Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Imirenge SACCOs yose yo mu Rwanda uko ari 416, yamaze kugezwamo ikoranabuhanga, bihita binatuma habaho intambwe ikomeye izoroshya guhuza ibi bigo by’imari ku rwego rw’Uturere.

Ni intambwe yagezweho kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, nyuma y’ukwezi kumwe gusa Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi itangaje ko Imirenge SACCOs yose yo mu Rwanda izaba ikoresha ikoranabuhanga mu mpera za Kamena 2024.

Minisiteri y’Imari kandi yatangaje ko nyuma yo kugeza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCOs yose yo mu Rwanda, hazabaho kumurika ku mugaragaro Umurenge SACCO wo ku rwego rw’Akarere izaba yitwa D-SACCOs, izaba ikora nka Banki mu gihe indi Mirenge SACCOs izaba ikora nk’amashami.

Iki gikorwa cyo kugeza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCOs yose yo mu Gihugu, kizihirijwe mu Karere ka Nyamasheke ahafunguwe itangwa rya serivisi hakoreshejwe ikonabuhanga mu Murenge SACCO wa Kagano, mu gikorwa cyarimo inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iy’Ubucuruzi ndetse n’iy’Ikoranabuganga kimwe n’abafatanyabikorwa ba Leta nka Banki y’Isi.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga kuri iyi ntambwe, yagize iti “Gushyira ikoranabuhanga mu Murenge SACCO, bizatuma amakuru abikwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, byongere icyizere ku bakiliya. Bizatuma U-SACCOs bigera ku rwego rw’Akarere D-SACCOs, ubundi U-SACCOs zizabeho nk’amashami y’ibi bigo bishya.”

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ikomeza igira iti “Hamwe no gushyira ikoranabuhanga, bizatuma abaganaga U-SACCOs bitabasaba gukora ingendo, kuko bazajya bakurikirana amakuru hifashishijwe telefone. Nihatangira gukoreshwa ikoranabuhanga rya telefone, bizabaha uburyo bwo kohererezanya no kwakira amafaranga.”

Nyuma yo kwinjiza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCO yose uko ari 416 yo mu Rwanda, hazakurikiraho gutangiza ikoranabuhanga rya telefone ryo guhuza banki na Telefone mu mashami yose ya SACCO.

Gukoresha ikoranabuhanga muri Ibi bigo by’imari, byatangiye muri Mutarama 2020, bikaba byitezweho gukemura ibibazo byatezaga ibihombo binini ibi bigo, aho nko mu mwaka wa 2018 byahombye miliyari 10 Frw.

Mu Murenge SACCO wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke hatangijwe uburyo bw’ikoranabuhanga
Abakiliya bahise batangira kubikuza bakoresheje ikoranabuhanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 7 =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Next Post

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.