Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’abamaze guhitanwa n’inkongi idasanzwe muri America

radiotv10by radiotv10
13/01/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hatangajwe umubare w’abamaze guhitanwa n’inkongi idasanzwe muri America
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 24 bamaze guhitanwa n’inkongi y’umuriro imaze icyumweru ubudahagarara muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe za America, mu gihe ababarirwa muri 16 baburiwe irengero.

Inzego z’ubuyobozi muri iki Gihugu, ziravuga ko izi nkongi z’umuriro, zishora kuba ari kimwe mu biza bikomeye cyane bibaye mu mateka ya Leta Zunze Ubumwe za America, aho zimaze kwangiza inzu ibihumbi n’ibihumbi, mu gihe abantu ibihumbi 100, bamaze guhugunga umujyi wa Los Angels.

Kuri uyu wa Mbere, abashinzwe kuzimya inkongi batangaje ko babashije guhagarika inkongi ebyiri z’umuriro, muri eshanu zibasiye umujyi wa Los Angeles nyuma y’iminsi itandatu, zaka ubudahagarara.

Inzego z’ubuyobozi zivuga ko izi nkongi yangije burundu uduce twinshi tw’umujyi, inzu z’abakire n’ibyamamare, kimwe n’iz’abaturage basanzwe, zose zabaye umuyonga, aho inyubako zirenga ibihumbi 12 zangiritse cyane.

Iyi nkongi iri mu burengerazuba bw’umujyi wa Los Angeles byumwihariko mu gace ka Palisades, yamaze kwangiza ubuso bwa hegitari 23 713 (96 km²) mu gihe 13% by’ahibasiwe n’inkongi ari ho abashinzwe ubutabazi bashoboye kuzimya kugeza ubu.

Naho inkongi y’umuriro iri mu gace ka Eaton mu misozi yo mu burasirazuba bwa Los Angeles, wo umaze kwangiza ubuso bungana na hegitari 14 117 (57 km²), abashinzwe kuzimya inkongi, bakaba bamaze kuzimya ahangana na 27%, by’ahibasiwe hose.

Ni mugihe mu majyaruguru y’umujyi, inkongi iri mu gace ka Hurst, yari imaze guhoshwa ku kigero cya 89%, naho izindi nkongi zibasiye ibice bitatu zari zangije ibindi bice byo mu mujyi wa Los Angeles, zazimijwe ku kigero cyi 100%, nk’uko byatangajwe n’Ikigo cya California gishinzwe, Amashyamba no gukumira inkongi.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku nama igiye kuzana mu Rwanda Abayobozi Bakuru ba Polisi z’Ibihugu 14

Next Post

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda ashobora kumvikana kuri Radio imwe nk’umunyamakuru

Related Posts

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

The leadership of North Kivu Province that was appointed by AFC/M23 “informs all residents of the city of Goma that...

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwamenyesheje abatuye Umujyi wa Goma ko bemerewe kwambuka umupaka munini uzwi...

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

by radiotv10
17/09/2025
0

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe iperereza, yemeje ko abayobozi ba Israel bakoze Jenoside ku Banya-Palestine bo mu Ntara ya Gaza. Raporo...

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe...

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

by radiotv10
16/09/2025
0

Ifoto yafashwe mu 1863 yerekana umucakara yuzuye inkovu umugongo wose, igaragaza amateka y’ubucakara bwakorewe abirabura muri Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi muhanzi uzwi mu Rwanda ashobora kumvikana kuri Radio imwe nk’umunyamakuru

Undi muhanzi uzwi mu Rwanda ashobora kumvikana kuri Radio imwe nk’umunyamakuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 takes decision to ease border crossing at Rwanda-Congo ‘Grande Barrière’

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.