Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA
0
Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN
Share on FacebookShare on Twitter

Nsengimana Herman uregwa hamwe na Paul Rusesabagina na bagenzi babo, yabwiye Urukiko rw’Ubujurire ko abiciwe ababo n’abangirijwe ibyabo n’umutwe wa MRCD-FLN, bakwiye guhabwa indishyi ariko ko byazakorwa n’uyu mutwe.

Nsengimana Herman wari wasimbuye Nsabimana Callixte alias Sankara ku mwanya w’Umuvugizi wa FLN, na we uregwa muri uru rubanza, kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 yabwiye Urukiko rw’Ubujurire ko ashyigikiye ko indishyi zikwiye gutangwa.

Ati “Ariko zigatangwa zikaboneka mu buryo bwa nyabwo kandi zigatangwa n’ugomba kuzitanga ntawubangamiye undi.”

Yakomeje agira ati “Bavuze ko itsinda ryacu rya MRCD-FLN ryari rifite umugambi mugari kandi rigakorera muri gahunda. Ndashaka kwerekana ko ahari MRCD-FLN ari yo yakwishyura nka Organisation (Umuryango).”

Nsengimana Herman wifashishije urugero rw’Umutwe w’Interahamwe wakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko hari benshi bagombaga kwishyura n’abahoze muri uyu mutwe batarishyurwa kuko hari abasahuriwe cyangwa bakangirizwa ibyabo n’ababaga baturutse mu bice bitandukanye.

Ati “Uwo ari we wese yagiraga uruhare mu kwishyura ibyo mu gitero yagiyemo mu byo yatwaye, mu byo yangije mu byo yasahuye akabyishyura. Byaba bibabaje kuba hari abantu batarishyurwa kandi hari Interahamwe zimaze imyaka 27 zarafunze zagombaga kubishyura.”

Yakomeje avuga ko ku byatangajwe ko buri wese wari muri uyu mutwe wa FLN akwiye kugira uruhare mu kwishyura indishyi zizategekwa n’Urukiko, avuga ko ubwo yazaga mu Rwanda yaje azanye n’abarwanyi barenga 400 ba FLN ariko akaba ari we wenyine ufatwa.

Ati “Abo bantu ko bari muri uwo mutwe bakaba badashaka kugaragaza uruhare rwabo, ubwo Herman arajya kwishyurira abantu 800 ntabwo ari bube arenganye.”

Umucamanza yahise yibutsa Herman ko itegeko riteganya ko abasangiye icyaha bose bafatanya kuryozwa indishyi zikomoka kuri icyo cyaha.

Herman we akavuga ko n’abandi bantu bahoze muri FLN batagejejwe imbere y’urukiko bakwiye kugira uruhare mu kwishyura izi ndishyi.

Ati “Icyo mvuga ni uko nahamijwe icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba kandi abo ndimo mvuga twari kumwe mu mutwe w’iterabwoba, twarazanye,  nabasanzeyo barandutaga harimo n’abari bafite inshingango mwagiye mwumva bavuzwe hano ariko abo bose kuri uyu munsi ni abere.

Akomeza agira ati “Rero kuri icyo cyaha cyo kuba mu mutwe, numva twese twari tugisangiye, kugira ngo tubashe kwishyura indishyi ariya mafaranga ni menshi ahari wenda turi benshi ni byo byakoroha no kugira ngo umuntu agende ashyiraho macye macye kugira ngo bariya bantu babone ko babona indishyi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Niger yanenzwe kwirukana ba Banyarwanda 8, hafatwa icyemezo cyo kubasubiza muri Tanzania

Next Post

Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255…Polisi yahagurutse

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya
AMAHANGA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255…Polisi yahagurutse

Mu Rwanda umwaka ushize impanuka zishe abantu 655 barimo abanyamaguru 255...Polisi yahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.