Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari

radiotv10by radiotv10
14/01/2022
in MU RWANDA
0
Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abamotari bo mu Mujyi wa Kigali bakoze imyigaragambyo basaba gukemurirwa ibibazo bafite birimo ikoreshwa rya mubazi, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga Mubazi ubwayo atari ikibazo ahubwo ko bayuririyeho kubera ibindi bibazo binyuranye bafite.

Kuri uyu wa Kane tariki 13 Mutarama 2022, abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto (Abamotari) mu Mujyi wa Kigali baramukiye mu muhanda bakora imyigaragambyo yabereye mu bice binyuranye byo muri uyu Mujyi.

Aba bamotari basabaga gukemurirwa ibibazo binyuranye bakomeje guhura na byo mu kazi kabo birimo ibya Mubazi ikomeje kubagusha mu bihombo.

Ibi byatumye inzego zinyuranye zirimo urw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), Polisi y’u Rwanda ndetse n’abahagarariye amakoperative y’abamotari, bakorana inama ngo bige kuri iki kibazo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda atangaza ko ibi biganiro byagaragarijwemo ibibazo bifitwe n’abamotari kandi ko basanze ari byinshi aho kuba icya mubazi gusa.

Ati “Ni ibibazo byabaye uruhurirane noneho bituma hajemo icya mubazi kuko muri iyi minsi bayishyizemo ingufu barayigenzura.”

Mukuralinda uvuga ko muri iyi nama hagaragajwe ko abamotari bafite ibibazo by’Ubwishingizi bwatumbagijwe, avuga ko Mubazi bayuririyeho bagakora iriya myigaragambyo ariko ubwayo atari cyo kibazo cyonyine.

 

Kugenzura ko umumotari akoresha mubazi byabaye bihagaritswe

Mukuralinda avuga ko muri iyi minsi Abamotari bari bamaze iminsi bakoresha mubazi hari abafatwaga batazikoresha bakabihanirwa kimwe n’abatari bazifite bafatirwaga ibihano.

Avuga ko muri iyi nama hafatiwemo imyanzuro ko ivuga ko “kugenzura mubazi biraba bisubitswe kugira hitabweho icyo kibazo cy’abamotari bari mu muhanda badafite ibyangombwa. Kuzikoresha nibisubukurwa, amande bacibwa yagabanutse ava ku bihumbi 25 ashyirwa ku bihumbi 10.”

Mukuralinda uvuga ko gukuraho ikoreshwa rya mubazi byo bidashoboka, avuga ko iyi myanzuro igomba gutangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Mutarama 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − nine =

Previous Post

Rubavu: Yibwe Inka inshuro ebyiri zombi ayisanga mu z’Abasirikare babiri bakomeye

Next Post

Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.