Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe icyifuzo ku Banyekongo barimo abamaze imyaka 15 muri Uganda nyuma y’uko bari bashimuswe

radiotv10by radiotv10
29/07/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hatanzwe icyifuzo ku Banyekongo barimo abamaze imyaka 15 muri Uganda nyuma y’uko bari bashimuswe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utari uwa Leta APRU (Action pour la promotion rurale) wasabye ko hihutishwa inzira zo kugira ngo hacyurwe Abanyekongo bakabakaba 70 bari barashimuswe n’umutwe witwaje intwaro, aho bari muri Uganda.

Uyu Muryango utari uwa Leta, watanze iki cyifuro kuri iki Cyumweru tariki 28 Nyakanga 2024 aho wasabye ko aba Banyekongo bari mu nkambi ya Gulu muri Uganda, basubizwa mu Gihugu cyabo cya Congo.

Aba Banyekongo 70, ni bamwe mu bagize itsinda ry’abantu 144 bari barashimuswe n’umutwe witwaje intwaro wa LRA.

Jean-Claude Malitano, Umuhuzabikorwa w’uyu muryango utari uwa Leta utabariza aba Banyekongo, yavuze ko aba bantu ari abo mu bice bya Uélé ya Ruguru n’iy’Epfo, bashimuswe na LRA hagati ya 2008 na 2011.

Aba bantu barimo abana babarirwa muri 40 barimo 23 bafite imyaka iri munsi y’icyenda, ndetse hakabamo n’ababyaye imburangihe 23.

Kuva mu kwezi k’Ukuboza 2023, aba bari barashimuswe, bakomeje gufashwa mu mibereho n’uyu Muryango utari uwa Leta wa APRU aho bacumbikiwe mu nkambi ya Gulu muri Uganda, akaba ari na byo byatumye Umuhuzabikorwa w’uyu Muryango asaba Guverinoma kugira icyo ikora kugira ngo bacyurwe.

Jean-Claude Malitano yagize ati “Turasaba ko Guverinoma yohereza itsinda ry’impuguke kugira ngo igaragaze abo bana, nyuma yo kubamenya, turasaba ko bazafashwa kuva muri Uganda, bakajyanwa muri Faradje (Muri DRC).

Uyu muhuzabikorwa w’uyu muryango, yavuze ko ubwo aba bana bazaba bagejejwe mu gace ka Faradje (muri Haut-Uélé) bazitabwaho muri byose, ubundi bakoherezwa mu miryango yabo.

Yaboneyeho kandi kuvuga ko abandi muri aba bari barashimuswe, bagiye bakora ibishoboka byose kugira ngo basubire mu miryango yabo kuko bari bamaze igihe kinini bashimuswe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Haravugwa iyicwa ry’abacancuro b’Abarusiya benshi biciwe mu Gihugu cyo muri Afurika

Next Post

OUR COMMENTS ABOUT ESPN SINS

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha
MU RWANDA

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

21/01/2026
AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RADIOTV10 OPINION ON “CLASSIFIED RWANDA”

OUR COMMENTS ABOUT ESPN SINS

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.