• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe icyifuzo ku Banyekongo barimo abamaze imyaka 15 muri Uganda nyuma y’uko bari bashimuswe

radiotv10by radiotv10
29/07/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hatanzwe icyifuzo ku Banyekongo barimo abamaze imyaka 15 muri Uganda nyuma y’uko bari bashimuswe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango utari uwa Leta APRU (Action pour la promotion rurale) wasabye ko hihutishwa inzira zo kugira ngo hacyurwe Abanyekongo bakabakaba 70 bari barashimuswe n’umutwe witwaje intwaro, aho bari muri Uganda.

Uyu Muryango utari uwa Leta, watanze iki cyifuro kuri iki Cyumweru tariki 28 Nyakanga 2024 aho wasabye ko aba Banyekongo bari mu nkambi ya Gulu muri Uganda, basubizwa mu Gihugu cyabo cya Congo.

Aba Banyekongo 70, ni bamwe mu bagize itsinda ry’abantu 144 bari barashimuswe n’umutwe witwaje intwaro wa LRA.

Jean-Claude Malitano, Umuhuzabikorwa w’uyu muryango utari uwa Leta utabariza aba Banyekongo, yavuze ko aba bantu ari abo mu bice bya Uélé ya Ruguru n’iy’Epfo, bashimuswe na LRA hagati ya 2008 na 2011.

Aba bantu barimo abana babarirwa muri 40 barimo 23 bafite imyaka iri munsi y’icyenda, ndetse hakabamo n’ababyaye imburangihe 23.

Kuva mu kwezi k’Ukuboza 2023, aba bari barashimuswe, bakomeje gufashwa mu mibereho n’uyu Muryango utari uwa Leta wa APRU aho bacumbikiwe mu nkambi ya Gulu muri Uganda, akaba ari na byo byatumye Umuhuzabikorwa w’uyu Muryango asaba Guverinoma kugira icyo ikora kugira ngo bacyurwe.

Jean-Claude Malitano yagize ati “Turasaba ko Guverinoma yohereza itsinda ry’impuguke kugira ngo igaragaze abo bana, nyuma yo kubamenya, turasaba ko bazafashwa kuva muri Uganda, bakajyanwa muri Faradje (Muri DRC).

Uyu muhuzabikorwa w’uyu muryango, yavuze ko ubwo aba bana bazaba bagejejwe mu gace ka Faradje (muri Haut-Uélé) bazitabwaho muri byose, ubundi bakoherezwa mu miryango yabo.

Yaboneyeho kandi kuvuga ko abandi muri aba bari barashimuswe, bagiye bakora ibishoboka byose kugira ngo basubire mu miryango yabo kuko bari bamaze igihe kinini bashimuswe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Haravugwa iyicwa ry’abacancuro b’Abarusiya benshi biciwe mu Gihugu cyo muri Afurika

Next Post

OUR COMMENTS ABOUT ESPN SINS

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
RADIOTV10 OPINION ON “CLASSIFIED RWANDA”

OUR COMMENTS ABOUT ESPN SINS

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.