Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

radiotv10by radiotv10
28/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye bavuga ko abafite amatungo bayashumura mu mirima yabo akona imyaka ku buryo aho yageze batirirwa bajya gusarura nyamara barahinze bibagoye.

Aba bahinzi bavuga ko aborozi bitwaza ibihe by’impeshyi, bakajya kuragira mu myaka yabo iba yarabavunnye bayihinga, amatungo yabo akayona.

Mukeshimana Elina ati “Usanga barekura amatungo yabo akatwonera. Nkanjye nta bishyimbo nigeze nsarura, amatungo aborozi bashumura ku gasozi   yarabiriye  mbura uko mbigenza none ubu inzara igiye kunyica  kuko urabyuka ugasanga imyaka yawe yoneshejwe kuko abenshi usanga  bashumura amatungo yabo nijoro abandi bakayarekura ku manywa.”

Patricia Kabega na we ati “Barashumura amatungo wanabamenya wabagaragaza ugasanga bakugiriye nabi ugahitamo kwicecekera. Wabigira ute se? Icyo gihe usarura ibyo zasize zitabisiga urabyumva nyine icyo gihe uhura n’inzara.”

Aborozi bashyirwa mu majwi n’aba baturage bavuga ko impamvu yo gushumura aya matungo akajya ku gasozi ari uko baba babuze ubwatsi bw’amatungo yabo muri ibi bihe by’impeshyi.

Uyu utarashatse kwivuga izina ati “Twe ubundi mu bihe nk’ibi by’impeshyi nkatwe aborozi biratugora kuko nta bwatsi buba buri ku gasozi buba bwarumye, ari na yo mpamvu duhitamo gushumura amatungo. Twifuza ko batwigisha uburyo bwo guhunika ubwatsi kuko inaha tutabizi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidele, asaba aba baturage kujya birinda ibikorwa nk’ibi kuko abo bigaragweho  babihanirwa n’amategeko.

Ati “Icya mbere ni ukubibutsa ko kuzerereza amatungo bitemewe kandi bishobora no kugira ingaruka kuri ayo matungo bikanateza igihombo ku muturage. Icyo twababwira rero ni ukubibutsa ko bitemewe ndetse n’ubifatiwemo aba ashobora kubihanirwa, mu gushaka ubwatsi bw’amatungo bagomba  korora kinyamwuga kuko umworozi w’umwuga ushaka inyungu mu bworozi bwiwe ntekereza ko urwo rwego agomba no kururenga.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko gahunda yo kororera mu biraro, igamije gufasha abaturage kubona ubutaka bunini bwo guhingaho, kugira ngo umusaruro w’ubuhinzi utubuke.

Aba bahinzi bavuga ko ntacyo bari gusarura

Bashumura amatungo mu myaka yabo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + eleven =

Previous Post

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

Next Post

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Related Posts

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu butabera, yagaragaje ko gusezeranya undi ko uzamushaka bidashyiraho umuntu inshingano zo kurushinga, ndetse ko...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
19/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

IZIHERUKA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije
MU RWANDA

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

by radiotv10
19/09/2025
0

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.