• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya

radiotv10by radiotv10
25/09/2025
in MU RWANDA
0
Huye: Abanyerondo barashyirwa mu majwi kuba ari bo bihishe inyuma y’ibyo bashinzwe kurwanya
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye bashyira mu majwi bamwe mu banyerondo gukorana n’abagira uruhare mu bujura   ndetse n’urugomo kuko bimwe muri ibi bikorwa biba bahari nyamara ari bo bashinzwe kubiburizamo

Ni ikibazo gitakwa byumwihariko n’abo mu Mudugudu wa Berwa mu Kagari ka Gitwa, bavuga ko bahangayikishijwe n’abatega abantu bakabambura  ibyo bafite bakanabagirira nabi, aho ngo hari n’ubwo bamwe mu  banyerondo baba bari ahakorerwa ibi bikorwa ariko bakabirebera.

Nyiraneza ati “Inshuro nyinshi usanga abantu bamburwa ibyo bafite abanyerondo bareba ntibagire icyo bakora. Ubwo se ntibaba babiziranyeho? Ejobundi abajura bateze umuganga baramukomeretsa  habura uwatabara kandi abo banyerondo bahari, ndetse tujya tunumva ngo abantu bishwe muri aka gace hari n’uwo duherutse gusanga yapfuye ntitwamenya icyamwishe.”

Kagabo Eric na we ati “Abanyeshuri bamburwa amatelefone n’amamashini bavuye kwiga ndetse bakanahohotwerwa tujya tubibona.”

Mediatrice Mukakamari ati “Batega abantu bakabambura ibyo bafite wagerageza kubibima bakakugirira nabi hari n’abo bakomeretsa iyo batakwishe baragukomeretsa tuzi abantu benshi bagenda bakomeretsa cyangwa bakamburwa ibyo bafite.’’

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi avugako hagiye gukorwa iperereza kugira ngo abagira uruhare muri ibi bikorwa bakurikiranwe.

Ati “Turasaba abaturage uwaba yarahohotewe yaza kuri polisi agatanga ikirego, n’abo akeka iperereza rigakorwa bagakurikiranwa. Abanyerondo uwateshuka muri bo agakora ibihabanye n’inshingano zo kubungabunga  umutekano w’abaturage na we yabibazwa. Turasaba abaturage gutungira agatoki polisi akabibazwa.”

Aba baturage bavuga ko  muri uyu murenge wa Tumba ibikorwa nk’ibi  bikorwa n’abiganjemo abashumba cyangwa n’abandi bantu baba baraje muri uyu mujyi kuhashaka akazi ko kwahirira amatungo cyangwa n’akandi kazi bakakabura cyangwa bakirukanwa.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 7 =

Previous Post

Jangwani yatanze umucyo ku byakwirakwijwe ko agiye gutera umugongo APR akerecyeza muri mucyeba Rayon

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Perezida Kagame yageneye ubutumwa UCI yemeye ko Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.