Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere

radiotv10by radiotv10
04/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatangajwe ingingo nyamukuru zigenza Perezida William Ruto ugenderera u Rwanda bwa mbere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida William Ruto kuva yatorerwa kuyobora Kenya, aragirira uruzinduko rwa mbere mu Rwanda, aho biteganyijwe ko agirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, bigaruka ku ngingo zitandukanye.

Ni uruzinduko rwemejwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Mata 2023.

Iri tangazo rivuga ko Perezida William Ruto agirira mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi ibiri, ku butumire bwa mugenzi we Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Iri tangazo rigira riti “Abakuru b’Ibihugu bombi bazarebera hamwe ku mishinga ihuriweho n’imikoranire, irimo imishinga y’Umuhora wa Ruguru, ibijyanye no kwihaza mu biribwa, guhanga udushya n’Ikoranabuhanga, ubuzima n’uburezi.”

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Kenya, bivuga ko uru rugendo rwa Perezida William Ruto, rugamije kandi kuzamura imikoranire mu bucuruzi muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse no ku Mugabane wa Afurika muri rusange, nkuko Abakuru b’Ibihugu bombi bafite umuhate wo kuzamura ubucuruzi muri aka Karere ndetse ndetse n’Isoko rusange rw’Umugabane wa Afurika.

Iri tangazo kandi risoza rivuga ko Abakuru b’Ibihugu bazanaganira ku mahoro n’umutekano mu karere, ahanategenyijwe gusinywa amasezerano.

Perezida William Ruto agendereye urugendo nyuma y’amezi arindwi atangiye kuyobora Kenya, kuko yarahiye tariki 13 Nzeri 2022, mu muhango wanitabiriwe na Perezida Paul Kagame, bagiye kuganira.

Perezida Kagame Paul ubwo yitabiraga irahira rya Ruto

RADIOTV10 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 18 =

Previous Post

Naba nahingiye 1.000Frw aho kugura ibijumba nkagura igi?- Imirire myiza n’imibereho birahanganye

Next Post

Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Related Posts

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

IZIHERUKA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore
IMIBEREHO MYIZA

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Dr.Sabin yahishuye ibiteganywa mu rwego rw’Ubuzima bizatuma rutumbagira rugaha Abaturarwanda serivisi zihanitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.