Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Honduras: Uwahoze ari Perezida ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yatawe muri yombi bisabwe na USA ahita yoherezwayo

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Honduras: Uwahoze ari Perezida ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yatawe muri yombi bisabwe na USA ahita yoherezwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Igihugu cya Honduras bwoherereje Leta Zunze Ubumwe za America, uwahoze ayobora iki Gihugu [Honduras], Juan Orlando Hernández ukurikiranyweho ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge.

Perezida Juan Orlando Hernández wahoze ari umugabo ukomeye muri America yo hagati, yavuye ku butegetsi mu kwezi gushize.

Leta Zunze Ubumwe za America zasabye ubuyobozi bw’Igihugu cye kumuta muri yombi bukamwohereza kugira ngo aryozwe ubufatanyacyaha mu gucuruza ibiyobyabwenge akurikiranyweho.

Hernández wayoboye Honduras mu myaka umunani ishize akaba amaze ukwezi kumwe avuye ku butegetsi, yoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Kabiri.

Amashusho yagaragaye uyu mugabo yoherezwa, agaragaza arindiwe umutekano mu buryo budasanzwe aho abari bamutwaye bamukuye iwe bari bambaye imyenda idatoborwa n’amasasu ndetse na we ubwe yambitswe iyo myenda ndetse yambaye amapingu ku maboko no ku maguru.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri mbere y’uko afatwa, yari yatambukije kuri Twitter ye ubutumwa bw’amajwi aho yagiraga ati “Ni ibihe bitoroshye ntashobora kugira undi mbyifuriza. Niteguye kwitanga njye ubwanjye ku bushake ubundi nkiregura mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Nyuma yo gutambutsa ubu butumwa ku mbuga nkoranyambaga, mu murwa mukuru w’Igihugu cye, Tegucigalpa hatangiye guturitswa ibishahsi bya Fireworks ari nab wo yakuwe iwe ahari haje abantu benshi bari kwigaragambya bishimira ifatwa rye.

Uyu wahoze ari Perezida wa Honduras, udakunzwe namba, ashinjwa ibyaha binyuranye birimo ibi by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ibya ruswa ndetse no gutuma Igihugu cye gikomeza kugarizwa n’ubukene no gutiza umurindi ibikorwa by’urugomo.

Ana María Torres, umwe mu banyeshuri ba kaminuza bari baje mu myiyerekano yo kwishimira itabwa muri yombi ry’uyu wahoze ari Umukuru w’Igihugu, yagize ati “Ubutabera buhawe Honduras, yavuye ku butegetsi asenye Igihugu ubu agiye kubiryozwa.”

Yoherejwe muri America mu gihe kuri uyu wa Mbere, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Honduras yari yatangaje ko bakiriye ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za America bwo kohereza uyu wahoze ari Perezida w’Igihugu cyabo.

Yajyanywe yambaye amapingu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 13 =

Previous Post

Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Next Post

Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.