Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagize icyo ruvuga ku makuru akomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga ko hari Minisitiri umwe muri Guverinoma y’u Rwanda, wafatiwe mu cyuho yakira ruswa, ruvuga ko ari ibihuha.

Aya makuru yatangiye kuvugwa mu ijoro ryacyeye, aho umunyamakuru witwa Samuel Byansi Baker uvuga ko akora inkuru zicukumbuye, yanyuzaga ubutumwa kuri Twitter ye, avuga ko hari Minisitiri wafatiwe muri hoteli ari kwakira ruswa.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye saa tanu n’iminota 21’ z’ijoro, Byansi yagize ati “Ubu se tuvuge ko ari ubukene cyangwa ni ukutanyurwa. Mu gihe tugitegereje urwego rubishinzwe kubitangaza, reka mbabwire ko kuri Hiltop Remera – Umushikiranganji [Minisitiri] w’Umugore “muremure” aguwe gitumo arya Ruswa.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Oswald Mutuyeyezu yabajije Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), niba koko aya makuru ari impamo, amusubiza amuhakanira.

Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Ni ibihuha, nta Minisitiri wafatiwe muri Hoteli.” Umunyamakuru yakomeje amubaza niba hari na Minisitiri waba ufunzwe, Murangira asubiza agira ati “Ntawe.”

Ibi bivuzwe nyuma y’umwaka wuzuye, hari umwe mu bari bagize Guverinoma y’u Rwanda, Hon Edouard Bamporiki wari Umunyamabanga wa Leta mu yari Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, afatiwe mu cyuho yakira indonke.

Bamporiki wahagaritswe kuri izi nshingano na Perezida Paul Kagame tariki 05 Gicurasi 2022, yahise atangira gukurikiranwa kuri icyo cyaha cyari cyabereye mu imwe muri hoteli z’i Kihgali mu ijoro ryari ryatambutse tariki 05 Gicurasi 2022.

Uyu munyapolitiki waburanye adafunze dore ko yabanje gufungirwa iwe mu rugo, yaje gukatirwa gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya Miliyoni 60 Frw, mu cyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, akijuririra mu Rukiko Rukuru rwo rwaje kumukatira gufungwa imyaka itanu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 8 =

Previous Post

Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Next Post

Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho
FOOTBALL

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Congo yokejwe igitutu m'Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.