Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko Komisiyo ishinzwe kuzahura ubutabera mu bice bigenzurwa n’iri Huriro, yatangiye imirimo ku mugaragaro, kugira ngo himakazwe kurandura umuco wo kudahana.

Iyi Komisiyo yatangiye imirimo yayo kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2025 nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi w’iri Huriro AFC/M23, Lawrence Kanyuka.

Mu butumwa bwe, Lawrence Kanyuka yagize ati “Komisiyo ishinzwe kuzahura ubutabera mu bice byabohowe, yatangiye imirimo yayo ku mugaragaro isura ibikorwa remezo by’ubutabera mu mujyi wa Goma.”

Muri ubu butumwa bwa Lawrence Kanyuka yatangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kanama 2025, yakomeje agira ati “Ejo hashize tariki 26 Kanama, Komisiyo yabonanye na Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Bahati Musanga Erasto.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yavuze ko nyuma y’amezi atandatu iri huriro rishyize ku murongo ibice rigenzura hakagaruka amahoro n’ituze, ubu rishyize imbere kurandura umuco wo kudahana wari wimakajwe n’ubutegetsi bwa DRC bahanganye.

Ati “Nyuma y’amezi atandatu y’ituze n’umutekano n’ibikorwa by’imibereho, kugarura ubuyobozi bw’ubutabera byashyizwe imbere mu rwego rwo gushyiraho ubutegetsi bugendera ku mategeko, guca umuco wo kudahana, no gusubiza ibibazo by’abaturage mu rwego rw’ubutabera n’ubucamanza, no gushyigikira imbaraga z’amahoro n’ubwiyunge byamaze gutangizwa.”

Ibice byabohowe n’Ihuriro AFC/M23 byari bimaze igihe byugarijwe n’ibibazo uruhuri birimo ubujura, ubwicanyi n’ibindi bihungabanya umutekano, byatizwaga umurindi no kuba nta butabera bwabagaho, mu gihe ubu ibi bice birangwamo ituze.

Iyi Komisiyo ishinzwe kuzahura ubutabera mu bice byabohojwe na AFC/M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 8 =

Previous Post

Byasaba ko uba uri Spiderman- Igisubizo Polisi yasubije uwayibajije ikibazo

Next Post

Haravugwa iki ku biganiro by’imishyikirano bya AFC/M23 na Leta ya Congo byari byajemo imbogamizi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa iki ku biganiro by’imishyikirano bya AFC/M23 na Leta ya Congo byari byajemo imbogamizi

Haravugwa iki ku biganiro by’imishyikirano bya AFC/M23 na Leta ya Congo byari byajemo imbogamizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.