Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK

radiotv10by radiotv10
02/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hazamutse izindi mpaka ku kohereza mu Rwanda abimukira bazaturuka UK
Share on FacebookShare on Twitter

Amasezerano ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza yo kohereza abimukira, yongeye guteza impaka mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza, aho bamwe mu Badepite b’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, bavuze ko aya masezerano akwiye guhagarikwa ngo nubwo u Bwongereza bwatanze izindi miliyoni 20 z’ama-Pounds ziyongereye ku zindi 120 zatanzwe mbere.

Izi mpaka zavutse ubwo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, Madamu Suella Braverman yasobanuriraga Abadepite ingamba za Guverinoma nshya ya Rishi Sunak mu guhangana n’ikibazo cy’ubwiyongere bukabije bw’abimukira.

Tariki 14 Mata 2022, Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza, zasinyanye amasezerano agamije kubungabunga no kurengera ubuzima bw’abimukira n’abashaka ubuhungiro berecyeza mu Bwongereza.

Aya masezerano ateganya ko abinjiye mu Bwongereza kuva uyu mwaka watangira, bose bazoherezwa mu Rwanda, bagafashwa kubona Ibihugu bibakira nk’impunzi cyangwa ababishaka bagahabwa uburenganzira bwo gutura mu Rwanda.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, Suella Braverman yavuze ko aya masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda yafasha gutanga umuti w’ikibazo cy’ubwinshi bw’abimukira bakomeje kwerecyeza mu Bwongereza.

Yagize ati “Ni bwo buryo bwizewe bwo guhangana n’abagizi ba nabi; tukanahagarika umubare w’abimukira bashyira ubuzima bwabo mu kaga. Njyewe niteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo aya masezerano ashyirwe mu bikorwa.”

Yakomeje agira ati “Abimukira bava mu Bihugu bitarimo ibibazo by’umutekano, ntituzigera tubakira. Ibyo kandi bigomba guhagarara. Nibinaba ngombwa, ntituzigera dushidikanya guhindura amategeko.”

Depite Yvette Cooper ushinzwe gukurikirana politike za Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Bwongereza, akaba asanzwe aba mu ishyaka ritavuga rumwe na Guverinoma iriho; yavuze ko aya masezerano agomba guhagarara ngo kuko adashoboka.

Yagize ati “Ku mikoranire n’u Rwanda, babitanzeho inyongera ingana na miliyoni 20 z’ama-Pounds, ayo arenga kuri miliyoni 120 z’ama-Pounds zamaze no kwishyurwa.

Ibyo yabikoze yirengagije ko ubwe yivuyige ko aya masezerano adashoboka, ndetse n’abayobozi be bavuze ko bigoranye kuyashyira mu bikorwa, kandi arimo ibibazo byinshi.”

Depite Yvette Cooper yakomeje asa nk’uwibaza, ati “Ese iki si cyo gihe cyo guhagarika aya masezerano adashoboka, ahubwo ayo mafaranga tukayashyira mu bikorwa bigamije guhangana n’amatsinda y’abagizi ba nabi?”

Aya masezerano yagezwe intorezo inshuro nyinshi kubera abakomeje kuyamagana ndetse na bamwe mu barebwa na yo, baniyambaje inkiko zanatumye abagombaga kuza ku nshuro ya mbere babihagarika ku munota wa nyuma.

Indege yagombaga guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Gisirikare cya Wiltshire yerecyeza i Kigali tariki 14 Kamena 2022, yabujijwe gufata ikirere ku isegonda rya nyuma nyuma yuko bitegetswe n’Urukiko Nyaburayi rushinzwe Uburenganzira bwa Muntu rwari rwamaze kwakira ubujurire bwa bamwe mu bagombaga koherezwa.

Gusa yaba Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson wariho ubwo hasinywaga aya amasezerano ndetse n’uwamusimbuye Madamu Liz Truss na we uherutse kwegura, bose bari bashyigikiye aya masezerano.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − one =

Previous Post

Uwabaye ‘Manager’ wa BruceMelodie wamufashije gusinyira Miliyari 1Frw yahawe kuyobora radiyo

Next Post

Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

Amezi 2 yahawe abamotari yo gukemura ibibazo byabo yararangiye ariko baracyari mu marira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.