Ubuyobozi bwa Sosiyete ya Leta ishinzwe imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ‘Ecofleet Solutions’, buratangaza ko hatangijwe igerageza ry’uburyo bw’ikoranabuhanga, buzafasaba abagenzi mu Mujyi wa Kigali kujya bamenya aho bisi zigeze, bakazitegereza bazi igihe zibagereraho, ndetse hakazabaho na Application ya telefone yabafasha kubimenya bari mu ngo zabo.
Guverinoma y’u Rwanda imaze iminsi yongereye imbaraga mu mavugurura y’urwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, aho kuva mu cyumweru gishize, hari imihanda ine yo mu Mujyi wa Kigali yatangijwemo gahunda y’ibisate byagenewe kugendwamo gusa na bisi zitwara abagenzi mu masaha yo kujya ku kazi.
Iyi gahunda kandi yiyongera ku zindi zimaze igihe zishyirwa mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange n’izindi ziteganywa zirimo n’igerageza ry’ikoranabuhanga ryatangijwe rizajya rifasha abantu kumenya aho bisi bifuza gutega zigeze.
Umuyobozi Mukuru wa Ecofleet Solutions, Rukera Aubin, yatangaje ko iri koranabuhanga rinajyanye n’irindi ryamaze gushyirwa muri bisi 320 zashyizwemo camera zizajya zituma amakuru y’aho zigeze amenyekana.

Muri iri gerageza, hari ahantu habiri ryangirijwe, ari ho Rwandex ndetse na Kacyiru, ahari ibyapa by’ikoranabuhanga bigaragaza igihe imodoka iri buhagerere, n’aho igeze muri uwo mwanya.
Avuga ko abatega imodoka mu buryo bwa rusange, bashonje bahishiwe, kuko ibi byose bizajya bifasha abantu kutamara umwanya munini bategereje imodoka batazi n’igihe iri bubagerereho.
Ati “Ni umushinga umaze amezi agera kuri atandatu tuwukora kandi twahereye ku bindi byari byarubatswe ku buryo tubona bisi aho igeze, niba yubahiriza igihe, n’abashoferi ubu tuba tuzi umubare wabo.”
Akomeza avuga ko kandi iri koranabuhanga, umuntu ashobora no kuzajya aryifashisha akoresheje application yo muri telefone ye, ku buryo amenya igihe bisi ashaka gutega iri bugerere aho ayifatira.
Ati “Ni ibintu turi gukora kugira ngo ayo makuru tujye tuyaha abagenzi bari ku byapa ariko si ku byapa gusa ahubwo n’abari mu rugo twifashishije application.”
Iri koranabuhanga risanzwe ryifashishwa mu Bihugu byateye imbere birimo ibyo ku Mugabane w’u Burayi, aho umuntu aba yicaye mu rugo, akareba ku ikoranahanga rya telefone ye akamenya bisi ziri mu cyerekezo aherereyemo n’igihe ziza kuhagerera, bigatuma ajya aho azifatira igihe cyegereje atarinze kujya gufata umwanya we ategereje atazi igihe zimugereraho.
Guverinoma y’u Rwanda imaze iminsi igira inama abantu bose gukoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, kuko amavugurura agamije kunoza iyi gahunda azakomeza gushyirwamo ingufu.

RADIOTV10











