Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ishyamba rinini rya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, rizwi nka Arboretum, bavuga ko bakomeje konerwa n’inyamaswa ziribamo, zikabasiga mu bihombo bikomeye, ku buryo bibaza igihe bizarangirira bikabayobera kuko bimaze igihe kinini.

Izi nyamaswa zirimo Inkende, Ingeragere ziba muri iri shyamba, zakunze kuvugwaho konera abarituriye, ku buryo bahinga ntihagire usarura.

Bavuga ko birirwa barinze imyaka yabo, ariko bakagera aho bakarambirwa bagataha, bamara kuhava inyamaswa zigahita zirara mu myaka yabo zikayona.

Umwe ati “Ziraza zikarisha zigahera ku murongo, imigozi zikamaraho, umwumbati ziracimbura, ibishyimbo zirashogora. Twabuze uko tubigenza, niba wiriwe uzicunze mu gitondo urarambirwa ugataha zikaba zijyiyemo.”

Akomeza agira ati “Bibaye byiza ababishinzwe bazikura hano, bakazijyana mu zindi Parike, kubera ko zangiriza abaturage benshi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yavuze ko hari kurebwa icyakorwa kuri iki kibazo, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDC), gusa mu gihe nta kirakorwa, agira inama abahinzi ko bajya bahinga ibihingwa bitononwa n’izo nyamaswa.

Yagize ati “Inama twagiye tugira abaturage ni uguhinga ibihingwa bidashobora kubangamirana n’urusobe rw’ibinyabuzima, kandi twagiye tubahuza n’abantu bashinzwe ibinyabuzima, natwe turacyashaka icyakorwa ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe Iterambere.”

Izi nyamaswa ziba mu ishyamba rya Kaminuza y’u Rwanda i Huye
Ziba zitegereje ko abantu bava mu nzira zigahita zirara mu myaka

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eight =

Previous Post

Perezida Kagame yongeye gucyebura urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda

Next Post

UEFA Champions League: PSG byanze ibererecyera Borussia Dortmund yo mu Budage

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UEFA Champions League: PSG byanze ibererecyera Borussia Dortmund yo mu Budage

UEFA Champions League: PSG byanze ibererecyera Borussia Dortmund yo mu Budage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.