Wednesday, June 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatewe intambwe ikomeye mu mikorere y’Urwego rw’Imari rufatiye runini Abanyarwanda benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Imirenge SACCOs yose yo mu Rwanda uko ari 416, yamaze kugezwamo ikoranabuhanga, bihita binatuma habaho intambwe ikomeye izoroshya guhuza ibi bigo by’imari ku rwego rw’Uturere.

Ni intambwe yagezweho kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, nyuma y’ukwezi kumwe gusa Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi itangaje ko Imirenge SACCOs yose yo mu Rwanda izaba ikoresha ikoranabuhanga mu mpera za Kamena 2024.

Minisiteri y’Imari kandi yatangaje ko nyuma yo kugeza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCOs yose yo mu Rwanda, hazabaho kumurika ku mugaragaro Umurenge SACCO wo ku rwego rw’Akarere izaba yitwa D-SACCOs, izaba ikora nka Banki mu gihe indi Mirenge SACCOs izaba ikora nk’amashami.

Iki gikorwa cyo kugeza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCOs yose yo mu Gihugu, kizihirijwe mu Karere ka Nyamasheke ahafunguwe itangwa rya serivisi hakoreshejwe ikonabuhanga mu Murenge SACCO wa Kagano, mu gikorwa cyarimo inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, iy’Ubucuruzi ndetse n’iy’Ikoranabuganga kimwe n’abafatanyabikorwa ba Leta nka Banki y’Isi.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga kuri iyi ntambwe, yagize iti “Gushyira ikoranabuhanga mu Murenge SACCO, bizatuma amakuru abikwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, byongere icyizere ku bakiliya. Bizatuma U-SACCOs bigera ku rwego rw’Akarere D-SACCOs, ubundi U-SACCOs zizabeho nk’amashami y’ibi bigo bishya.”

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, ikomeza igira iti “Hamwe no gushyira ikoranabuhanga, bizatuma abaganaga U-SACCOs bitabasaba gukora ingendo, kuko bazajya bakurikirana amakuru hifashishijwe telefone. Nihatangira gukoreshwa ikoranabuhanga rya telefone, bizabaha uburyo bwo kohererezanya no kwakira amafaranga.”

Nyuma yo kwinjiza ikoranabuhanga mu Mirenge SACCO yose uko ari 416 yo mu Rwanda, hazakurikiraho gutangiza ikoranabuhanga rya telefone ryo guhuza banki na Telefone mu mashami yose ya SACCO.

Gukoresha ikoranabuhanga muri Ibi bigo by’imari, byatangiye muri Mutarama 2020, bikaba byitezweho gukemura ibibazo byatezaga ibihombo binini ibi bigo, aho nko mu mwaka wa 2018 byahombye miliyari 10 Frw.

Mu Murenge SACCO wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke hatangijwe uburyo bw’ikoranabuhanga
Abakiliya bahise batangira kubikuza bakoresheje ikoranabuhanga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + one =

Previous Post

U Rwanda rwagize icyo rusaba n’icyo rwizeza Amavubi afite umukino w’ishiraniro

Next Post

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Related Posts

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Sosiyete y’ingendo z’inzege ya RwandAir, yatangaje ko yegukanye igihembo nka komanyi ya mbere nziza ku Mugabane wa Afurika zikora iby’ingendo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

by radiotv10
17/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced the initial trial phase for issuing the new digital ID cards will begin...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

by radiotv10
17/06/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA kiratangaza ko igerageza rya mbere ryo gutanga irangamuntu nshya ikoranye ikoranabuhanga, rizatangira mu kwezi gutaha...

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

by radiotv10
17/06/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje amabwiriza ajyanye n’imikoreshereze y’amadovize n’ibihano ku bayakoresha batarabiherewe uburenganzira, birimo kuzajya bacibwa amande ya miliyoni...

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

by radiotv10
17/06/2025
0

Major Faustin Kevin Kayumba wo mu Ngabo z’u Rwanda, yarangije amasomo mu Ishuri rya Gisirikare ryo muri Jordnia, nyuma y’icyumweru...

IZIHERUKA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi
MU RWANDA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

17/06/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

17/06/2025
Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

17/06/2025
Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

17/06/2025
Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

17/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.