Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK
Share on FacebookShare on Twitter

Amasezerano ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza yo kohereza abimukira, yongeye guteza impaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, aho bamwe mu Badepite b’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, bavuze ko aya masezerano akwiye guhagarikwa ngo nubwo u Bwongereza bwatanze izindi miliyoni 20 z’ama-Pounds ziyongereye ku zindi 120 zatanzwe mbere.

Izi mpaka zavutse ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, Madamu Suella Braverman yasobanuriraga Abadepite ingamba za Guverinoma nshya ya Rishi Sunak mu guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bukabije bw’abimukira.

Tariki 14 Mata 2022, Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, zasinyanye amasezerano agamije kubungabunga no kurengera ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro berecyeza mu Bwongereza.

Aya masezerano ateganya ko abinjiye mu Bwongereza kuva uyu mwaka watangira, bose bazoherezwa mu Rwanda, bagafashwa kubona Ibihugu bibakira nk’impunzi cyangwa ababishaka bagahabwa uburenganzira bwo gutura mu Rwanda.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, Suella Braverman yavuze ko aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda yafasha gutanga umuti w’ikibazo cy’ubwinshi bw’abimukira bakomeje kwerecyeza mu Bwongereza.

Yagize ati “Ni bwo buryo bwizewe bwo guhangana n’abagizi ba nabi; tukanahagarika umubare w’abimukira bashyira ubuzima bwabo mu kaga. Njyewe niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo aya masezerano ashyirwe mu bikorwa.”

Yakomeje agira ati “Abimukira bava mu Bihugu bitarimo ibibazo by’umutekano, ntituzigera tubakira. Ibyo kandi bigomba guhagarara. Nibinaba ngombwa, ntituzigera dushidikanya guhindura amategeko.”

Depite Yvette Cooper ushinzwe gukurikirana politike za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, akaba asanzwe aba mu ishyaka ritavuga rumwe na Guverinoma iriho; yavuze ko aya masezerano agomba guhagarara ngo kuko adashoboka.

Yagize ati “Ku mikoranire n’u Rwanda, babitanzeho inyongera ingana na miliyoni 20 z’ama-Pounds, ayo arenga kuri miliyoni 120 z’ama-Pounds zamaze no kwishyurwa.

Ibyo yabikoze yirengagije ko ubwe yivuyige ko aya masezerano adashoboka, ndetse n’abayobozi be bavuze ko bigoranye kuyashyira mu bikorwa, kandi arimo ibibazo byinshi.”

Depite Yvette Cooper yakomeje asa nk’uwibaza, ati “Ese iki si cyo gihe cyo guhagarika aya masezerano adashoboka, ahubwo ayo mafaranga tukayashyira mu bikorwa bigamije guhangana n’amatsinda y’abagizi ba nabi?”

Aya masezerano yagezwe intorezo inshuro nyinshi kubera abakomeje kuyamagana ndetse na bamwe mu barebwa na yo, baniyambaje inkiko zanatumye abagombaga kuza ku nshuro ya mbere babihagarika ku munota wa nyuma.

Indege yagombaga guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Gisirikare cya Wiltshire yerecyeza i Kigali tariki 14 Kamena 2022, yabujijwe gufata ikirere ku isegonda rya nyuma nyuma yuko bitegetswe n’Urukiko Nyaburayi rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu rwari rwamaze kwakira ubujurire bwa bamwe mu bagombaga koherezwa.

Gusa yaba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson wariho ubwo hasinywaga aya amasezerano ndetse n’uwamusimbuye Madamu Liz Truss na we uherutse kwegura, bose bari bashyigikiye aya masezerano.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − two =

Previous Post

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

Next Post

Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.