Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Urujijo ruracyari rwose ku baturiye ishyamba rya Kaminuza kubera ibyo bakorerwa n’inyamaswa ziribamo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturiye ishyamba rinini rya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, rizwi nka Arboretum, bavuga ko bakomeje konerwa n’inyamaswa ziribamo, zikabasiga mu bihombo bikomeye, ku buryo bibaza igihe bizarangirira bikabayobera kuko bimaze igihe kinini.

Izi nyamaswa zirimo Inkende, Ingeragere ziba muri iri shyamba, zakunze kuvugwaho konera abarituriye, ku buryo bahinga ntihagire usarura.

Bavuga ko birirwa barinze imyaka yabo, ariko bakagera aho bakarambirwa bagataha, bamara kuhava inyamaswa zigahita zirara mu myaka yabo zikayona.

Umwe ati “Ziraza zikarisha zigahera ku murongo, imigozi zikamaraho, umwumbati ziracimbura, ibishyimbo zirashogora. Twabuze uko tubigenza, niba wiriwe uzicunze mu gitondo urarambirwa ugataha zikaba zijyiyemo.”

Akomeza agira ati “Bibaye byiza ababishinzwe bazikura hano, bakazijyana mu zindi Parike, kubera ko zangiriza abaturage benshi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, yavuze ko hari kurebwa icyakorwa kuri iki kibazo, ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDC), gusa mu gihe nta kirakorwa, agira inama abahinzi ko bajya bahinga ibihingwa bitononwa n’izo nyamaswa.

Yagize ati “Inama twagiye tugira abaturage ni uguhinga ibihingwa bidashobora kubangamirana n’urusobe rw’ibinyabuzima, kandi twagiye tubahuza n’abantu bashinzwe ibinyabuzima, natwe turacyashaka icyakorwa ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe Iterambere.”

Izi nyamaswa ziba mu ishyamba rya Kaminuza y’u Rwanda i Huye
Ziba zitegereje ko abantu bava mu nzira zigahita zirara mu myaka

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 18 =

Previous Post

Perezida Kagame yongeye gucyebura urubyiruko rugoreka Ikinyarwanda

Next Post

UEFA Champions League: PSG byanze ibererecyera Borussia Dortmund yo mu Budage

Related Posts

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

IZIHERUKA

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

by radiotv10
17/11/2025
0

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

17/11/2025
Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

16/11/2025
Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UEFA Champions League: PSG byanze ibererecyera Borussia Dortmund yo mu Budage

UEFA Champions League: PSG byanze ibererecyera Borussia Dortmund yo mu Budage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.