Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino uzwi nka ‘Hate Radio’ ushushanya uruhare rwa Radio RTLM mu kubiba no gukwirakwiza ingengabitekerezo mbi muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, umaze kwerekanwa mu Bihugu 40, ugiye kwerekanwa mu Rwanda.

Radio ya RTLM (Radio Television Libre des Mille Collines) izwiho kuba yaragize uruhare rukomeye mu kwamamaza ingengabitekerezo ya Jenoside, aho yashishikarizaga Abahutu kwanga Abatutsi ndetse no kubica.

Byumwihariko izwiho kuba mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yararangaga aho Abatutsi bihishe, kugira ngo Interahamwe zijye kubica.

Uretse ibiganiro byuzuye ubuhezanguni n’ingengabitekerezo mbi byatambukaga kuri iyi Radio, yanacurangaga indirimbo zibiba urwango ndetse n’izatizaga umurindi Interahamwe gukora Jenoside.

Nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, hakozwe film n’ibiganiro byinshi bigaruka ku mateka yayo, birimo n’umukino uzwi nka ‘Hate Radio’ ushushanya uruhare rwa RTLM mu kubiba ingengabitekerezo.

Ni umukino wahimbwe hagamijwe kugaragaza ububi bw’ubutumwa n’imbwirwaruhame by’ingengabitekerezo, kugira ngo byigishe urubyiruko ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange, mu rwego rwo guteza imbere amahoro n’ubumwe mu muryango mugari.

Uyu mukino wa ‘Hate radio’ umaze gukinwa inshuro 340 mu Bihugu 40 byo ku Isi yose, aho wakurikirwaga n’ibiganiro no kungurana ibitekerezo ku mateka ya Jenoside, ndetse n’icyakorwa kugira ngo ibyabaye mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi.

Uyu mukino ugiye kongera gukinwa mu Rwanda, aho tariki 04 ndetse n’iya 05 Mata 2023 uzakinwa muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’i Butare ndetse no ku ya 08 n’iya 10 Mata 2023 mu Mujyi wa Kigali, muri Kigali Convention Center, hombi kwinjira bikazaba ari ubuntu.

Ntarindwa Diogene usanzwe azwi nka Atome wamamaye mu gukina amakinamico, ni umwe mu bakinnyi b’imena bari muri uyu mukino.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 19 =

Previous Post

Mu rubanza rw’ubujurire rwa Prince Kid habayemo impinduka zitabayeho mbere

Next Post

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.