Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

radiotv10by radiotv10
12/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye, baravuga ko kujya ku biro by’Utugari bagasanga dufunguye bisigaye ari amahirwe, bityo ko serivisi zitangirwa ku Tugari ziri kubona umugabo zigasiba undi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yiboneye ibi bivugwa n’abaturage ubwo yajyaga ku Biro by’Akagari ka Rango B ko mu Murenge wa Tumba.

Ku isa isaaha ya saa tanu z’amanywa, yasanze ibiro by’aka Kagari bifunze, icyakora hariho agapapuro kavuga ko ubuyobozi bwagiye gukorera mu Mudugudu wa Urugwiro, gusa nta tariki yagaragazaga igihe ibi byabereye.

Abaturage yasanze ku biro by’aka Kagari, bamubwiye ko aka gapapuro kamaze igihe ku biro by’aka Kagari ku buryo bamaze igihe basiragira bashaka serivisi ariko bagataha amaramasa.

Umwe yagize ati “Hari benshi baza bashaka serivisi hano ku Kagari bagasanga harafunze. Njye akenshi mba nicaye hano, bakaza bakambaza bati ‘ese abayobozi ba hano bakoze?’.”

Aba baturage bavuga ko uretse kutabona serivisi baba bashaka ariko baba banataye umwanya muni biriwe bategereje ndetse n’imvune z’urugendo baba bakoze.

Undi ati “Aba ahombye ya serivisi kuko cya cyifuzo yari azaniye wa muyobozi agisubizayo kandi akagenda atishimye kuko aba atabonye umwakira.”

Bavuga ko bahora bumva ko ubuyobozi bwegerejwe abaturage ariko ko imyitwarire y’abayobora utu Tugari babona ihabanye n’iri hame.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tumba, Kabalisa Arsene avuga ko nubwo abakozi b’Akagari ari bacye ariko ko badakwiye kubura bombi kandi ko n’iyo byaba, bakwiye kujya babimenyesha abo bayobora.

Ati “Bishobora kubaho bitewe n’igikorwa cyateguwe, ku Kagari haba hari abakozi babiri, ariko umwe aramutse yagiye kuri terrain, undi yasigara ku biro agaha serivisi abaturage.”

Uyu muyobozi avuga ko agiye gukurikirana iby’iki kibazo kugira ngo gishakirwe umuti bityo abaturage ntibakomeze kubura serivisi bifuza.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wasuye Intara y’Amajyepfo mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka, yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze kwirinda ibintu byose byatuma batabonera umwanya abaturage kuko ari bo babereyeho.

Umukuru w’u Rwanda kandi yasabye abayobozi ko bakwiye kugabanya inama bakunze kugira, bakumva ko umwanya munini ari uw’abaturage.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Abuba says:
    3 years ago

    Jye snemeranya niyinkuru ikigaragara uyu munyamakuru afite icyo ashaka kuruyu Muyobozi ejo bundi yanditse inkuru ko akagali katagira idarapo none asubiyeyo kuvuga. Abahakorera badahari inkuru ebyiri zikurikiranya nkaziriya zifite ikibuihishe inyuma

    Reply
  2. Justine says:
    3 years ago

    Ahaaaa ubundise byaba byo akagari kamwe gahise kaba Huye yose. Ibi ni amatiku. Niba afite icyo bapfa yacisha muzindi nzira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − two =

Previous Post

Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame

Next Post

Umugabo yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana be batatu

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Umugabo yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana be batatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.