Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Basigaye bajya ku Kagari basenga ngo ntibasange hafunze

radiotv10by radiotv10
12/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye, baravuga ko kujya ku biro by’Utugari bagasanga dufunguye bisigaye ari amahirwe, bityo ko serivisi zitangirwa ku Tugari ziri kubona umugabo zigasiba undi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yiboneye ibi bivugwa n’abaturage ubwo yajyaga ku Biro by’Akagari ka Rango B ko mu Murenge wa Tumba.

Ku isa isaaha ya saa tanu z’amanywa, yasanze ibiro by’aka Kagari bifunze, icyakora hariho agapapuro kavuga ko ubuyobozi bwagiye gukorera mu Mudugudu wa Urugwiro, gusa nta tariki yagaragazaga igihe ibi byabereye.

Abaturage yasanze ku biro by’aka Kagari, bamubwiye ko aka gapapuro kamaze igihe ku biro by’aka Kagari ku buryo bamaze igihe basiragira bashaka serivisi ariko bagataha amaramasa.

Umwe yagize ati “Hari benshi baza bashaka serivisi hano ku Kagari bagasanga harafunze. Njye akenshi mba nicaye hano, bakaza bakambaza bati ‘ese abayobozi ba hano bakoze?’.”

Aba baturage bavuga ko uretse kutabona serivisi baba bashaka ariko baba banataye umwanya muni biriwe bategereje ndetse n’imvune z’urugendo baba bakoze.

Undi ati “Aba ahombye ya serivisi kuko cya cyifuzo yari azaniye wa muyobozi agisubizayo kandi akagenda atishimye kuko aba atabonye umwakira.”

Bavuga ko bahora bumva ko ubuyobozi bwegerejwe abaturage ariko ko imyitwarire y’abayobora utu Tugari babona ihabanye n’iri hame.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Tumba, Kabalisa Arsene avuga ko nubwo abakozi b’Akagari ari bacye ariko ko badakwiye kubura bombi kandi ko n’iyo byaba, bakwiye kujya babimenyesha abo bayobora.

Ati “Bishobora kubaho bitewe n’igikorwa cyateguwe, ku Kagari haba hari abakozi babiri, ariko umwe aramutse yagiye kuri terrain, undi yasigara ku biro agaha serivisi abaturage.”

Uyu muyobozi avuga ko agiye gukurikirana iby’iki kibazo kugira ngo gishakirwe umuti bityo abaturage ntibakomeze kubura serivisi bifuza.

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wasuye Intara y’Amajyepfo mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka, yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze kwirinda ibintu byose byatuma batabonera umwanya abaturage kuko ari bo babereyeho.

Umukuru w’u Rwanda kandi yasabye abayobozi ko bakwiye kugabanya inama bakunze kugira, bakumva ko umwanya munini ari uw’abaturage.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Abuba says:
    3 years ago

    Jye snemeranya niyinkuru ikigaragara uyu munyamakuru afite icyo ashaka kuruyu Muyobozi ejo bundi yanditse inkuru ko akagali katagira idarapo none asubiyeyo kuvuga. Abahakorera badahari inkuru ebyiri zikurikiranya nkaziriya zifite ikibuihishe inyuma

    Reply
  2. Justine says:
    3 years ago

    Ahaaaa ubundise byaba byo akagari kamwe gahise kaba Huye yose. Ibi ni amatiku. Niba afite icyo bapfa yacisha muzindi nzira

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 15 =

Previous Post

Ibyo Abaminisitiri bashinzwe ni ugukorera Abanyarwanda atari mu magambo gusa- Perezida Kagame

Next Post

Umugabo yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana be batatu

Related Posts

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

IZIHERUKA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye
MU RWANDA

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Umugabo yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya abana be batatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.