Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa bibi bihonyora uburenganzira bwabo birimo n’ibihitana bamwe muri bo.

Uyu muryango uvuga ko aba Barundi baba mu Bihugu nka Zambia, Malawi, Tanzania, Arabie Saoudite, muri Leta Zunze Ubumwe z’Abatabu ndetse na Koweït, bakorerwa ibikorwa birimo, nko kubica, ifungwa rya hato na hato rinyuranyije n’amategeko, ndetse n’iyicarubozo.

Vianney Ndayisaba, Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango ALUCHOTO, yavuze ko bahangayikishijwe cyane n’ibiriho bikorerwa Abarundi baba muri biriya Bihugu, kandi ko kubirwanya bigomba gushingira ku kuzanira Abarundi bari imbere mu Gihugu imibereho myiza ndetse n’umutekano urambye, nka bimwe mu bituma bava mu Gihugu cyabo.

Raporo y’uyu Muryango, igaragaza ko Abarundi benshi biganjemo urubyiruko, bava mu Gihugu cyabo bakajya kuba mu Mirwa Mikuru y’Ibihugu bimwe na bimwe byo ku Mugabane wa Afurika no mu Bihugu by’Abarabu gushakishirizayo imibereho.

Hari n’abandi Barundi baba bashaka kwerecyeza ku Mugabane w’u Burayi, banyuze muri Libya mu inzira iteye inkeke ku buzima, kuko baba bafite ibyago byinshi byo kuyisigamo ubuzima.

Uyu muryango uvuga ko abana bari hagati y’imyaka umunani na 14 bajya gukora imirimo ivunanye mu Bihugu nka Kenya na Tanzania.

Nk’abajya mu Bihugu by’Abarabu, uyu muryango uvuga ko nubwo Ubuyobozi bw’u Burundi bwashyizeho ingamba z’imikoranire mu guhagarika ibikorwa bibangamira uburenganzira bwabo, bitabuza ko hari benshi bagihohoterwa.

ALUCHOTO ivuga ko Abarundi 13 biciwe muri Zambiza, mu gihe abandi 169 batawe muri yombi binyuranyije n’amategeko, naho abagera kuri 19 bakaba barakorewe iyicarubozo. Ni ibikorwa byakozwe n’inzego z’umutekano za Zambia, urubyiruko rwo muri kiriya Gihugu ndetse n’abakora mu nzego z’iperereza.

Naho muri Malawi, Abarundi 10 barimo abacuruzi n’Abamotari, biciweyo mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’uyu Muryango.

Ni mu gihe mu Gihugu cya Tanzania, habarwa Abarundi 212 bafunzwe binyuranyije n’amategeko, abandi icyenda bakorerwa iyicarubozo, abandi 42 bakorerwa ibikorwa by’ubugombe, ibibatesha agaciro, byumwohariko bakorewe ku mupaka uhuza iki Gihugu n’u Burundi.

Abana b’Abarundi ngo bajya bafatirwa muri Tanzania bagahohoterwa
Inzego z’umutekano muri Malawi na zo ngo zibangamira Abarundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 3 =

Previous Post

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Next Post

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.