Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino uzwi nka ‘Hate Radio’ ushushanya uruhare rwa Radio RTLM mu kubiba no gukwirakwiza ingengabitekerezo mbi muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, umaze kwerekanwa mu Bihugu 40, ugiye kwerekanwa mu Rwanda.

Radio ya RTLM (Radio Television Libre des Mille Collines) izwiho kuba yaragize uruhare rukomeye mu kwamamaza ingengabitekerezo ya Jenoside, aho yashishikarizaga Abahutu kwanga Abatutsi ndetse no kubica.

Byumwihariko izwiho kuba mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yararangaga aho Abatutsi bihishe, kugira ngo Interahamwe zijye kubica.

Uretse ibiganiro byuzuye ubuhezanguni n’ingengabitekerezo mbi byatambukaga kuri iyi Radio, yanacurangaga indirimbo zibiba urwango ndetse n’izatizaga umurindi Interahamwe gukora Jenoside.

Nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, hakozwe film n’ibiganiro byinshi bigaruka ku mateka yayo, birimo n’umukino uzwi nka ‘Hate Radio’ ushushanya uruhare rwa RTLM mu kubiba ingengabitekerezo.

Ni umukino wahimbwe hagamijwe kugaragaza ububi bw’ubutumwa n’imbwirwaruhame by’ingengabitekerezo, kugira ngo byigishe urubyiruko ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange, mu rwego rwo guteza imbere amahoro n’ubumwe mu muryango mugari.

Uyu mukino wa ‘Hate radio’ umaze gukinwa inshuro 340 mu Bihugu 40 byo ku Isi yose, aho wakurikirwaga n’ibiganiro no kungurana ibitekerezo ku mateka ya Jenoside, ndetse n’icyakorwa kugira ngo ibyabaye mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi.

Uyu mukino ugiye kongera gukinwa mu Rwanda, aho tariki 04 ndetse n’iya 05 Mata 2023 uzakinwa muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’i Butare ndetse no ku ya 08 n’iya 10 Mata 2023 mu Mujyi wa Kigali, muri Kigali Convention Center, hombi kwinjira bikazaba ari ubuntu.

Ntarindwa Diogene usanzwe azwi nka Atome wamamaye mu gukina amakinamico, ni umwe mu bakinnyi b’imena bari muri uyu mukino.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − three =

Previous Post

Mu rubanza rw’ubujurire rwa Prince Kid habayemo impinduka zitabayeho mbere

Next Post

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.