• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Abarokotse bavuze ingaruka batewe n’icyemezo cy’umutungo banyazwe n’ubuyobozi

radiotv10by radiotv10
03/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Abarokotse bavuze ingaruka batewe n’icyemezo cy’umutungo banyazwe n’ubuyobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batujwe mu mudugudu wa Nyanza mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bavuga ko bugarijwe n’ubukene nyuma yo kwamburwa igishanga cy’Agahenerezo bari barahawe, bakaza kucyamburwa kigahabwa abikorera.

Mukanyandwi Jeannette umwe muri aba baturage, avuga ko ubwo batuzwaga muri uyu mudugudu, bahawe iki gishanga ngo bajye bagihingamo babashe kubona ibibatunga n’ibyabateza imbere kuko nta yindi mitungo bafite.

Ati “Nyuma baza kuhatwambura bahaha abikorera, twe aho twakoreraga hahawe Igororero rya Karubanda i Huye ntibagira aho baduha tuzajya dukorera.”

Mukabutera Beatrice na we yagize ati “Izi nzu bazitwubakira bakazidutuzamo bahise baduha aho tuzahinga mu gishanga cyo mu Gahenerezo dutangira guhinga dutunga imiryango yacu ntakibazo, ariko nyuma icyadutunguye ni uko twabonye baza barahatwambura bahaha abikorera twe dusigarira aho.”

Akomeza avuga ko kwamburwa iki gishanga byabashyize mu bukene nyamara bari baratangiye gushaka uko bakwiteza imbere no kwikura mu bwigunge.

Ati “Byadusigiye ubukene, ubu ntaho dufite duhinga inzara itumereye nabi turakennye, badufashije baduha aho gukorera.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege avuga ko batakabaye bavuga ko bambuwe ubutaka kuko ngo ubutaka ari ubwa Leta, akanasaba abadafite aho gukorera kujya bashakisha uburyo bwo kubona aho babasha gukorera.

Ati “Ntabwo bambuwe ibishanga kuko ibishanga ni ubutaka bwa Leta, abaturage baba bafite imirima bakoreramo, abatahafite bakatisha imirima, abadafite ubutaka baba bagomba kureba ibindi bakora bakatisha cyangwa bagakorera ababufite bakabona aho bakorera.”

Bavuga ko nyuma yo kwamburwa iki gishanga no kubona umunyu wo guteka bisigaye ari ingume

Ubu cyahawe abikorera

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + three =

Previous Post

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwica umwana we w’amezi abiri mu buryo bw’ubugome

Next Post

Menya imyanya amakipe y’u Rwanda ariho mu irushanwa ry’imitwe y’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Menya imyanya amakipe y’u Rwanda ariho mu irushanwa ry’imitwe y’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Menya imyanya amakipe y’u Rwanda ariho mu irushanwa ry’imitwe y’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.