Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Mituweli, intwaro, musayidizi,…amazina bahaye udukingirizo ngo batabatahura

radiotv10by radiotv10
30/07/2022
in MU RWANDA
0
Huye: Mituweli, intwaro, musayidizi,…amazina bahaye udukingirizo ngo batabatahura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basore bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, baracyaterwa ipfunwe no kujya kugura udukingirizo mu maduka, gusa ngo ababitinyutse iyo bagezeyo bavuga ko bashaka mituweli, agakoresho cyanwa musayidizi ubundi abacuruzi bagahita bibwiriza.

Aba basore babwiye RADIOTV10 nk’iyo bagiye mu maduka kugira udukingirizo bagasangamo abantu babazi, basubirirayo aho bakaza kugaruka.

Umwe yagize ati “Iyo nsanzeyo nk’abantu bo mu muryango wacu, ntabwo navuga ngo mpereza puridansi nkagenda ngasubirayo ngakorera aho.”

Akomeza avuga ko nanone nk’iyo agiye agasangamo abantu batamuzi nab wo atatinyuka kuvuga ko aje kugura udukingirizo.

Ati “Dukoresha andi mazina nka mituweli, udukoresha cyangwa musayidizi.”

Bavuga ko iri pfunwe rikibaboshye, rituma bamwe bishora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye kubera kubura aho bavana izo bise intwaro mu buryo buboroheye, bagasaba ko hashyirwaho uburyo bajya babona udukingirizo batarinze kujya mu maduka.

Undi ati “Icyifuzo ni uko batwegereza utuzu twumva turi mu mujyi natwe tukajya gufatayo utwo dukoresho tukabasha kwikingira tutarinze kujya kutubaza mu maduka.”

Umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), ushinzwe itumanaho n’ubukangurambaga mu kurwanya SIDA, Nyirinkindi Aime Erneste yavuze ko inzu zishyirwamo udukingirizo zimenyerewe mu Mujyi wa Kigali zihenze ku buryo kuzikwirakwiza ahantu hose byagorana.

Ati “Ahubwo hari uburyo bwizwe neza bushobora gufasha bigatwara amafaranga macye kandi tukagera ku ntego, buri Karere gafite urubyiruko twagiye duhugura muri izo gahunda zo kwirinda Virusi itera SIDA.”

Nyirinkindi avuga kandi ko abajyanama b’ubuzima bashobora kwiyambazwa n’urubyiruko rwifuza udukingirizo cyangwa rukaba rwagana Ibigo Nderabuzima.

RBC ivuga ko utu tuzu twifashishwa muri Kigali duhenze ku buryo hataboneka udushyirwa hose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 15 =

Previous Post

Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Next Post

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje

Related Posts

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

by radiotv10
14/11/2025
0

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.