Abatuye mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana ibitero by’indege bya FARDC, nyuma yuko hari ikigabwe muri uyu mujyi kigahitana abantu batatu barimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye.
Abaturage benshi baramukiye mu mihanda yo muri uyu mujyi wa Goma, bitwaje ibyapa byamagana amarorerwa akomeje gukorwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.
Mu butumwa bwanditse ku nyandiko zitwajwe n’aba baturage, harimo ubusaba Perezida Felix Tshisekedi n’ubutegetsi bwe, guhagarika ibi bikorwa bikomeje gutwara ubuzima bw’inzirakarengane.
Iyi myigaragambyo ije nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapilote bivugwa ko ari icy’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa cyagabwe ku nzu iherereye mu gace ka Himbi muri Komini ya Goma.
Iki gitero cyahitanye ubuzima bw’abasivile batatu, barimo Umufaransakazi Carine Buisset wari umukozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF) ndetse n’abandi basivile babiri.
Ni igitero gikomeje kwamaganirwa kure, aho ku ikubitiro cyamaganywe n’ubuyobozi bw’iri Huriro AFC/M23 ryahise risohora itangazo ubwo cyari kikimara kuba.
Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa wanigereye aha hagabwe iki gitero, yatangaje ko ari we cyari kigambiriye kwivugana, kimwe na bamwe mu bandi bayobozi b’iri Huriro, asaba amahanga kugira icyo ikora kuri iyi myitwarire y’ubutegetsi bwa Congo yo gikomeza kurenga ku myanzuro n’amasezerano yasinywe.
AFC/M23 kandi ivuga ko amahanga akwiye guhagarika uburyarya, akareka gukomeza kotsa igitutu asaba iri Huriro kubahiriza amasezerano y’agahenge, mu gihe uruhande bahanganye rutahwemye kuyica.
Iri Huriro kandi rivuga ko iyi myitwarire ikomeje kuranga uruhande bahanganye irisunikira na ryo kurenga ku gahenge, kugira ngo ryirwaneho, rinarinde abaturage ubuzima bwabo bugeramiwe.


RADIOTV10










