Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umusaruro wavuye muri Operasiyo yo gufata abazengereje abaturage i Nyanza

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in MU RWANDA
0
Hatangajwe umusaruro wavuye muri Operasiyo yo gufata abazengereje abaturage i Nyanza

Photo/Umuseke

Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyanza, yatangaje ko igikorwa cyo guhiga no gufata abahungabanya umutekano muri aka Karere mu bikorwa by’urugomo bihamaze iminsi, cyasize hafashwe abantu 19.

Ni operasiyo yabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 05 Ukuboza 2024, yakozwe na Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza, ku bufatanye n’inzego z’ibanze.

Iki gikorwa cyakozwe nyuma yuko hari abaturage bamaze iminsi bataka ibikorwa by’urugomo bakorerwa n’abantu bataramenyekana, birimo kubatega bakabambura ibyabo ndetse n’ubujura bwa hato hato.

Iki gikorwa cyasize hafashwe abantu bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa bo mu Midugudu inyuranye yo mu Mirenge ya Nyanza na Kibirizi muri aka Karere ka Nyanza, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo SP Emmanuel Habiyaremye.

SP Emmanuel Habiyaremye yagize ati “Twafashe abantu 19 bahungabanya umutekano w’abaturage, abo twafashe bose ni abagabo.”

Aba bafatiwe muri iyi Operasiyo ubu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi mu Murenge wa Muyira, barimo abakekwaho kwijandika mu bikorwa by’ubujura, abanywa ibiyobyabwenge, ndetse n’abandi bakekwaho ibikorwa by’urugomo.

Aba bantu kandi bafashwe ku bufaanye bwa Polisi ikorera mu Karere ka Nyanza, n’abaturage bayifashije mu kuyiha amakuru yatumye hafatwa aba bantu.

SP Emmanuel Habiyaremye washimiye abaturage bayifashije mu gutanga amakuru yatumye aba bantu bafatwa, yaboneyeho kugira inama abishoye muri ibi bikorwa ko Polisi y’u Rwanda iri maso kandi ko itazahwema kubashakisha no kubafata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 4 =

Previous Post

Airtel Money Revamps Interoperability: Launches new campaign WAMENYE WAGUAN?! To promote Seamless Cross-Network Transfers with Free Bundles

Next Post

Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Related Posts

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

by radiotv10
10/07/2025
0

Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia  Codina, players of Arsenal Women Football Club visited the Kigali Genocide Memorial at Gisozi,...

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

Polisi yinjiye mu kibazo cy’ahavugwaho kuba ihuriro ry’abishoye mu rugomo i Rwamagana

by radiotv10
10/07/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imaze guta muri yombi abantu barenga 10 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa by’urugomo bivugwa mu...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.