Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Igisubizo kidahagije gihabwa abambuwe amafaranga y’akazi bakoreye Ikigo Nderabuzima

radiotv10by radiotv10
14/12/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Igisubizo kidahagije gihabwa abambuwe amafaranga y’akazi bakoreye Ikigo Nderabuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoraga akazi k’isuku mu Kigo Nderabuzima cya Maraba mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko bambuwe amafaranga y’amezi atandatu, ndetse banishyuza uwabahaye akazi, akababwira ko na we yambuwe n’iri Vuriro, bakavuga ko iki gisubizo kitabanyura.

Aba baturage bavuga ko bahawe akazi na rwiyemezamirimo witwa Nkurunziza Jean Bosco wari ufitanye amasezerano yo gukora amasuku mu Kigo Nderabuzima cya Maraba.

Mukagakuba Anonciatha uvuga ko yambuwe ibihumbi 120 Frw y’amezi atandatu, avuga ko byamugizeho ingaruka, kuko yakoraga aka kazi yizeye ko bizamufasha gutunga urugo rwe.

Ati “Ubu abana ndera babuze ibyo kurya kandi narakoze nizeraga guhembwa.”

Mugenzi we Ibyishaka Hyancinthe yagize ati “Amafaranga badufitiye ni menshi. Twagrageje kubaza rwiyemezamirimo wadukoresheje atubwira ko impamvu tutishyurwa, na we Ikigo Nderabuzima cyamwambuye.’’

Aba baturage bavuga ko iki gisubizo batacyumva, kuko uyu rwiyemezamirimo adakwiye kubambura amafaranga bakoreye yitwaje ko na we yambuwe n’ikigo Nderabuzima, kuko ari we bakoreye batakoreye iri vuriro.

Uyu Nkurunziza Jean Bosco uhagaragriye Kompanyi yitwa Sebasoni Op General Ltd wakoreshaga aba bakozi, avuga ko iki Kigo Nderabuzima kitaramwishyura, ariko ko nikimwishyura na we azishyura aba baturage.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Maraba, Jean Baptiste Karangwa avuga ko ikikibazo kizwi akavuga n’ikiri gukorwa ngo aba baturage bishyurwe

Ati “Kwishyriza abo baturage twarabitangiye.R wiyemezamirimo yatubwiye ko impamvu atishyuye abaturage ari uko na we atishyuwe uko bigomba. Twemeranyijwe ko agiye kwishyurwa na we akishyura abakozi.”

Ibibazo nk’ibi bya rwiyemezamirimo bambura abo bakoresheje, byakunze kujya byumvikana, ariko abasesenguzi bagatanga inama ko baba bakwiye kwishyura abo bakoresheje, ubundi bagasigara bahanganye n’ibigo cyangwa inzego zabahaye akazi, aho kugira ngo abaturage babirenganiremo.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + sixteen =

Previous Post

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

Next Post

Umugabo washatse kwicisha umugore we umuhoro amusanze iwabo yabyisobanuyeho imbere y’Urukiko

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo washatse kwicisha umugore we umuhoro amusanze iwabo yabyisobanuyeho imbere y’Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.