• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Niger yanenzwe kwirukana ba Banyarwanda 8, hafatwa icyemezo cyo kubasubiza muri Tanzania

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Niger yanenzwe kwirukana ba Banyarwanda 8, hafatwa icyemezo cyo kubasubiza muri Tanzania
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda umunani (8) barimo abari bararangije ibihano ku cyaha cya Jenoside, bakoherezwa muri Niger ariko iki Gihugu kikaza kubirukana, bafatiwe icyemezo cyo gusubizwa i Arusha, gusa iki Gihugu cyanengewe gufata kiriya cyemezo kitabyumvikanyeho n’urwego rwari rwaboherejeyo.

Aba banyarwanda umunani, barimo abari bararangije ibihano bakatiwe n’urwahoze ari Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ndetse n’abo rwagize abere.

Bari boherejwe muri Niger ku bwumvikane bw’iki Gihugu n’Urwego rwasigariyeho kurangiza imanza z’uru rukiko.

Aba Banyarwanda ni; Protais Zigiranyirazo, Anatole Nsengiyumva, Innocent Sagahutu, Francois-Xavier Nzuwonemeye, Prosper Mugiraneza, Alphonse Nteziryayo, Andre Ntagerura na Tharcisse Muvunyi.

Barimo  babiri bari Abaminisitiri, abandi bari abasirikare bakuru, hamwe na muramu w’uwari perezida Juvénal Habyarimana.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2021 mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro, leta ya Niger yemeye kwakira abo bagabo, gusa hashize igihe gito ihita isohora inyandiko ibategeka kuva ku butaka bwayo mu minsi irindwi “ku mpamvu za diplomasi”.

Mu Nteko y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano yabereye i New York, Valentine Rugwabiza uhagarariye u Rwanda muri UN, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda ikeneye ibisobanuro ku iyoherezwa ry’aba Banyarwanda bari bajyanywe muri Niger bitamenyeshejwe Igihugu cyabo.

Umucamanza w’uru rwego, Joseph Chiondo Masanche yanenze Niger kuba yarafashe kiriya cyemezo cyo kubirukana itabanje kubyumvikanaho n’uru rwego kandi bari boherejweyo habanje kuba ubwumvikane

Umucamanza Chiondo Masanche yavuze ko Niger yari yakoze igikorwa kiza ariko ko ibyo yakoze ubu ari uguhonyora uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Icyemezo cy’umucamanza, kigira kiti “ku bw’ibyo ntegetse umukuru (w’urwo rwego) guhita afatanga ingingo zose za ngombwa agategura ibikwiye kugira ngo abo bantu bagarurwe ku ishami rya Arusha by’agateganyo kugeza boherejwe mu kindi gihugu.”

Guverinoma y’u Rwanda yo ntiyigeze inenga kuba bariya Banyarwanda baroherejwe muri Niger ahubwo yanenze uburyo byakozwe itabimenyeshejwe nk’Igihugu gikomokamo aba Banyarwanda.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda aherutse kuvuga ko andi makuru yose ajyanye n’aba Banyarwanda yamenyeshwaga u Rwanda ariko ko iyoherezwa ryabo ritigeze rimenyekana.

Alain Mukuralinda yavuze ko aba Banyarwanda kimwe n’abandi bose bafite uburenganzira bwo kuba aho bashaka ndetse ko mu gihe baba banabishaka baza gutura mu Rwanda kuko ari Igihugu cyabo kandi ko amarembo yacyo afunguye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − two =

Previous Post

Indirimbo ivugira ingaragu: “Buri wese ansaba gukora ubukwe”-King James, “sinjye wanze kubyara”-Safi

Next Post

Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n’ibitero bya FLN

Herman wari wasimbuye Sankara yavuze ukwiye kwishyura indishyi abagizweho ingaruka n'ibitero bya FLN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.