Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo

radiotv10by radiotv10
31/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hifashishijwe umukino hagiye kwibutswa uruhare rwa rutwitsi RTLM mu kubiba ingengabitekerezo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino uzwi nka ‘Hate Radio’ ushushanya uruhare rwa Radio RTLM mu kubiba no gukwirakwiza ingengabitekerezo mbi muri Jenoside Yakorewe Abatutsi, umaze kwerekanwa mu Bihugu 40, ugiye kwerekanwa mu Rwanda.

Radio ya RTLM (Radio Television Libre des Mille Collines) izwiho kuba yaragize uruhare rukomeye mu kwamamaza ingengabitekerezo ya Jenoside, aho yashishikarizaga Abahutu kwanga Abatutsi ndetse no kubica.

Byumwihariko izwiho kuba mu gihe cya Jenoside Yakorewe Abatutsi, yararangaga aho Abatutsi bihishe, kugira ngo Interahamwe zijye kubica.

Uretse ibiganiro byuzuye ubuhezanguni n’ingengabitekerezo mbi byatambukaga kuri iyi Radio, yanacurangaga indirimbo zibiba urwango ndetse n’izatizaga umurindi Interahamwe gukora Jenoside.

Nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi, hakozwe film n’ibiganiro byinshi bigaruka ku mateka yayo, birimo n’umukino uzwi nka ‘Hate Radio’ ushushanya uruhare rwa RTLM mu kubiba ingengabitekerezo.

Ni umukino wahimbwe hagamijwe kugaragaza ububi bw’ubutumwa n’imbwirwaruhame by’ingengabitekerezo, kugira ngo byigishe urubyiruko ndetse n’Abanyarwanda bose muri rusange, mu rwego rwo guteza imbere amahoro n’ubumwe mu muryango mugari.

Uyu mukino wa ‘Hate radio’ umaze gukinwa inshuro 340 mu Bihugu 40 byo ku Isi yose, aho wakurikirwaga n’ibiganiro no kungurana ibitekerezo ku mateka ya Jenoside, ndetse n’icyakorwa kugira ngo ibyabaye mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi.

Uyu mukino ugiye kongera gukinwa mu Rwanda, aho tariki 04 ndetse n’iya 05 Mata 2023 uzakinwa muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’i Butare ndetse no ku ya 08 n’iya 10 Mata 2023 mu Mujyi wa Kigali, muri Kigali Convention Center, hombi kwinjira bikazaba ari ubuntu.

Ntarindwa Diogene usanzwe azwi nka Atome wamamaye mu gukina amakinamico, ni umwe mu bakinnyi b’imena bari muri uyu mukino.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Mu rubanza rw’ubujurire rwa Prince Kid habayemo impinduka zitabayeho mbere

Next Post

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.