Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe impinduka z’igihe gito mu gutega imodoka zerecyeza Ntara n’impamvu yazo

radiotv10by radiotv10
28/12/2023
in MU RWANDA
0
Hatangajwe impinduka z’igihe gito mu gutega imodoka zerecyeza Ntara n’impamvu yazo
Share on FacebookShare on Twitter

Umujyi wa Kigali watangaje impinduka z’aho abantu bazategera imodoka mu minsi ibiri isoza umwaka, mu rwego rwo koroshya ingendo z’abantu bifuza kujya gusangira iminsi mikuru n’imiryango yabo mu Ntara.

Izi mpinduka zashyizweho ku bufatanye bw’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali n’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, zatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa 27 Ukuboza ryashyizweho umukono n’Umuyobozi wawo, Dusengiyumva Samuel.

Iri tangazo ritangira rivuga ko izi mpinduka z’ahategerwa imodoka zizaba tariki 30 na 31 Ukuboza 2023 zije mu “rwego rwo koroshya ingendo mu Mujyi wa Kigali muri ibi bihe by’iminsi mikuru.”

Aberecyeza mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba mu Turere twa Nyamasheke, Rusizi, Karongi, Ngororero na Rutsiro, bazafatira imodoka kuri Sitade ya Kigali izwi nka Pele Stadium i Nyamirambo.

Naho aberecyeza mu Ntara y’Iburasirazuba, banyuze mu nzira ya Kabuga, bo bazafatira imodoka muri Gare ya Kabuga.

Iri tangazo rigasoza rigira riti “Abandi batavuzwe muri iri tangazo bazakomeza gufatira imodoka aho basanzwe bazifatira (Gare ya Nyabugogo na Gare ya Nyanza ya Kicukiro).”

Ibi bitangajwe mu gihe mu bihe by’iminsi mikuru nko kuri Noheli iherutse kwizihizwa hagaragaye abantu benshi muri Gare ya Nyabugogo bifuzaga kwerecyeza mu Ntara zitandukanye bagiye kwifatanya n’imiryango yabo kwizihiza uyu munsi mukuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

DRC: Imyigaragambyo yo kwamagana ibyavuye mu matora yatangiranye umuriri

Next Post

Undi wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahawe inshingano mpuzamahanga yagize icyo azivugaho

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda wahawe inshingano mpuzamahanga yagize icyo azivugaho

Undi wabaye mu nzego nkuru z'u Rwanda wahawe inshingano mpuzamahanga yagize icyo azivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.