Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga

radiotv10by radiotv10
25/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batanu barimo abagore babiri, bafashwe na Polisi y’u Rwanda, bakurikiranyweho kwambura abaturage amafaranga bakoresheje amayeri yo kubizeza kubavura amarozi, aho bahuriraga ku wo bashaka kwambura, bakigira nk’abataziranye bagakora ibisa nk’ikinamico bikarangira bamutwaye utwe.

Aba bantu barimo abagabo batatu n’abagore babiri bari hagati y’imyaka 36 na 53 y’amavuko, bafatiwe mu Mudugudu wa Nyarucyamo, Akagari ka Gahogo, mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, tariki 23 Mutarama 2025.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko gufatwa kwabo byaturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu bakorewe ubwambuzi.

Yagize ati “Twari dufite amakuru  kuri iri tsinda ry’abantu bahuriye mu Mujyi wa Kigali ari naho batuye, ariko bakaba bakomoka mu Ntara zitandukanye, bagenda bashuka abaturage bakabambura utwabo bakoresheje amayeri atandukanye.”

Yakomeje agira ati “Hamwe bagenda biyita abavuzi ba gihanga babivanga no gusenga bakabeshya ko berekwa, aho umugabo ukuriye iri tsinda ufite imyaka 48, abanza imbere agahura n’uwo bashaka kwambura akamusuhuza, hanyuma akamubwira ko afite ikibazo hari abantu bamuroze kandi ko ashobora kumuvura agakira.

Mu gihe bakivugana haza bariya bakobwa babiri bakorana, bagahagarara ku ruhande nk’aho bataziranye, noneho wa mugabo agakomeza kuvuga amagambo menshi abwira wa wundi bashaka gutekera umutwe, ba bakobwa nabo bakagaragaza ko barozwe bakamwaka ubufasha bya nyirarureshwa, yavuga izina ry’uwabaroze bakiyamira bavuga bati; ndamuzi ni Nyogokuru, ni Masenge cyangwa ni umuturanyi.”

SP Habiyaremye avuga ko aho ari ho yaheraga abaka amafaranga, kuko babiziranyeho ba bakobwa bakaba aba mbere mu kuyatanga kuva ku bihumbi 50 Frw kuzamura, bigatuma wa wundi na we amuha ayo afite yose, ari nako haziramo na ba bagabo bandi babiri bakorana n’abandi bigendera gutyo gutyo.

Yavuze kandi ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko hari n’aho bagiye biyita abakozi b’imiryango nterankunga itegamiye kuri Leta n’ishingiye ku Madini, uwo bashaka gucucura utwe bakamubwira ko bashaka abantu bahabwa imfashanyo n’iyo miryango, ariko ko hari amafaranga macye basabwa kugira ngo bashyirwe ku rutonde, bikarangira bayabatwaye, aho muri aka Karere ka Muhanga mu kwezi gushize hafatiwe abandi batatu bakoranaga nyuma yo kwambura umuturage ibihumbi 218 Frw.

Bamaze gufatwa, uyoboye iri tsinda yiyemereye ko bamaze kwambura abantu benshi, kandi ko amafaranga babona ari na yo avamo ayo kwihemba no guhemba abo bafatanya ubwo bwambuzi mu duce dutandukanye turimo; Nyabugogo, Remera, Kabuga no mu Ntara zitandukanye z’Igihugu.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko no68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Uwaregwaga kwica umukecuru amusanze mu murima unabyiyemerera akavuga n’impamvu yafatiwe icyemezo

Next Post

FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.