Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku nyandiko yazamuye impaka y’Ikigo cy’Imisoro ku bijyanye n’imihango y’ubukwe

radiotv10by radiotv10
15/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku nyandiko yazamuye impaka y’Ikigo cy’Imisoro ku bijyanye n’imihango y’ubukwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Imosoro n’Amahooro cyatanze umucyo ku nyandiko yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga, isaba amakuru y’abatanga serivisi zo mu bukwe, yatumye hazamuka impaka ku misoro yakwa abakora muri ibi bikorwa.

Inyandiko yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mata 2025, ifite umutwe ugira uti “Amakuru agendanye n’ahabera ubukwe”, igaragaza ko hakenewe amakuru y’abakora serivisi zo kurimbisha ahabera ubukwe (decoration), abatanga serivisi z’amajwi (Sonorisation), abatanga serivisi z’ibiribwa n’ibinyobwa.

Nanone kandi muri iyi nyandiko, hasabwe amakuru y’Itorero ryasezeranyije abo bantu bakoze ubukwe, ndetse n’amakuru y’abakoze ubukwe.

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro RRA (Rwanda Revenue Authority), busubiza umunyamakuru wa RADIOTV10, Oswald Mutuyeyezu wari wasangije abantu iyi nyandiko ku rubuga nkoranyambaga rwa X, bwavuze ko aya makuru asanzwe asabwa.

Ubuyobozi bwa RRA, bwagize buti “Dushingiye ku makuru ari guhanahanwa ku mbuga nkoranyambaga, turamenyesha abantu bose ko amakuru agendanye n’abatanga serivisi zishyurwa mu birori asanzwe asabwa mu rwego rwo gukurikirana ko abakora imirimo ibyara inyungu muri icyo cyiciro cy’ubucuruzi banditswe kandi bubahiriza amategeko y’imisoro.”

Nk’uko bigaragara muri iyi nyandiko, amakuru asabwa abatanga izo serivisi, arimo amazina, nimero ya telefone n’iya TIN, aho ku bakoze ubukwe, ho aho gusabwa TIN Number, ahubwo basabwa telefone y’umuhuzabikorwa w’igikorwa cy’ubukwe.

Iyi nyandiko yasakaye nyuma y’iminsi micye umwe mu Badepite, Hon. Sarah Kayitesi abajije Komiseri wa RRA, Ronald Niwenshuti impamvu abatanga serivisi zo mu bukwe byumwihariko abasangiza b’amajambo (MCs) badasoreshwa kandi bakorera amafaranga menshi.

Iyi Ntumwa ya rubanda ubwo yabazaga iki kibazo mu mpera z’ukwezi gushize, yari yagize iti “Bagenda baguka mu by’ukuri usanga bakorera amafaranga menshi, ese bo mwaba mwarabatekerejo, kuko nibaza ko imisoro hari icyakwiyongera turamutse tubasoresha.”

Komiseri wa RRA, Ronald Niwenshuti yavuze ko atari aba MCs gusa ahubwo “n’abashyiraho amatente, n’abashyiraho decoration, bose ni informal sector (abakora ubucuruzi butanditse), ni abantu batugora gukurikirana.”

Komiseri wa Rwanda Revenue Authority yakomeje avuga ko umwaka ushize, iki Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro cyatangiye ubukangurambaga gifatanyijemo na Polisi y’u Rwanda, aho cyoherezaga abantu bo kugenzura mu biro by’ubukwe, ariko ko bitagaragaraga neza.

Ati “Twaje gusanga hari uburyo bwiza twabikoramo, ubu turabatumira tukabanza tukabigisha cyane cyane abategura ibirori abatanga aya mahema na decoration, na ba MCs; turabigisha ariko abingangiye, tujya tubasura tubatunguye muri ubu bukwe bwo ku wa Gatandatu.”

Yavuze ko nubwo abakozi ba RRA bajya bajya kugenzura abinangiye gutanga imosoro muri ibi bikorwa, babyitwaramo neza kugira ngo batarogoya iyi mihango.

Abakora decoration bari mu barebwa cyane n’iyi gahunda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Uwigeze kuyobora Rayon aratabariza ikipe ikomerewe ikunze guhangana n’iyo yayoboye

Next Post

Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura

Umunyapolitiki w’i Burayi nyuma yo gutembera Goma igenzurwa na M23 yavuze ibyamutunguye bikanamunyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.