Lt Gen Vladimir Alexeyev wari umwe mu basirikare bakomeye mu gisirikare cy’u Burusiya, yishwe arashwe inshuro nyinshi mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu, i Moscow.
Lt Gen Vladimir Alexeyev, akimara kuraswa mu gitero cyabereye mu nzu mu nkengero z’amajyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umurwa mukuru w’u Burusiya i Masco, yahise ajyanwa mu Bitaro.
Alexeyev yari nimero ya kabiri mu buyobozi bukuru bw’ubutasi bwa gisirikare bwa GRU mu Burusiya akaba n’umusirikari wo mu rwego rwo hejuru wiciwe mu murwa mukuru kuva u Burusiya bwatangiza intambara muri Ukraine mu myaka ine ishize.
Uyu musirikare kandi yari ari mu bayobozi mu Burusiya bashyiriweho n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’Ubwongereza nyuma y’uko GRU ishinjwa kuba inyuma y’igitero cyagabwe i Salisbury mu Bwongereza muri 2018.
Svetlana Petrenko wo muri Komite Ishinzwe Iperereza mu Burusiya, yavuze ko yahise atangiza iperereza ku wahitanye uyu mujenerali. Yagize ati “Uwarashwe yahise ajyanwa mu Bitaro bimwe mu mujyi.”
Uwarashe uyu musirikare ukomeye, yahise acika, aho abashinzwe iperereza bari kwifashisha amashusho ya CCTV kugira ngo babone ibimenyetso kugira ngo batangire kumushakisha.
Umuturanyi wa Alexeyev yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko yakanguwe n’urusaku rw’amasasu yarashwe ari menshi, ubundi akumva uwarashwe ari gutaka.
Yagize ati “Abandi baturanyi na bo bihutiye gusohoka. Babajije uko bafasha, niba bahamagara imbangukiragutabara na polisi, ariko yari yamaze kubahamagara.”
Alexeyev ni umwe mu basirikare bo hejuru bagize uruhare runini mu ntambara yo muri Ukraine, ndetse akaba ari umwe mu bitabiriye ibiganiro na Ukraine mu gihe u brusiya bwagotaga umujyi wa Mariupol muri 2022.
RADIOTV10










