Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rango B mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bavuga ko bari mu gihirahiro kuko badaheruka kubona ibendera ry’Igihugu ku Biro by’aka Kagari kimwe no ku ishami rya RAB riri muri aka gace, bakibaza niba ryaribwe cyangwa hari ikindi kibazo cyabaye.

Bamwe muri aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bari basanzwe babona ibendera ry’Igihugu ku Biro by’Akagari ndetse no ku ishami ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ariko bakaba badaheruka kuyaca iryera.

Nyamara ngo kuba habaga ibendera, hari ubutumwa byatangaga, ku buryo uwaba warafashe icyemezo cyo kuryururutsa yagombye kuba yarabibamenyesheje.

Umwe yagize ati “Nk’ubu umuntu yamanukaga hariya abona idarapo riri hariya, agahita abona ko ari nk’Akagari cyangwa hakorerwa umurimo wa Leta, ariko uburyo baryururukije ntituzi uburyo ryagiye.”

Undi muturage usanzwe akorera hafi y’ibi Biro by’Akagari, avuga ko ibendera ari ikirango gikomeye cy’Igihugu kandi abaturage bakaba banagifiteho ijambo ku buryo batari gufata icyemezo cyo kuryururutsa batabimenyeshejwe.

Ati “Ryarahahoze ariko ntibigeze banataka ko ryibwe, ubwo niba barayabitse ntiwamenya […] ubundi umuturage iyo abonye ibendera rimanitse aba azi ko ntakibazo na kimwe kiri mu Murenge cyangwa kiri mu Gihugu.”

Mugenzi we akomeza agira ati “Iyo ubonye idarapo ry’Igihugu urimo, uravuga uti ‘ndi Umunyarwanda’ idarapo ni irinyarwanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rango B, Niyonsenga Marie Louise ahumuriza aba baturage ko iri bendera ritibwe ndetse ko ntakindi kibazo cyabayeho.

Ati “Iryo twari dufite ryarakuze kubera wa muyaga ejobundi watambutseho akagozi karyo karacika ariko twari twasabye irindi, turajya kurifata ku Murenge bambwiye ko ryaje.”

Hakunze kumvikana ubujura bukorerwa amabendera mu bice bitandukanye, rimwe na rimwe ababukora bakaba baba bafite imigambi itari myiza.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 6 =

Previous Post

Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Next Post

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

Related Posts

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

by radiotv10
31/07/2025
0

As the world enters deeper into the digital era and economic uncertainty continues to loom in many parts of the...

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

by radiotv10
31/07/2025
0

Abacururiza imboga n’imbuto mu isoko rya Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko barembejwe n’umwanda ukabije baterwa n’abantu baza kuhikinga...

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

IZIHERUKA

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe
Uncategorized

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

31/07/2025
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Money or Passion: What should we follow in 2025?

31/07/2025
Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

Ngoma: Haravugwa umwanda ukabije ahacururizwa ibicuruzwa bikwiye isuku yihariye

31/07/2025
Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

31/07/2025
Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.