Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Mituweli, intwaro, musayidizi,…amazina bahaye udukingirizo ngo batabatahura

radiotv10by radiotv10
30/07/2022
in MU RWANDA
0
Huye: Mituweli, intwaro, musayidizi,…amazina bahaye udukingirizo ngo batabatahura
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basore bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, baracyaterwa ipfunwe no kujya kugura udukingirizo mu maduka, gusa ngo ababitinyutse iyo bagezeyo bavuga ko bashaka mituweli, agakoresho cyanwa musayidizi ubundi abacuruzi bagahita bibwiriza.

Aba basore babwiye RADIOTV10 nk’iyo bagiye mu maduka kugira udukingirizo bagasangamo abantu babazi, basubirirayo aho bakaza kugaruka.

Umwe yagize ati “Iyo nsanzeyo nk’abantu bo mu muryango wacu, ntabwo navuga ngo mpereza puridansi nkagenda ngasubirayo ngakorera aho.”

Akomeza avuga ko nanone nk’iyo agiye agasangamo abantu batamuzi nab wo atatinyuka kuvuga ko aje kugura udukingirizo.

Ati “Dukoresha andi mazina nka mituweli, udukoresha cyangwa musayidizi.”

Bavuga ko iri pfunwe rikibaboshye, rituma bamwe bishora mu mibonano mpuzabitsina idakingiye kubera kubura aho bavana izo bise intwaro mu buryo buboroheye, bagasaba ko hashyirwaho uburyo bajya babona udukingirizo batarinze kujya mu maduka.

Undi ati “Icyifuzo ni uko batwegereza utuzu twumva turi mu mujyi natwe tukajya gufatayo utwo dukoresho tukabasha kwikingira tutarinze kujya kutubaza mu maduka.”

Umukozi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), ushinzwe itumanaho n’ubukangurambaga mu kurwanya SIDA, Nyirinkindi Aime Erneste yavuze ko inzu zishyirwamo udukingirizo zimenyerewe mu Mujyi wa Kigali zihenze ku buryo kuzikwirakwiza ahantu hose byagorana.

Ati “Ahubwo hari uburyo bwizwe neza bushobora gufasha bigatwara amafaranga macye kandi tukagera ku ntego, buri Karere gafite urubyiruko twagiye duhugura muri izo gahunda zo kwirinda Virusi itera SIDA.”

Nyirinkindi avuga kandi ko abajyanama b’ubuzima bashobora kwiyambazwa n’urubyiruko rwifuza udukingirizo cyangwa rukaba rwagana Ibigo Nderabuzima.

RBC ivuga ko utu tuzu twifashishwa muri Kigali duhenze ku buryo hataboneka udushyirwa hose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eight =

Previous Post

Guverinoma ya Congo yagaragaje isomo rikomeye yakuye mu myigaragambyo yo kwamagana MONUSCO

Next Post

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abasindira mu ruhame abibutsa ikibategereje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.