Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025

radiotv10by radiotv10
02/01/2025
in MU RWANDA
0
Hatangajwe uko imvura izagwa mu Rwanda muri iyi minsi y’intangiro za 2025
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere, kiratangaza ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Mutarama 2025 (mu minsi 10), mu Rwanda hateganyijwe imvura iri ku gipimo nk’icy’isanzwe muri iki gihe, aho iminsi izagwamo imvura iri hagati y’ibiri n’itandatu.

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze na Meteo Rwanda kuri uyu wa 01 Mutarama 2025, rigaragaza igipimo cy’imvura izagwa mu gice cya mbere cy’uku kwezi.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Mutarama 2025 (kuva tariki ya 1 kugeza taliki ya 10), mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 0 na 75. Imvura iteganyijwe ikaba iri ku kigero cy’imvura isanzwe igwa muri iki gice.”

Meteo Rwanda ikomeza igira iti “Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’iminsi ibiri n’itandatu. Ubushyuhe muri rusange buteganyijwe bukazaba ari nk’ubusanzwe buboneka muri iki gice mu Gihugu hose.” Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe buzaba buri hagati ya dogere Selisiyusi 18 na 30, naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe bukazaba buri hagati ya dogere Selisiyusi 8 na 16.

Nanone kandi muri iki gice cya mbere cya Mutarama, hazabaho umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na metero 8 ku isegonda uteganyijwe mu bice bitandukanye by’Igihugu.

Meteo Rwanda ivuga ko imvura iri hagati ya milimetero 60 na 75 ari yo nyinshi iteganyijwe muri iki gice, iteganyijwe henshi mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke, uburengerazuba bw’Akarere ka Nyamagabe na Nyaruguru.

Naho imvura iri hagati ya milimetero 45 na 60 iteganyijwe mu Turere twa Karongi, Rutsiro, Rubavu na Musanze, ibice byinshi by’Uturere twa Huye, Ngororero, Nyabihu, Burera, amajyepfo y’Akarere ka Gisagara, uburengerazuba bw’Akarere ka Nyanza na Ruhango, igice gito cy’amajyaruguru y’Akarere ka Gakenke, ibice bisigaye by’Uturere twa Nyaruguru, Nyamagabe, Nyamasheke na Rusizi.

Muri iki gice cya Mbere cya Mutarama kanri, hari ibice biteganyijwemo imvura iri hagati ya milimetero 30 na 45 birimo ibyo mu Karere ka Muhanga, henshi mu Turere twa Nyanza, Ruhango, Kamonyi, Rulindo na Gicumbi, ibice byo hagati by’Akarere ka Gisagara, ahasigaye mu Turere twa Huye, Ngororero, Nyabihu na Burera.

Ni mu gihe Imvura iri hagati ya milimetero 15 na 30 iteganyijwe mu Mujyi wa Kigali, Amayaga, Uturere twa Bugesera, Ngoma, Rwamagana, ibice byinshi by’Uturere twa Kirehe na Gatsibo, uburengerazuba bw’Uturere twa Kayonza na Nyagatare, ahasigaye mu Turere twa Rulindo na Gicumbi. Ahasigaye mu Ntara y Iburasirazuba hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 0 na 15.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − nine =

Previous Post

Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

Next Post

Inyama z’Ubunani zirakekwa nk’intandaro yatumye Umupolisi muri Congo yica Abashinwa babiri

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inyama z’Ubunani zirakekwa nk’intandaro yatumye Umupolisi muri Congo yica Abashinwa babiri

Inyama z’Ubunani zirakekwa nk'intandaro yatumye Umupolisi muri Congo yica Abashinwa babiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.