Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Imirenge SACCOs yose yo mu Rwanda uko ari 416, yamaze kugezwamo ikoranabuhanga, bihita binatuma habaho intambwe ikomeye izoroshya guhuza ibi bigo by’imari ku rwego rw’Uturere.

Ni intambwe yagezweho kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, nyuma y’ukwezi kumwe gusa Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi itangaje ko Imirenge SACCOs yose yo mu Rwanda izaba ikoresha ikoranabuhanga mu mpera za Kamena 2024.

Minisiteri y’Imari kandi yatangaje ko nyuma yo kugeza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCOs yose yo mu Rwanda, hazabaho kumurika ku mugaragaro Umurenge SACCO wo ku rwego rw’Akarere izaba yitwa D-SACCOs, izaba ikora nka Banki mu gihe indi Mirenge SACCOs izaba ikora nk’amashami.

Iki gikorwa cyo kugeza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCOs yose yo mu Gihugu, kizihirijwe mu Karere ka Nyamasheke ahafunguwe itangwa rya serivisi hakoreshejwe ikonabuhanga mu Murenge SACCO wa Kagano, mu gikorwa cyarimo inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iy’Ubucuruzi ndetse n’iy’Ikoranabuganga kimwe n’abafatanyabikorwa ba Leta nka Banki y’Isi.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga kuri iyi ntambwe, yagize iti “Gushyira ikoranabuhanga mu Murenge SACCO, bizatuma amakuru abikwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, byongere icyizere ku bakiliya. Bizatuma U-SACCOs bigera ku rwego rw’Akarere D-SACCOs, ubundi U-SACCOs zizabeho nk’amashami y’ibi bigo bishya.”

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ikomeza igira iti “Hamwe no gushyira ikoranabuhanga, bizatuma abaganaga U-SACCOs bitabasaba gukora ingendo, kuko bazajya bakurikirana amakuru hifashishijwe telefone. Nihatangira gukoreshwa ikoranabuhanga rya telefone, bizabaha uburyo bwo kohererezanya no kwakira amafaranga.”

Nyuma yo kwinjiza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCO yose uko ari 416 yo mu Rwanda, hazakurikiraho gutangiza ikoranabuhanga rya telefone ryo guhuza banki na Telefone mu mashami yose ya SACCO.

Gukoresha ikoranabuhanga muri Ibi bigo by’imari, byatangiye muri Mutarama 2020, bikaba byitezweho gukemura ibibazo byatezaga ibihombo binini ibi bigo, aho nko mu mwaka wa 2018 byahombye miliyari 10 Frw.

Mu Murenge SACCO wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke hatangijwe uburyo bw’ikoranabuhanga
Abakiliya bahise batangira kubikuza bakoresheje ikoranabuhanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Next Post

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.