Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga

radiotv10by radiotv10
25/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batanu barimo abagore babiri, bafashwe na Polisi y’u Rwanda, bakurikiranyweho kwambura abaturage amafaranga bakoresheje amayeri yo kubizeza kubavura amarozi, aho bahuriraga ku wo bashaka kwambura, bakigira nk’abataziranye bagakora ibisa nk’ikinamico bikarangira bamutwaye utwe.

Aba bantu barimo abagabo batatu n’abagore babiri bari hagati y’imyaka 36 na 53 y’amavuko, bafatiwe mu Mudugudu wa Nyarucyamo, Akagari ka Gahogo, mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, tariki 23 Mutarama 2025.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko gufatwa kwabo byaturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu bakorewe ubwambuzi.

Yagize ati “Twari dufite amakuru  kuri iri tsinda ry’abantu bahuriye mu Mujyi wa Kigali ari naho batuye, ariko bakaba bakomoka mu Ntara zitandukanye, bagenda bashuka abaturage bakabambura utwabo bakoresheje amayeri atandukanye.”

Yakomeje agira ati “Hamwe bagenda biyita abavuzi ba gihanga babivanga no gusenga bakabeshya ko berekwa, aho umugabo ukuriye iri tsinda ufite imyaka 48, abanza imbere agahura n’uwo bashaka kwambura akamusuhuza, hanyuma akamubwira ko afite ikibazo hari abantu bamuroze kandi ko ashobora kumuvura agakira.

Mu gihe bakivugana haza bariya bakobwa babiri bakorana, bagahagarara ku ruhande nk’aho bataziranye, noneho wa mugabo agakomeza kuvuga amagambo menshi abwira wa wundi bashaka gutekera umutwe, ba bakobwa nabo bakagaragaza ko barozwe bakamwaka ubufasha bya nyirarureshwa, yavuga izina ry’uwabaroze bakiyamira bavuga bati; ndamuzi ni Nyogokuru, ni Masenge cyangwa ni umuturanyi.”

SP Habiyaremye avuga ko aho ari ho yaheraga abaka amafaranga, kuko babiziranyeho ba bakobwa bakaba aba mbere mu kuyatanga kuva ku bihumbi 50 Frw kuzamura, bigatuma wa wundi na we amuha ayo afite yose, ari nako haziramo na ba bagabo bandi babiri bakorana n’abandi bigendera gutyo gutyo.

Yavuze kandi ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko hari n’aho bagiye biyita abakozi b’imiryango nterankunga itegamiye kuri Leta n’ishingiye ku Madini, uwo bashaka gucucura utwe bakamubwira ko bashaka abantu bahabwa imfashanyo n’iyo miryango, ariko ko hari amafaranga macye basabwa kugira ngo bashyirwe ku rutonde, bikarangira bayabatwaye, aho muri aka Karere ka Muhanga mu kwezi gushize hafatiwe abandi batatu bakoranaga nyuma yo kwambura umuturage ibihumbi 218 Frw.

Bamaze gufatwa, uyoboye iri tsinda yiyemereye ko bamaze kwambura abantu benshi, kandi ko amafaranga babona ari na yo avamo ayo kwihemba no guhemba abo bafatanya ubwo bwambuzi mu duce dutandukanye turimo; Nyabugogo, Remera, Kabuga no mu Ntara zitandukanye z’Igihugu.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko no68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Uwaregwaga kwica umukecuru amusanze mu murima unabyiyemerera akavuga n’impamvu yafatiwe icyemezo

Next Post

FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.