• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa bibi bihonyora uburenganzira bwabo birimo n’ibihitana bamwe muri bo.

Uyu muryango uvuga ko aba Barundi baba mu Bihugu nka Zambia, Malawi, Tanzania, Arabie Saoudite, muri Leta Zunze Ubumwe z’Abatabu ndetse na Koweït, bakorerwa ibikorwa birimo, nko kubica, ifungwa rya hato na hato rinyuranyije n’amategeko, ndetse n’iyicarubozo.

Vianney Ndayisaba, Umuyobozi Mukuru w’uyu muryango ALUCHOTO, yavuze ko bahangayikishijwe cyane n’ibiriho bikorerwa Abarundi baba muri biriya Bihugu, kandi ko kubirwanya bigomba gushingira ku kuzanira Abarundi bari imbere mu Gihugu imibereho myiza ndetse n’umutekano urambye, nka bimwe mu bituma bava mu Gihugu cyabo.

Raporo y’uyu Muryango, igaragaza ko Abarundi benshi biganjemo urubyiruko, bava mu Gihugu cyabo bakajya kuba mu Mirwa Mikuru y’Ibihugu bimwe na bimwe byo ku Mugabane wa Afurika no mu Bihugu by’Abarabu gushakishirizayo imibereho.

Hari n’abandi Barundi baba bashaka kwerecyeza ku Mugabane w’u Burayi, banyuze muri Libya mu inzira iteye inkeke ku buzima, kuko baba bafite ibyago byinshi byo kuyisigamo ubuzima.

Uyu muryango uvuga ko abana bari hagati y’imyaka umunani na 14 bajya gukora imirimo ivunanye mu Bihugu nka Kenya na Tanzania.

Nk’abajya mu Bihugu by’Abarabu, uyu muryango uvuga ko nubwo Ubuyobozi bw’u Burundi bwashyizeho ingamba z’imikoranire mu guhagarika ibikorwa bibangamira uburenganzira bwabo, bitabuza ko hari benshi bagihohoterwa.

ALUCHOTO ivuga ko Abarundi 13 biciwe muri Zambiza, mu gihe abandi 169 batawe muri yombi binyuranyije n’amategeko, naho abagera kuri 19 bakaba barakorewe iyicarubozo. Ni ibikorwa byakozwe n’inzego z’umutekano za Zambia, urubyiruko rwo muri kiriya Gihugu ndetse n’abakora mu nzego z’iperereza.

Naho muri Malawi, Abarundi 10 barimo abacuruzi n’Abamotari, biciweyo mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’uyu Muryango.

Ni mu gihe mu Gihugu cya Tanzania, habarwa Abarundi 212 bafunzwe binyuranyije n’amategeko, abandi icyenda bakorerwa iyicarubozo, abandi 42 bakorerwa ibikorwa by’ubugombe, ibibatesha agaciro, byumwohariko bakorewe ku mupaka uhuza iki Gihugu n’u Burundi.

Abana b’Abarundi ngo bajya bafatirwa muri Tanzania bagahohoterwa
Inzego z’umutekano muri Malawi na zo ngo zibangamira Abarundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − six =

Previous Post

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Next Post

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.