Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

radiotv10by radiotv10
12/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye, baravuga ko kujya ku biro by’Utugari bagasanga dufunguye bisigaye ari amahirwe, bityo ko serivisi zitangirwa ku Tugari ziri kubona umugabo zigasiba undi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yiboneye ibi bivugwa n’abaturage ubwo yajyaga ku Biro by’Akagari ka Rango B ko mu Murenge wa Tumba.

Ku isa isaaha ya saa tanu z’amanywa, yasanze ibiro by’aka Kagari bifunze, icyakora hariho agapapuro kavuga ko ubuyobozi bwagiye gukorera mu Mudugudu wa Urugwiro, gusa nta tariki yagaragazaga igihe ibi byabereye.

Abaturage yasanze ku biro by’aka Kagari, bamubwiye ko aka gapapuro kamaze igihe ku biro by’aka Kagari ku buryo bamaze igihe basiragira bashaka serivisi ariko bagataha amaramasa.

Umwe yagize ati “Hari benshi baza bashaka serivisi hano ku Kagari bagasanga harafunze. Njye akenshi mba nicaye hano, bakaza bakambaza bati ‘ese abayobozi ba hano bakoze?’.”

Aba baturage bavuga ko uretse kutabona serivisi baba bashaka ariko baba banataye umwanya muni biriwe bategereje ndetse n’imvune z’urugendo baba bakoze.

Undi ati “Aba ahombye ya serivisi kuko cya cyifuzo yari azaniye wa muyobozi agisubizayo kandi akagenda atishimye kuko aba atabonye umwakira.”

Bavuga ko bahora bumva ko ubuyobozi bwegerejwe abaturage ariko ko imyitwarire y’abayobora utu Tugari babona ihabanye n’iri hame.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tumba, Kabalisa Arsene avuga ko nubwo abakozi b’Akagari ari bacye ariko ko badakwiye kubura bombi kandi ko n’iyo byaba, bakwiye kujya babimenyesha abo bayobora.

Ati “Bishobora kubaho bitewe n’igikorwa cyateguwe, ku Kagari haba hari abakozi babiri, ariko umwe aramutse yagiye kuri terrain, undi yasigara ku biro agaha serivisi abaturage.”

Uyu muyobozi avuga ko agiye gukurikirana iby’iki kibazo kugira ngo gishakirwe umuti bityo abaturage ntibakomeze kubura serivisi bifuza.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wasuye Intara y’Amajyepfo mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka, yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze kwirinda ibintu byose byatuma batabonera umwanya abaturage kuko ari bo babereyeho.

Umukuru w’u Rwanda kandi yasabye abayobozi ko bakwiye kugabanya inama bakunze kugira, bakumva ko umwanya munini ari uw’abaturage.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Abuba says:
    3 years ago

    Jye snemeranya niyinkuru ikigaragara uyu munyamakuru afite icyo ashaka kuruyu Muyobozi ejo bundi yanditse inkuru ko akagali katagira idarapo none asubiyeyo kuvuga. Abahakorera badahari inkuru ebyiri zikurikiranya nkaziriya zifite ikibuihishe inyuma

    Reply
  2. Justine says:
    3 years ago

    Ahaaaa ubundise byaba byo akagari kamwe gahise kaba Huye yose. Ibi ni amatiku. Niba afite icyo bapfa yacisha muzindi nzira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame

Next Post

Umugabo yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana be batatu

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Umugabo yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana be batatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.