Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ubuyobozi busa nk’ubwatunguwe n’ibyinubirwa n’abaturage aribo babyisabiye

radiotv10by radiotv10
26/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Ubuyobozi busa nk’ubwatunguwe n’ibyinubirwa n’abaturage aribo babyisabiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Tumba, mu Karere ka Huye, bavuga ko bari kwibaza uko bagiye kubaho, kuko ubutaka bwabo bwari bubatunze buri gucibwamo imihanda, mu gihe ubuyobozi buvuga ko biri gukorwa mu nyungu z’abaturage kandi ko ari bo babyisabiye.

Aba baturage baganiriye na RADIOTV10 batuye i Cyarwa na Cyimana mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hari guhangwa imihanda mishya, bavuga ko ntawanga iterambere, cyane ko bazi ko guca imihanda mu mirima yabo, iherereye ahagenewe guturwa, bizaha agaciro iyo mirima kuko izagurwa n’abashaka ibibanza.

Gusa ngo ikibazo ni uko hari abari gusigarana agasambu gato, cyangwa bagasigarira aho ndetse ngo hari n’abaguze ibibanza bigacamo imihanda hagati bagasigara bitacyujuje ingero zubakwamo, cyane cyane abafite ubutaka ahahurira imihanda ibiri bibaza uko baza kubaho.

Umwe ati “Nari mfite akarima ariko ncungiraho konyine, baraje bacamo umuhanda kose karashira, icyifuzo ni uko baduha ingurane y’ubutaka bwacu.”

Undi ati “Nkye aka karima ni ko kari kantunz,e none ubu ntaho nsigaranye. Icyifuzo ni uko bampa ingurane nubwo bampa udufaranga na ducye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko guca imihanda babikoze mu nyungu z’abahatuye, kugira ngo habashe gukoreshwa icyo hagenewe.

Agira ati “Ni mu nyungu zabo, kandi ni na bo babisabye kugira ngo hariya hantu babashe kuhabyaza umusaruro. Barabizi ko abasabaga ibyangombwa byo kubaka batabihabwaga kuko imihanda itari yagacibwa. Biriya biri gukorwa dushingiye ku cyifuzo cy’abaturage.”

Ange Sebutege avuga kandi ko guca imihanda muri aya masambu y’abaturage biri gukorwa hashingiwe ku gishushanyo mbonera, kandi ngo n’umuturage wahura n’ingorane yakwegera ubuyobozi bukakimukemurira.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Ahishuye agahinda amaranye imyaka 8 katewe n’ibyago byakurikiwe n’isezerano ry’ubuyobozi ryabaye mperazayo

Next Post

Perezida w’u Burundi bwa mbere yahishuye icyihishe inyuma y’ibyakwirakwijwe bya ‘Coup d’Etat’

Related Posts

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

IZIHERUKA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro
IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida w’u Burundi bwa mbere yahishuye icyihishe inyuma y’ibyakwirakwijwe bya ‘Coup d’Etat’

Perezida w’u Burundi bwa mbere yahishuye icyihishe inyuma y’ibyakwirakwijwe bya 'Coup d’Etat'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.