Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ibihungabanya umutekano wabo barabishinja abagakwiye kuwubacungira

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Ibihungabanya umutekano wabo barabishinja abagakwiye kuwubacungira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, barashinja bamwe mu banyerondo bashinzwe kubacungira umutekano, kuba ari bo babahohotera bakabakubita, bamwe bakabagira intere.

Bamwe mu bahohotewe n’abanyerondo bavuga ko hari igihe bahura n’abaturage mu muhanda bakabakubita ndetse hakaba n’ubwo basohora bamwe mu nzu babaketseho amafaranga bakayabambura.

Tegejo Vincent utuye mu Mudugudu wa Kabahona, wakubiswe n’abanyerongo bakamukomeretsa bamutemye, avuga ko bamusanze iwe mu gicukuru nka saa munani z’ijoro, nyuma y’uko bamenye amakuru ko afite amafaranga

Yagize ati “Baransaka bambaza n’ibyangombwa, barangije barayabura barankubita, nabonye nkomeretse mvuza induru, abaturanyi barahurura, abankubitaga bahita barekera aho kunkubita, bukeye njya kuregera umuyobozi w’Akagari.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu muturage, bavuga ko ikibazo cy’abanyerondo bahohotera abaturage kimaze gufata intera muri uyu Murenge wa Mukura by’umwihariko mu Kagari ka Rango.

Umwe ati “Ujya kubona ukabona baraduhohoteye, wajya no kurega   bakaguhimbira amakosa bigapfa ubusa, bigatuma urugomo inaha rwiyongera.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidel, avuga ko iki kibazo kijya kigaragara, ariko ko hari gukorwa ibishoboka ngo hanozwe imikorere y’irondo.

Ati “Bijya bigaragara abahungabanya umutekano ariko urugendo turimo n’urwo kuvugurura imikorere y’irondo. Abakora irondo ry’umwuga abaturage bagomba kuba babazi bazi imyitwarire yabo.”

Uyu muyobozi asaba abaturage ko mu gihe babonye abanyerondo bahungabanya umutekano wabo, ko bajya batanga amakuru, kugira ngo inzego zibibaryoze.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza-NISS rwahawe Umuyobozi mushya

Next Post

Congo: Tshisekedi yategetse ikigomba gukorwa nyuma y’impanuka ikanganye y’ubwato bwarimo abagenzi 270

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Tshisekedi yategetse ikigomba gukorwa nyuma y’impanuka ikanganye y’ubwato bwarimo abagenzi 270

Congo: Tshisekedi yategetse ikigomba gukorwa nyuma y’impanuka ikanganye y’ubwato bwarimo abagenzi 270

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.