Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagize icyo ruvuga ku makuru akomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga ko hari Minisitiri umwe muri Guverinoma y’u Rwanda, wafatiwe mu cyuho yakira ruswa, ruvuga ko ari ibihuha.

Aya makuru yatangiye kuvugwa mu ijoro ryacyeye, aho umunyamakuru witwa Samuel Byansi Baker uvuga ko akora inkuru zicukumbuye, yanyuzaga ubutumwa kuri Twitter ye, avuga ko hari Minisitiri wafatiwe muri hoteli ari kwakira ruswa.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye saa tanu n’iminota 21’ z’ijoro, Byansi yagize ati “Ubu se tuvuge ko ari ubukene cyangwa ni ukutanyurwa. Mu gihe tugitegereje urwego rubishinzwe kubitangaza, reka mbabwire ko kuri Hiltop Remera – Umushikiranganji [Minisitiri] w’Umugore “muremure” aguwe gitumo arya Ruswa.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Oswald Mutuyeyezu yabajije Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), niba koko aya makuru ari impamo, amusubiza amuhakanira.

Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Ni ibihuha, nta Minisitiri wafatiwe muri Hoteli.” Umunyamakuru yakomeje amubaza niba hari na Minisitiri waba ufunzwe, Murangira asubiza agira ati “Ntawe.”

Ibi bivuzwe nyuma y’umwaka wuzuye, hari umwe mu bari bagize Guverinoma y’u Rwanda, Hon Edouard Bamporiki wari Umunyamabanga wa Leta mu yari Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, afatiwe mu cyuho yakira indonke.

Bamporiki wahagaritswe kuri izi nshingano na Perezida Paul Kagame tariki 05 Gicurasi 2022, yahise atangira gukurikiranwa kuri icyo cyaha cyari cyabereye mu imwe muri hoteli z’i Kihgali mu ijoro ryari ryatambutse tariki 05 Gicurasi 2022.

Uyu munyapolitiki waburanye adafunze dore ko yabanje gufungirwa iwe mu rugo, yaje gukatirwa gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya Miliyoni 60 Frw, mu cyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, akijuririra mu Rukiko Rukuru rwo rwaje kumukatira gufungwa imyaka itanu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + ten =

Previous Post

Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Next Post

Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Congo yokejwe igitutu m'Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.