Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA
0
Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN
Share on FacebookShare on Twitter

Nsengimana Herman uregwa hamwe na Paul Rusesabagina na bagenzi babo, yabwiye Urukiko rw’Ubujurire ko abiciwe ababo n’abangirijwe ibyabo n’umutwe wa MRCD-FLN, bakwiye guhabwa indishyi ariko ko byazakorwa n’uyu mutwe.

Nsengimana Herman wari wasimbuye Nsabimana Callixte alias Sankara ku mwanya w’Umuvugizi wa FLN, na we uregwa muri uru rubanza, kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 yabwiye Urukiko rw’Ubujurire ko ashyigikiye ko indishyi zikwiye gutangwa.

Ati “Ariko zigatangwa zikaboneka mu buryo bwa nyabwo kandi zigatangwa n’ugomba kuzitanga ntawubangamiye undi.”

Yakomeje agira ati “Bavuze ko itsinda ryacu rya MRCD-FLN ryari rifite umugambi mugari kandi rigakorera muri gahunda. Ndashaka kwerekana ko ahari MRCD-FLN ari yo yakwishyura nka Organisation (Umuryango).”

Nsengimana Herman wifashishije urugero rw’Umutwe w’Interahamwe wakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko hari benshi bagombaga kwishyura n’abahoze muri uyu mutwe batarishyurwa kuko hari abasahuriwe cyangwa bakangirizwa ibyabo n’ababaga baturutse mu bice bitandukanye.

Ati “Uwo ari we wese yagiraga uruhare mu kwishyura ibyo mu gitero yagiyemo mu byo yatwaye, mu byo yangije mu byo yasahuye akabyishyura. Byaba bibabaje kuba hari abantu batarishyurwa kandi hari Interahamwe zimaze imyaka 27 zarafunze zagombaga kubishyura.”

Yakomeje avuga ko ku byatangajwe ko buri wese wari muri uyu mutwe wa FLN akwiye kugira uruhare mu kwishyura indishyi zizategekwa n’Urukiko, avuga ko ubwo yazaga mu Rwanda yaje azanye n’abarwanyi barenga 400 ba FLN ariko akaba ari we wenyine ufatwa.

Ati “Abo bantu ko bari muri uwo mutwe bakaba badashaka kugaragaza uruhare rwabo, ubwo Herman arajya kwishyurira abantu 800 ntabwo ari bube arenganye.”

Umucamanza yahise yibutsa Herman ko itegeko riteganya ko abasangiye icyaha bose bafatanya kuryozwa indishyi zikomoka kuri icyo cyaha.

Herman we akavuga ko n’abandi bantu bahoze muri FLN batagejejwe imbere y’urukiko bakwiye kugira uruhare mu kwishyura izi ndishyi.

Ati “Icyo mvuga ni uko nahamijwe icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba kandi abo ndimo mvuga twari kumwe mu mutwe w’iterabwoba, twarazanye,  nabasanzeyo barandutaga harimo n’abari bafite inshingango mwagiye mwumva bavuzwe hano ariko abo bose kuri uyu munsi ni abere.

Akomeza agira ati “Rero kuri icyo cyaha cyo kuba mu mutwe, numva twese twari tugisangiye, kugira ngo tubashe kwishyura indishyi ariya mafaranga ni menshi ahari wenda turi benshi ni byo byakoroha no kugira ngo umuntu agende ashyiraho macye macye kugira ngo bariya bantu babone ko babona indishyi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − two =

Previous Post

Niger yanenzwe kwirukana ba Banyarwanda 8, hafatwa icyemezo cyo kubasubiza muri Tanzania

Next Post

Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255…Polisi yahagurutse

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255…Polisi yahagurutse

Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255...Polisi yahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.