Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Igisubizo kidahagije gihabwa abambuwe amafaranga y’akazi bakoreye Ikigo Nderabuzima

radiotv10by radiotv10
14/12/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Igisubizo kidahagije gihabwa abambuwe amafaranga y’akazi bakoreye Ikigo Nderabuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoraga akazi k’isuku mu Kigo Nderabuzima cya Maraba mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko bambuwe amafaranga y’amezi atandatu, ndetse banishyuza uwabahaye akazi, akababwira ko na we yambuwe n’iri Vuriro, bakavuga ko iki gisubizo kitabanyura.

Aba baturage bavuga ko bahawe akazi na rwiyemezamirimo witwa Nkurunziza Jean Bosco wari ufitanye amasezerano yo gukora amasuku mu Kigo Nderabuzima cya Maraba.

Mukagakuba Anonciatha uvuga ko yambuwe ibihumbi 120 Frw y’amezi atandatu, avuga ko byamugizeho ingaruka, kuko yakoraga aka kazi yizeye ko bizamufasha gutunga urugo rwe.

Ati “Ubu abana ndera babuze ibyo kurya kandi narakoze nizeraga guhembwa.”

Mugenzi we Ibyishaka Hyancinthe yagize ati “Amafaranga badufitiye ni menshi. Twagrageje kubaza rwiyemezamirimo wadukoresheje atubwira ko impamvu tutishyurwa, na we Ikigo Nderabuzima cyamwambuye.’’

Aba baturage bavuga ko iki gisubizo batacyumva, kuko uyu rwiyemezamirimo adakwiye kubambura amafaranga bakoreye yitwaje ko na we yambuwe n’ikigo Nderabuzima, kuko ari we bakoreye batakoreye iri vuriro.

Uyu Nkurunziza Jean Bosco uhagaragriye Kompanyi yitwa Sebasoni Op General Ltd wakoreshaga aba bakozi, avuga ko iki Kigo Nderabuzima kitaramwishyura, ariko ko nikimwishyura na we azishyura aba baturage.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Maraba, Jean Baptiste Karangwa avuga ko ikikibazo kizwi akavuga n’ikiri gukorwa ngo aba baturage bishyurwe

Ati “Kwishyriza abo baturage twarabitangiye.R wiyemezamirimo yatubwiye ko impamvu atishyuye abaturage ari uko na we atishyuwe uko bigomba. Twemeranyijwe ko agiye kwishyurwa na we akishyura abakozi.”

Ibibazo nk’ibi bya rwiyemezamirimo bambura abo bakoresheje, byakunze kujya byumvikana, ariko abasesenguzi bagatanga inama ko baba bakwiye kwishyura abo bakoresheje, ubundi bagasigara bahanganye n’ibigo cyangwa inzego zabahaye akazi, aho kugira ngo abaturage babirenganiremo.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Next Post

Umugabo washatse kwicisha umugore we umuhoro amusanze iwabo yabyisobanuyeho imbere y’Urukiko

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo washatse kwicisha umugore we umuhoro amusanze iwabo yabyisobanuyeho imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.