Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Mu gihe cy’amezi atatu ahantu hamwe hamaze kuboneka imibiri 63

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Mu gihe cy’amezi atatu ahantu hamwe hamaze kuboneka imibiri 63
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rugo rw’umuturage wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye hari haherutse kuboneka imibiri 39, habonetse indi 24 bikekwa ko ari iy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyi mibiri yabonetse mu Mudugudu wa Ngoma V mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Ngoma, mu rugo rw’umuturage witwa Dusabemariya Seraphine.

Iyi mibiri 24 yabonetse kuri iki Cyumweru, tariki 21 Mutarama 2024, yabonetse ahari hubatse igikoni cy’urugo rw’uyu muturage.

Ni nyuma y’uko mu kwezi k’Ukwakira 2023, hari habonetse indi mibiri 39, yo yakuwe aharimo hacukurwa umusinzi w’urugo.

Amakuru atangwa n’abaturanyi b’uyu muturage, bavuga ko hafi y’ahabonetse iyi mibiri hashobora kuba hari indi hafi y’urugo rw’umubyeyi w’uyu muturage.

Ibi bakeka babishingira ku musarani ushaje uhari ukaba umaze igihe kinini, ariko ukaba udasenywa; ku buryo babona hari ikibyihishe inyuma.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange yatangaje ko kuri uyu wa Mbere hakomeje ibikorwa byo gushakisha ko haboneka indi mibiri, kandi ko uyu muturage yatawe muri yombi.

Yagize ati “Hashingiwe ku iperereza ryakomeje gukorwa n’amakuru yagejejwe ku Bugenzacyaha, ejo hatangiye ibikorwa byo gushaka indi mibiri. Habonetse 24. N’uyu munsi igikorwa kirakomeza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + fourteen =

Previous Post

RIB yafunze umuyobozi mu rwego rw’Intara hatangazwa n’ibyo akekwaho

Next Post

Senegal: Hatangajwe umubare ubayeho bwa mbere w’abazahatanira umwanya wa Perezida

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Abandi bantu babiri barimo umunyamakuru uzwi mu Rwanda kuri YouTube batawe muri yombi
IBYAMAMARE

Abandi bantu babiri barimo umunyamakuru uzwi mu Rwanda kuri YouTube batawe muri yombi

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Hatangajwe umubare ubayeho bwa mbere w’abazahatanira umwanya wa Perezida

Senegal: Hatangajwe umubare ubayeho bwa mbere w’abazahatanira umwanya wa Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abandi bantu babiri barimo umunyamakuru uzwi mu Rwanda kuri YouTube batawe muri yombi

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.