• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe umucyo ku byavuzwe ko abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi baheruka gufata

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 ryemeje ko ryavanye abarwanyi baryo mu Mujyi wa Walikare no mu bice biwukikije mu rwego rwo gushyigikira inzira z’ibiganiro, ariko rivuga ko igihe cyose FARDC n’abayifasha bahirahira babangamira abaturage bo muri uyu mujyi, ritazarebera.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025, aho hari hiriwe amakuru avuga ko abarwanyi ba M23 bamaze kuva muri uyu Mujyi wa Walikare.

Bivugwa ko abarwanyi ba M23 bavuye muri Walikare mu byiciro bibiri, aho icya mbere cyahavuye ku mugoroba wa hirya y’ejo, ku wa Gatatu tariki 02 mu gihe abandi bahavuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu ijoro ryacyeye, yavuze ko “mu rwego rwo gushyira mu bikorwa agahenge katangajwe tariki 22 Gashyantare 2025 no gushyigikira inzira z’amahoro zigamije ibiganiro bya politiki mu gushaka igisubizo cy’umuzi w’ibibazo by’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, AFC/M23 yafashe icyemezo cyo gukura abasirikare bayo mu Mujyi wa Walikare no mu bice bihakikije.”

AFC/M23 ikomeza ihamagarira abaturage bo muri uyu Mujyi wa Walikare ndetse n’abayobozi b’inzego z’ibanze babo, gushyiraho ingamba zigamije kurindira umutekano abasivile babo ndetse n’ibyabo.

Iri Huriro kandi rivuga ko rigikomeje gutsimbarara ku murongo waryo ko hashakwa umuti binyuze mu nzira z’ibiganiro, kandi ko rigihagaze ku ntego zaryo zo kurinda abasivile byumwihariko abo mu bice rigenzura.

Rigasoza rivuga ko mu gihe “habaho ubushotoranyi cyangwa ibindi bitero by’ubufatanye bw’ubutegetsi bwa Kinshasa byibasira abasivile yaba abo mu bice byabohowe cyangwa biri mu byo tugenzura, tuzabasubiza byihuse tutitaye kuri iki cyemezo.”

Ihuriro AFC/M23 ryafashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Walikare nyuma y’ibiganiro byahuje Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi i Doha muri Qatar, aho iri huriro ryavuze ko ryakurikije inama ryagiriwe n’Abakuru b’Ibihugu kandi rigasanga ari nziza.

Abarwanyi ba M23 bavuye mu Mujyi wa Walikare habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo habe ibiganiro bya mbere bigiye guhuza iri Huriro AFC/M23 na Guverinoma ya DRC, bizaba mu cyumweru gitaha tariki 09 Mata 2025, i Doha muri Qatar.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − sixteen =

Previous Post

French National Assembly: “Dialogue of the Deaf” during the hearing on the conflict in eastern DRC

Next Post

INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
INKURU Y’AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

INKURU Y'AKABABARO: Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rw’Umuvugizi Wungirije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.