Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga

radiotv10by radiotv10
25/01/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Havuzwe amayeri adasanzwe yakoreshwa n’abakurikiranywego kwambura abaturage amafaranga
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu batanu barimo abagore babiri, bafashwe na Polisi y’u Rwanda, bakurikiranyweho kwambura abaturage amafaranga bakoresheje amayeri yo kubizeza kubavura amarozi, aho bahuriraga ku wo bashaka kwambura, bakigira nk’abataziranye bagakora ibisa nk’ikinamico bikarangira bamutwaye utwe.

Aba bantu barimo abagabo batatu n’abagore babiri bari hagati y’imyaka 36 na 53 y’amavuko, bafatiwe mu Mudugudu wa Nyarucyamo, Akagari ka Gahogo, mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, tariki 23 Mutarama 2025.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko gufatwa kwabo byaturutse ku makuru yatanzwe na bamwe mu bakorewe ubwambuzi.

Yagize ati “Twari dufite amakuru  kuri iri tsinda ry’abantu bahuriye mu Mujyi wa Kigali ari naho batuye, ariko bakaba bakomoka mu Ntara zitandukanye, bagenda bashuka abaturage bakabambura utwabo bakoresheje amayeri atandukanye.”

Yakomeje agira ati “Hamwe bagenda biyita abavuzi ba gihanga babivanga no gusenga bakabeshya ko berekwa, aho umugabo ukuriye iri tsinda ufite imyaka 48, abanza imbere agahura n’uwo bashaka kwambura akamusuhuza, hanyuma akamubwira ko afite ikibazo hari abantu bamuroze kandi ko ashobora kumuvura agakira.

Mu gihe bakivugana haza bariya bakobwa babiri bakorana, bagahagarara ku ruhande nk’aho bataziranye, noneho wa mugabo agakomeza kuvuga amagambo menshi abwira wa wundi bashaka gutekera umutwe, ba bakobwa nabo bakagaragaza ko barozwe bakamwaka ubufasha bya nyirarureshwa, yavuga izina ry’uwabaroze bakiyamira bavuga bati; ndamuzi ni Nyogokuru, ni Masenge cyangwa ni umuturanyi.”

SP Habiyaremye avuga ko aho ari ho yaheraga abaka amafaranga, kuko babiziranyeho ba bakobwa bakaba aba mbere mu kuyatanga kuva ku bihumbi 50 Frw kuzamura, bigatuma wa wundi na we amuha ayo afite yose, ari nako haziramo na ba bagabo bandi babiri bakorana n’abandi bigendera gutyo gutyo.

Yavuze kandi ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko hari n’aho bagiye biyita abakozi b’imiryango nterankunga itegamiye kuri Leta n’ishingiye ku Madini, uwo bashaka gucucura utwe bakamubwira ko bashaka abantu bahabwa imfashanyo n’iyo miryango, ariko ko hari amafaranga macye basabwa kugira ngo bashyirwe ku rutonde, bikarangira bayabatwaye, aho muri aka Karere ka Muhanga mu kwezi gushize hafatiwe abandi batatu bakoranaga nyuma yo kwambura umuturage ibihumbi 218 Frw.

Bamaze gufatwa, uyoboye iri tsinda yiyemereye ko bamaze kwambura abantu benshi, kandi ko amafaranga babona ari na yo avamo ayo kwihemba no guhemba abo bafatanya ubwo bwambuzi mu duce dutandukanye turimo; Nyabugogo, Remera, Kabuga no mu Ntara zitandukanye z’Igihugu.

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Itegeko no68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 174 ivuga ko Umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 1 =

Previous Post

Uwaregwaga kwica umukecuru amusanze mu murima unabyiyemerera akavuga n’impamvu yafatiwe icyemezo

Next Post

FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.