Monday, April 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Sosiyete ya Leta ishinzwe imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange ‘Ecofleet Solutions’, buratangaza ko hatangijwe igerageza ry’uburyo bw’ikoranabuhanga, buzafasaba abagenzi mu Mujyi wa Kigali kujya bamenya aho bisi zigeze, bakazitegereza bazi igihe zibagereraho, ndetse hakazabaho na Application ya telefone yabafasha kubimenya bari mu ngo zabo.

Guverinoma y’u Rwanda imaze iminsi yongereye imbaraga mu mavugurura y’urwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, aho kuva mu cyumweru gishize, hari imihanda ine yo mu Mujyi wa Kigali yatangijwemo gahunda y’ibisate byagenewe kugendwamo gusa na bisi zitwara abagenzi mu masaha yo kujya ku kazi.

Iyi gahunda kandi yiyongera ku zindi zimaze igihe zishyirwa mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange n’izindi ziteganywa zirimo n’igerageza ry’ikoranabuhanga ryatangijwe rizajya rifasha abantu kumenya aho bisi bifuza gutega zigeze.

Umuyobozi Mukuru wa Ecofleet Solutions, Rukera Aubin, yatangaje ko iri koranabuhanga rinajyanye n’irindi ryamaze gushyirwa muri bisi 320 zashyizwemo camera zizajya zituma amakuru y’aho zigeze amenyekana.

Muri iri gerageza, hari ahantu habiri ryangirijwe, ari ho Rwandex ndetse na Kacyiru, ahari ibyapa by’ikoranabuhanga bigaragaza igihe imodoka iri buhagerere, n’aho igeze muri uwo mwanya.

Avuga ko abatega imodoka mu buryo bwa rusange, bashonje bahishiwe, kuko ibi byose bizajya bifasha abantu kutamara umwanya munini bategereje imodoka batazi n’igihe iri bubagerereho.

Ati “Ni umushinga umaze amezi agera kuri atandatu tuwukora kandi twahereye ku bindi byari byarubatswe ku buryo tubona bisi aho igeze, niba yubahiriza igihe, n’abashoferi ubu tuba tuzi umubare wabo.”

Akomeza avuga ko kandi iri koranabuhanga, umuntu ashobora no kuzajya aryifashisha akoresheje application yo muri telefone ye, ku buryo amenya igihe bisi ashaka gutega iri bugerere aho ayifatira.

Ati “Ni ibintu turi gukora kugira ngo ayo makuru tujye tuyaha abagenzi bari ku byapa ariko si ku byapa gusa ahubwo n’abari mu rugo twifashishije application.”

Iri koranabuhanga risanzwe ryifashishwa mu Bihugu byateye imbere birimo ibyo ku Mugabane w’u Burayi, aho umuntu aba yicaye mu rugo, akareba ku ikoranahanga rya telefone ye akamenya bisi ziri mu cyerekezo aherereyemo n’igihe ziza kuhagerera, bigatuma ajya aho azifatira igihe cyegereje atarinze kujya gufata umwanya we ategereje atazi igihe zimugereraho.

Guverinoma y’u Rwanda imaze iminsi igira inama abantu bose gukoresha imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, kuko amavugurura agamije kunoza iyi gahunda azakomeza gushyirwamo ingufu.

Gutega bisi ubu biri kwitabirwa cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 11 =

Previous Post

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Related Posts

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

by radiotv10
25/04/2026
0

Guverinoma y’u Bubiligi yamaganiye kure amakuru yavugaga ko iki Gihugu kiri guha intwaro u Burundi ngo buzifashisha mu mugambi wo...

Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

by radiotv10
25/04/2026
0

Starting a business or launching any initiative sounds exciting and it is, but it also demands more than just a...

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

by radiotv10
24/04/2026
0

Kompanyi ya Choplife Gaming Limited (CLG), ikora nka betPawa ku isoko ryo Rwanda ikaba imwe mu zitanga serivisi z’imikino y’amahirwe,...

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Bisi 50 zikoresha amashanyarazi zigiye kongerwa muri gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, aho...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
24/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yakiriye ibiganiro byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho hagati y’u Rwanda na DRC...

IZIHERUKA

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze
IMIBEREHO MYIZA

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

by radiotv10
27/04/2026
0

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

27/04/2026
Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

27/04/2026
Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

27/04/2026
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

26/04/2026
APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

27/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.