Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto kuva yatorerwa kuyobora Kenya, aragirira uruzinduko rwa mbere mu Rwanda, aho biteganyijwe ko agirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, bigaruka ku ngingo zitandukanye.

Ni uruzinduko rwemejwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023.

Iri tangazo rivuga ko Perezida William Ruto agirira mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi ibiri, ku butumire bwa mugenzi we Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Iri tangazo rigira riti “Abakuru b’Ibihugu bombi bazarebera hamwe ku mishinga ihuriweho n’imikoranire, irimo imishinga y’Umuhora wa Ruguru, ibijyanye no kwihaza mu biribwa, guhanga udushya n’Ikoranabuhanga, ubuzima n’uburezi.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, bivuga ko uru rugendo rwa Perezida William Ruto, rugamije kandi kuzamura imikoranire mu bucuruzi muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse no ku Mugabane wa Afurika muri rusange, nkuko Abakuru b’Ibihugu bombi bafite umuhate wo kuzamura ubucuruzi muri aka Karere ndetse ndetse n’Isoko rusange rw’Umugabane wa Afurika.

Iri tangazo kandi risoza rivuga ko Abakuru b’Ibihugu bazanaganira ku mahoro n’umutekano mu karere, ahanategenyijwe gusinywa amasezerano.

Perezida William Ruto agendereye urugendo nyuma y’amezi arindwi atangiye kuyobora Kenya, kuko yarahiye tariki 13 Nzeri 2022, mu muhango wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame, bagiye kuganira.

Perezida Kagame Paul ubwo yitabiraga irahira rya Ruto

RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 14 =

Previous Post

Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

Next Post

Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.