Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari

radiotv10by radiotv10
14/01/2022
in MU RWANDA
0
Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abamotari bo mu Mujyi wa Kigali bakoze imyigaragambyo basaba gukemurirwa ibibazo bafite birimo ikoreshwa rya mubazi, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga Mubazi ubwayo atari ikibazo ahubwo ko bayuririyeho kubera ibindi bibazo binyuranye bafite.

Kuri uyu wa Kane tariki 13 Mutarama 2022, abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto (Abamotari) mu Mujyi wa Kigali baramukiye mu muhanda bakora imyigaragambyo yabereye mu bice binyuranye byo muri uyu Mujyi.

Aba bamotari basabaga gukemurirwa ibibazo binyuranye bakomeje guhura na byo mu kazi kabo birimo ibya Mubazi ikomeje kubagusha mu bihombo.

Ibi byatumye inzego zinyuranye zirimo urw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), Polisi y’u Rwanda ndetse n’abahagarariye amakoperative y’abamotari, bakorana inama ngo bige kuri iki kibazo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda atangaza ko ibi biganiro byagaragarijwemo ibibazo bifitwe n’abamotari kandi ko basanze ari byinshi aho kuba icya mubazi gusa.

Ati “Ni ibibazo byabaye uruhurirane noneho bituma hajemo icya mubazi kuko muri iyi minsi bayishyizemo ingufu barayigenzura.”

Mukuralinda uvuga ko muri iyi nama hagaragajwe ko abamotari bafite ibibazo by’Ubwishingizi bwatumbagijwe, avuga ko Mubazi bayuririyeho bagakora iriya myigaragambyo ariko ubwayo atari cyo kibazo cyonyine.

 

Kugenzura ko umumotari akoresha mubazi byabaye bihagaritswe

Mukuralinda avuga ko muri iyi minsi Abamotari bari bamaze iminsi bakoresha mubazi hari abafatwaga batazikoresha bakabihanirwa kimwe n’abatari bazifite bafatirwaga ibihano.

Avuga ko muri iyi nama hafatiwemo imyanzuro ko ivuga ko “kugenzura mubazi biraba bisubitswe kugira hitabweho icyo kibazo cy’abamotari bari mu muhanda badafite ibyangombwa. Kuzikoresha nibisubukurwa, amande bacibwa yagabanutse ava ku bihumbi 25 ashyirwa ku bihumbi 10.”

Mukuralinda uvuga ko gukuraho ikoreshwa rya mubazi byo bidashoboka, avuga ko iyi myanzuro igomba gutangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Mutarama 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Rubavu: Yibwe Inka inshuro ebyiri zombi ayisanga mu z’Abasirikare babiri bakomeye

Next Post

Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.