambara tuvuga imaze imyaka irenga mirongo itatu kandi hagiye hasinywa amasezerano menshi, ariko adashyirwa mu bikorwa. Ni yo mpamvu noneho tuvuga ko ari umwanya mwiza wo kugira ngo tuzajye mu mizi y’ikibazo, hanyuma noneho ikibazo tugikemure burundu.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko mu biganiro biri kuba hari intambwe imaze guterwa ku buryo hari icyizere ko n’ibindi biri guteganywa bizatanga umusaruro.

Agaruka ku biganiro byabaye nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 rifashe Imijyi wa Goma na Bukavu, havutse ibiganiro bihuriweho hagati ya SADC na EAC birimo inama yabaye tariki 08 Gashyantare 2025, aho Abakuru b’Ibihugu bigize iyi Miryango bashyizeho abahuza batanu, nyuma haza no gushyirwaho n’ugomba kuzayobora ubwo buhuza ari we Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wasimbuye Perezida wa Angola Joao Lourenço wari ufite izi nshingano.

Hari kandi n’ibiganiro biri kubera i Doha muri Qatar, birimo ibice bibiri birimo ibiganiro bihuza Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC, ndetse n’ibihuza Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Congo.

Ati “Ibyo tuvuga ko byashyizweho umukono ku itariki 25 Mata i Washington, byo ni mu rwego rw’Ibiganiro bihuzwa na Leta Zunze Ubumwe za America.”

Yavuze ko kandi muri ibi biganiro bya Leta Zunze Ubumwe za America, hari hemejwe ko tariki 02 Gicurasi 2025 Guverinoma y’u Rwanda n’iya DRC zigomba kuzatanga imbanzirizamushinga z’ibyo zifuza ko bizajya mu masezerano y’amahoro.

Ati “Imbanzirizamushinga, uko byagenze ni uko buri Gihugu cyatanze ibyo cyifuza ko byajya muri aya masezerazerano, ikizakurikira ni uko Leta Zunze Ubumwe za America, zizabikusanya zikabishyira hamwe, noneho hakaba inyandiko y’umushinga w’amasezerano y’amahoro uzaganirwaho n’impande zombi.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi bakazongera guhura mu cyumweru cya gatatu cy’uku kwezi kwa Gicurasi kugira ngo noneho bongere baganire barebe imishyikirano kuri aya masezerano, hanyuma mu kwezi gutaha kwa gatandatu, ayo masezerano akazashyirwaho umukono kuri Perezidansi ya America bita White House.”

Ni amasezerano ateganyijwe kuzashyirwaho umukono n’Abakuru b’Ibihugu byombi, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu muhango biteganyijwe ko uzayobora na mugenzi wabo wa USA, Donald Trump.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nine =

Previous Post

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

Next Post

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Hagaragajwe aho ibiganiro byo kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi bigeze n’ukomeje kubidindiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.