• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo

radiotv10by radiotv10
27/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hongeye kugaragazwa ibituma abasirikare b’u Rwanda bavugwa imyato mu butumwa bajyamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt. Gen. Mohan Subramanian yashimiye Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa, ku bwo kugaragaza imyitwarire iboneye n’umuhate zigaragaza.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe ubwo abasirikare b’u Rwanda bagize RWANBATT-2 bari mu butumwa bwa UNMISS bari mu gace ka Malakal, bambikwaga imidali y’ishimwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Muri iki gikorwa cyabeyere ku Cyicaro Gikuru cya RWANBATT-2 giherereye mu Leta ya Upper Nile, Umuyobozi w’Ingabo za UNMISS, Lt. Gen. Mohan Subramanian yashimiye byimazeyo Guverinoma y’u Rwanda ku musanzu igira mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Yanashimiye Ingabo z’u Rwanda ku bw’ikinyabupfura kiziranga ndetse no gukorana imbaraga zigaragaza, anashimangira uruhare rukomeye zigira mu kubungabunga amahoro.

Yanashimiye byumwihariko Ingabo z’iyi Batayo mu gikorwa cy’ubutwari cyo kurokora abahozi b’Umuryango w’Abibumbye bari bagiye kwivuganwa n’abarwanyi b’umutwe wa White Army mu gace ka Nassir County.

Brig. Gen Louis Kanobayire, usanzwe ari Umuyobozi Wungirije wa UNMISS ushinzwe ibikorwa, yashimangiye ko RWANBATT-2 yabashije gushyira mu bikorwa inshingano zayo mu bikorwa by’umutekano n’ituze.

Muri ibyo bikorwa byakozwe n’Ingabo z’u Rwanda za RWANBATT-2, harimo gucunga umutekano, zifatanyije n’inzego z’umutekano z’Igihugu za Sudani y’Epfo, gukurikirana amahame y’Uburenganzira bwa muntu, ndetse no gukusanya amakuru hagamijwe kurinda abaturage.

Ingabo z’u Rwanda zambitswe umudali w’ishimwe n’Umuryango w’Abibumbye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 5 =

Previous Post

Nyuma y’Amavubi Shampiyona igarukanye imikino irimo uhanzwe amaso na benshi

Next Post

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.