Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Bamucukuriye imva banagura isanduku, bagiye gufata umurambo mu bitaro basanga ari kwinywera igikoma

radiotv10by radiotv10
07/02/2022
in MU RWANDA
0
Huye: Bamucukuriye imva banagura isanduku, bagiye gufata umurambo mu bitaro basanga ari kwinywera igikoma
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Gervais Byangabiza wo mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye, yabitswe ko yapfuye ubundi abo mu muryango we bacukura imva imaze gupfuba, bagura n’isanduku, bagiye gufata umurambo ku bitaro basanga ni muzima ndetse ari no gufata ifunguro rya mu gitondo.

Inkuru y’urupfu rw’uyu mugabo wo mu Kagari ka Rusagara, yavuzwe nyuma y’uko akubiswe icyuma mu mutwe n’umukozi wo mu rugo wo muri aka gace mu cyumweru gishize tariki 01 Gashyantare 2022, aramukomeretsa cyane.

Amakuru avuga ko uyu Gervais Byangabiza yakubiswe n’umukozi wo mu rugo witwa Theogene Sibongiriye amusanze ari gukatakata ibyatsi byo mu busitani, undi amwenderanyaho ahita amukubita ikofi ari na byo byatumye uyu mukozi ahita amukubita icyo cyuma yakoreshaga mu gukatakata ibyatsi.

Kigali Today dukesha aya makuru ivuga ko Gervais Byangabiza wahise akomereka bikabije mu mutwe, yahise ajyanwa ku ku Kigo Nderabuzima cya Sovu, ariko bahita bamwohereza ku bitaro bya Kabutare kuko yari yakomeretse cyane.

Gusa ngo ku bitaro bya Kabutare ntawundi bajyanye, ari nabwo haje kuvugwa amakuru ko yapfuye.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwasabye abo mu muryango yakubitiwemo, gufasha umuryango we gutegura igikorwa cyo kumushyingura ubundi ku wa 03 Gashyantare 2022 bucya bitegura gushyingura ari na bwo bacukuye imva, banagura isanduku, banakodesha imodoka ubundi berecyeza ku bitaro bya Kabutare gufata umurambo.

Bageze ku Bitaro batunguwe no gusanga uwo bari bagiye gufatira umurambo, yibereye mu cyumba kimwe cy’ibi bitaro ari kwinywera igikoma ndetse yatangiye gutora ka mitende dore bucyeye bwaho tariki 04 Gashyantare 2022 bamusezereye agataha.

Isanduku yari yaguzwe yasubijwe aho yabarijwe naho imva yari yacukuriwe bayishyinguramo umutumba, ubu uwari wabitswe ari kwitabwaho n’umuryango we mu rugo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 9 =

Previous Post

Umusore w’ibigango n’umunyamideli Keza bamaze iminsi bagaragaza ko bimariranyemo ngo urukundo rwabo rwararangiye

Next Post

Nyamvumba wakoraga muri MININFRA wari wakatiwe imyaka 6 n’ihazabu ya Miliyari 21 yagabanyirijwe ibihano

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamvumba wakoraga muri MININFRA wari wakatiwe imyaka 6 n’ihazabu ya Miliyari 21 yagabanyirijwe ibihano

Nyamvumba wakoraga muri MININFRA wari wakatiwe imyaka 6 n’ihazabu ya Miliyari 21 yagabanyirijwe ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.