Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu

radiotv10by radiotv10
28/01/2025
in Uncategorized
0
Hategerejwe ijambo Tshisekedi ageza ku Banyekongo nyuma yo guhura n’abayobora Inzego zikomeye mu Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi nyuma yo gutumiza inama y’igitaraganya yahuje inzego zikomeye muri iki Gihugu kugira ngo zige ku biri kubera mu Mujyi wa Goma, hategerejwe ijambo ageza ku Banyekongo.

Iyi nama y’igitaraganya yatumijwe na Tshisekedi, yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, umunsi wagaragaje isura yihariye mu rugamba rumaze igihe ruhanganishije igisirikare cya Leta ya Kinshasa n’umutwe wa M23.

Ni umunsi umutwe wa M23 watangarijeho ko wamaze gufata umujyi wa Goma, ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru, ndetse waniriwemo imirwano, aho hari ibice bitarava mu maboko ya FARDC n’impande ziyifasha.

Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama, i Kinshasa Perezida Félix Tshisekedi yatumije inama yamuhuje n’abayobozi mu nzego nkuru z’iki Gihugu cya DRC, bahuye ngo barebere hamwe iby’iki kibazo cy’i Goma.

Ni inama yitairiwe n’abayobora inzego enye zikomeye mu Gihugu, barimo Perezida w’Igihugu, ukuriye Guverinoma, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga.

Nyuma y’iyi nama, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Vital Kamerhe yagarutse kuri bimwe mu byigiwemo n’ibyanzuriwemo, aho yavuze ko nk’Intara ya Kivu ya Ruguru “Igomba kuyoborwa n’umuyobozi washyizweho na Perezida wa Repubulika.”

Vital Kamerhe yavuze ko nta byinshi yavuga ku byagariniweho muri iyi nama cyangwa imyanzuro yafatiwemo ngo kuko “Perezida wa Repubulika arageza ijambo ku Baturage.” Ry’ibyaganiriweho ndetse n’uko Igihugu kigomba kwitwara.

Uyu ukuriye Urwego rukomeye muri DRC, ntiyavuze igihe iri jambo rya Perezida Tshisekedi ritangirwa, gusa ibintu bikomeje kuba bibi mu mujyi wa Goma, ahakomeje kubera imirwano iri no guhitana inzirakarengane z’abasivile.

Kuri uyu wa Mbere, habarwa abantu 17 baguye i Goma bazize iyi mirwano, mu gihe abakomeretse barenga 300, ndetse benshi bakaba bakomeje guhungira mu Rwanda.

Ijambo rya Perezida Tshisekedi ritegerejwe mu gihe atitabira inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba iba kuri uyu wa Kabiri, yiga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Uyu mukuru w’Igihugu cya Congo, yakunze gutsemba ko adateze kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23, mu gihe na wo wavuze ko udateze guhagarika imirwano igihe cyose ubutegetsi bwa Congo butemeye ko bagirana ibiganiro ngo bwubahirize ibyo usaba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 12 =

Previous Post

Havuzwe umubare w’abakekwaho iterabwoba bafatiwe na Polisi Mpuzamahanga muri Afurika y’Iburasirazuba

Next Post

Uko byifashe nonaha i Rubavu nyuma y’umunsi muremure n’i Goma aho M23 na FARDC rukigeretse

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe nonaha i Rubavu nyuma y’umunsi muremure n’i Goma aho M23 na FARDC rukigeretse

Uko byifashe nonaha i Rubavu nyuma y’umunsi muremure n'i Goma aho M23 na FARDC rukigeretse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.