Hemejwe urupfu rw’umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas hatangazwa n’uburyo yishwe

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe wa hamas, Marwan Issa, yahitanywe n’igitero cy’indege cya Israel.

Ibi byemejwe n’Umujyanama mu by’umutekano mu Biro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Jake Sullivan wavuze ko uyu muyobozi mu mutwe wa Hamas yishwe n’ibitero by’indege bya Israel.

Izindi Nkuru

Marwan Issa, wari umuyobozi wungirije w’abarwanyi ba Hamas, abaye umuyobozi mukuru wa ka wa Hamas upfuye kuva intambara hagati ya Israel na Hamas yatangira ku ya 07 Ukwakira 2023.

Icyakora umutwe wa Hamas ubarizwa muri Palesitine uyoboye Intara ya Gaza, wo ntacyo uratangaza ku makuru y’ urupfu rw’uyu wari mu buyobozi bukuru bwawo.

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo muri Israel, yo avuga ko Issa yishwe mu cyumweru gishize, mu bitero byagabwe mu nzira zo munsi y’ubutaka, ziherereye munsi y’inkambi y’impunzi ya Nuseirat iri muri Gaza rwagati.

Uyu umuyobozi wungirije w’ingabo za Hamas yafatwaga nk’umwe mu bantu bashakishwa cyane na Israel, ndetse Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wari uherutse kumushyira ku rutonde rw’ibyihebe bihigwa bukware.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru