Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Honduras: Uwahoze ari Perezida ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yatawe muri yombi bisabwe na USA ahita yoherezwayo

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Honduras: Uwahoze ari Perezida ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge yatawe muri yombi bisabwe na USA ahita yoherezwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Igihugu cya Honduras bwoherereje Leta Zunze Ubumwe za America, uwahoze ayobora iki Gihugu [Honduras], Juan Orlando Hernández ukurikiranyweho ibyaha byo gucuruza ibiyobyabwenge.

Perezida Juan Orlando Hernández wahoze ari umugabo ukomeye muri America yo hagati, yavuye ku butegetsi mu kwezi gushize.

Leta Zunze Ubumwe za America zasabye ubuyobozi bw’Igihugu cye kumuta muri yombi bukamwohereza kugira ngo aryozwe ubufatanyacyaha mu gucuruza ibiyobyabwenge akurikiranyweho.

Hernández wayoboye Honduras mu myaka umunani ishize akaba amaze ukwezi kumwe avuye ku butegetsi, yoherejwe muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Kabiri.

Amashusho yagaragaye uyu mugabo yoherezwa, agaragaza arindiwe umutekano mu buryo budasanzwe aho abari bamutwaye bamukuye iwe bari bambaye imyenda idatoborwa n’amasasu ndetse na we ubwe yambitswe iyo myenda ndetse yambaye amapingu ku maboko no ku maguru.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri mbere y’uko afatwa, yari yatambukije kuri Twitter ye ubutumwa bw’amajwi aho yagiraga ati “Ni ibihe bitoroshye ntashobora kugira undi mbyifuriza. Niteguye kwitanga njye ubwanjye ku bushake ubundi nkiregura mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Nyuma yo gutambutsa ubu butumwa ku mbuga nkoranyambaga, mu murwa mukuru w’Igihugu cye, Tegucigalpa hatangiye guturitswa ibishahsi bya Fireworks ari nab wo yakuwe iwe ahari haje abantu benshi bari kwigaragambya bishimira ifatwa rye.

Uyu wahoze ari Perezida wa Honduras, udakunzwe namba, ashinjwa ibyaha binyuranye birimo ibi by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ibya ruswa ndetse no gutuma Igihugu cye gikomeza kugarizwa n’ubukene no gutiza umurindi ibikorwa by’urugomo.

Ana María Torres, umwe mu banyeshuri ba kaminuza bari baje mu myiyerekano yo kwishimira itabwa muri yombi ry’uyu wahoze ari Umukuru w’Igihugu, yagize ati “Ubutabera buhawe Honduras, yavuye ku butegetsi asenye Igihugu ubu agiye kubiryozwa.”

Yoherejwe muri America mu gihe kuri uyu wa Mbere, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Honduras yari yatangaje ko bakiriye ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za America bwo kohereza uyu wahoze ari Perezida w’Igihugu cyabo.

Yajyanywe yambaye amapingu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 20 =

Previous Post

Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Next Post

Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

Pasiteri uregwa kunyereza Miliyoni 32 yo kubaka Piscine ya ADEPR yasabye Urukiko kuzajya kureba ko idahari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.