Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

radiotv10by radiotv10
30/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangije umushinga w’ubuhinzi bw’indabo, imboga n’imbuto bwifashishije ikoranabuhanga umwe mu mishinga izakorwa muri gahunda yo kwagura Pariki y’Ibirunga no guteza imbere abayituriye.

Ni agace k’icyiciro cya mbere cyo kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga mu muri uyu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze.

Iyi Pariki y’Igihugu ikaba izagurirwa ku buso bungana na hegitari 3 740 bingana na 23% by’ubuso ifite ubu. Iki gikorwa cyafunguwe ni icy’ubuhinzi bwifashishije ikoranabuhanga buzakorerwa mu nzu zo guhingwamo zizwi nka ‘Green Houses’, uburyo bwo guhinga hatifashishijwe ubutaka, ububiko bukonjesha n’uburyo bwo gutunganya umusaruro n’ibindi.

Kinigi Horticulture Hub ni igice gito kigize umudugudu uzubakirwa abazimurwa ahazagurirwa iyi Pariki. Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) Jean-Guy Afrika yavuze ko iki kigo kizafasha abaturage kongera umusaruro hifashishijwe ubuso buto bazahingaho.

Yagize “Iki kigo kizafasha abaturage kongera umusaruro ku mirima mito w’inyungu no guteza imbere imibereho myiza. Iki gikorwa kiragaragaza intambwe twateye mu kurengera urusobe rw’ibinyabuzima. Iki kigo ni umwe mu mishinga izafasha iyi miryango yimuwe, intego yacu ni uguteza imbere imibereho, guhanga imirimo no guteza imbere urubyiruko n’abagore, gahunda yo gusaranganya inyungu ziva mu bukerarugendo ikomeje kwaguka ndetse yerekana isano iri hagati y’ubukerarugendo mu Rwanda n’iterambere ry’abaturage, iyo ubukerarugendo buzamutse iterambere ry’abaturage na ryo ririyongera.”

Bamwe mu baturage bari basanzwe bakorera ubuhinzi muri ako gace, bavuze ko bitezemo inyungu kuko inyamaswa zivuye muri parike zitazongera kwangiza umusaruro wabo nk’uko byajyaga bigenda.

Maniriho Felicien yagize ati “Ubusanzwe ubuhinzi bwacu twahingaga ariko twari dufite ikibazo cy’inyamaswa imbogo zatwoneraga ku buryo umuntu yashoraga amafaranga menshi mu buhinzi ntayasaruremo, ariko ubu buhinzi bwa kijyambere bugiye kudufasha kuko tugiye kujya duhinga ku buso buto kandi tubone n’umusaruro uhagije.”

Coletha Nyirambonigaba na we ati “Mu mwaka ushize nahinze ibirayi ahantu hangana na are icumi, bigeze igihe cyo kwera imbogo ziraza zirabiribata ku buryo umusaruro nari niteze ntawubonye, rero ubu buhinzi nizeye ko buzamfasha guhinga neza nkihaza ndetse nkasagurira n’amasoko.”

Ubu buhinzi bwifashishije ikoranabuhanga wa buzakorerwa ku buso bunganga na metero kare 1 250 bugizwe na Green House eshatu zihinzwemo imboga nka Puwavuro, inyanya na cocombre, bikaba biteganyijwe ko ubu umusaruro uzajya uvamo uzajya winjiza Miliyoni 45 Frw buri mwaka, naho ikiguzi cyo kuhitaho cyatwaye Miliyoni 11 Frw.

Umuyobozi wa RDB yafunguye ku mugaragaro uyu mushinga
Abahinzi biteze amahirwe akomeye muri uyu mushinga

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Beyond degrees and titles: “How youth measure success today”

Next Post

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw'Akagari kabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.