Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ubuyobozi busa nk’ubwatunguwe n’ibyinubirwa n’abaturage aribo babyisabiye

radiotv10by radiotv10
26/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Ubuyobozi busa nk’ubwatunguwe n’ibyinubirwa n’abaturage aribo babyisabiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bari kwibaza uko bagiye kubaho, kuko ubutaka bwabo bwari bubatunze buri gucibwamo imihanda, mu gihe ubuyobozi buvuga ko biri gukorwa mu nyungu z’abaturage kandi ko ari bo babyisabiye.

Aba baturage baganiriye na RADIOTV10 batuye i Cyarwa na Cyimana mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hari guhangwa imihanda mishya, bavuga ko ntawanga iterambere, cyane ko bazi ko guca imihanda mu mirima yabo, iherereye ahagenewe guturwa, bizaha agaciro iyo mirima kuko izagurwa n’abashaka ibibanza.

Gusa ngo ikibazo ni uko hari abari gusigarana agasambu gato, cyangwa bagasigarira aho ndetse ngo hari n’abaguze ibibanza bigacamo imihanda hagati bagasigara bitacyujuje ingero zubakwamo, cyane cyane abafite ubutaka ahahurira imihanda ibiri bibaza uko baza kubaho.

Umwe ati “Nari mfite akarima ariko ncungiraho konyine, baraje bacamo umuhanda kose karashira, icyifuzo ni uko baduha ingurane y’ubutaka bwacu.”

Undi ati “Nkye aka karima ni ko kari kantunz,e none ubu ntaho nsigaranye. Icyifuzo ni uko bampa ingurane nubwo bampa udufaranga na ducye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko guca imihanda babikoze mu nyungu z’abahatuye, kugira ngo habashe gukoreshwa icyo hagenewe.

Agira ati “Ni mu nyungu zabo, kandi ni na bo babisabye kugira ngo hariya hantu babashe kuhabyaza umusaruro. Barabizi ko abasabaga ibyangombwa byo kubaka batabihabwaga kuko imihanda itari yagacibwa. Biriya biri gukorwa dushingiye ku cyifuzo cy’abaturage.”

Ange Sebutege avuga kandi ko guca imihanda muri aya masambu y’abaturage biri gukorwa hashingiwe ku gishushanyo mbonera, kandi ngo n’umuturage wahura n’ingorane yakwegera ubuyobozi bukakimukemurira.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − six =

Previous Post

Ahishuye agahinda amaranye imyaka 8 katewe n’ibyago byakurikiwe n’isezerano ry’ubuyobozi ryabaye mperazayo

Next Post

Perezida w’u Burundi bwa mbere yahishuye icyihishe inyuma y’ibyakwirakwijwe bya ‘Coup d’Etat’

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Burundi bwa mbere yahishuye icyihishe inyuma y’ibyakwirakwijwe bya ‘Coup d’Etat’

Perezida w’u Burundi bwa mbere yahishuye icyihishe inyuma y’ibyakwirakwijwe bya 'Coup d’Etat'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.