Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda

radiotv10by radiotv10
02/03/2022
in Uncategorized
0
Hoteli ikomeye mu Rwanda yaciwe 300.000Frw kubera gutanga serivisi mbi muri TourDuRwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinze Iterambere RDB  rwafatiye ibihano Hoteli Hilltop na Country Club kubera gutanga serivisi zitanoze mu bihe bya Tour du Rwanda yasojwe mu cyumweru gishize.

Itangazo rya RDB ryasohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, rivuga ko nyuma ya Raporo yagaragaje imitangire itanoze yaranze Hotel Hilltop na Country Club mu bihe bya Tour du Rwanda, “RDB irifuza kumenyesha abantu ko baciwe amande y’ibihumbi 300 Frw kandi zahawe umuburo.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “RDB iributsa abari mu bikorwa by’Ubukerarugendo no kwakira abantu ko bafite inshingano zo gutanga serivisi zinoze ku bakiliya.”

Ni ibihano byagiye bigarukwaho na bamwe barimo abashimye RDB kuba yafatiye ibihano ibi bigo kubera imitangire ya serivisi zitanoze.

Gusa hari n’abanenze ibi bihano, bavuga ko ari bito ugereranyije n’ibishobora kwangirika bitewe n’imitangire mibi ya serivisi.

ANNOUNCEMENT
Following reports of poor service delivery by Hotel Hilltop and Country Club during the just concluded Tour du Rwanda, Rwanda Development Board would like to inform the general public that the establishment has been fined Rwf 300,000 and issued a warning. pic.twitter.com/auvOx6TnzH

— Rwanda Development Board (@RDBrwanda) March 1, 2022

Uwitwa Kagabo Venuste yagize ati “Ibihano bya 300.000 Frw mu gihe binjije 30.000.000 Frw murumva ibyo ari ikibazo kuri bo?”

Kagabo Venuste akomeza avuga ko aramutse afite business yakwemera gufatirwa ibihano nk’ibi mu gihe yaba yizeye kuzinjiza Miliyoni 30 Frw. Ati “Mbere na mbere mutubwire ayo binjiza ubundi tubone gutanga ibitekerezo.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, cyagiye gifatira ibihano Hoteli, utubari ndetse na za Resitora zabaga zarenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 aho zimwe zanafungwaga mu gihe runaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Burera: Binubira kuba abana babo birirwa bazerera, ubuyobozi buti “Nimwe mufite igisubizo”

Next Post

Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

Uganda: Umudepite ati “Nzazana urutonde rw’abahinga urumogi”, Minisitiri ati “Uzazane n’urw’abarunywa”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.