Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa

radiotv10by radiotv10
23/05/2023
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari Minisitiri mu Rwanda wafatiwe muri Hoteli yakira ruswa
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwagize icyo ruvuga ku makuru akomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga ko hari Minisitiri umwe muri Guverinoma y’u Rwanda, wafatiwe mu cyuho yakira ruswa, ruvuga ko ari ibihuha.

Aya makuru yatangiye kuvugwa mu ijoro ryacyeye, aho umunyamakuru witwa Samuel Byansi Baker uvuga ko akora inkuru zicukumbuye, yanyuzaga ubutumwa kuri Twitter ye, avuga ko hari Minisitiri wafatiwe muri hoteli ari kwakira ruswa.

Mu butumwa yashyize kuri Twitter ye saa tanu n’iminota 21’ z’ijoro, Byansi yagize ati “Ubu se tuvuge ko ari ubukene cyangwa ni ukutanyurwa. Mu gihe tugitegereje urwego rubishinzwe kubitangaza, reka mbabwire ko kuri Hiltop Remera – Umushikiranganji [Minisitiri] w’Umugore “muremure” aguwe gitumo arya Ruswa.”

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Oswald Mutuyeyezu yabajije Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), niba koko aya makuru ari impamo, amusubiza amuhakanira.

Dr Murangira B. Thierry yagize ati “Ni ibihuha, nta Minisitiri wafatiwe muri Hoteli.” Umunyamakuru yakomeje amubaza niba hari na Minisitiri waba ufunzwe, Murangira asubiza agira ati “Ntawe.”

Ibi bivuzwe nyuma y’umwaka wuzuye, hari umwe mu bari bagize Guverinoma y’u Rwanda, Hon Edouard Bamporiki wari Umunyamabanga wa Leta mu yari Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, afatiwe mu cyuho yakira indonke.

Bamporiki wahagaritswe kuri izi nshingano na Perezida Paul Kagame tariki 05 Gicurasi 2022, yahise atangira gukurikiranwa kuri icyo cyaha cyari cyabereye mu imwe muri hoteli z’i Kihgali mu ijoro ryari ryatambutse tariki 05 Gicurasi 2022.

Uyu munyapolitiki waburanye adafunze dore ko yabanje gufungirwa iwe mu rugo, yaje gukatirwa gufungwa imyaka ine no gutanga ihazabu ya Miliyoni 60 Frw, mu cyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, akijuririra mu Rukiko Rukuru rwo rwaje kumukatira gufungwa imyaka itanu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + fourteen =

Previous Post

Uwabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika yabaye nk’umukubita inyundo y’amagambo

Next Post

Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yokejwe igitutu m’Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Congo yokejwe igitutu m'Ibihugu by’ibihangange kubera iby’indengakamere byagaragajwe na Polisi yayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.