Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari

radiotv10by radiotv10
14/01/2022
in MU RWANDA
0
Ibibazo byabaye uruhurirane buririra kuri Mubazi- Mukuralinda yavuze ku myigaragambyo y’Abamotari
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko abamotari bo mu Mujyi wa Kigali bakoze imyigaragambyo basaba gukemurirwa ibibazo bafite birimo ikoreshwa rya mubazi, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga Mubazi ubwayo atari ikibazo ahubwo ko bayuririyeho kubera ibindi bibazo binyuranye bafite.

Kuri uyu wa Kane tariki 13 Mutarama 2022, abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto (Abamotari) mu Mujyi wa Kigali baramukiye mu muhanda bakora imyigaragambyo yabereye mu bice binyuranye byo muri uyu Mujyi.

Aba bamotari basabaga gukemurirwa ibibazo binyuranye bakomeje guhura na byo mu kazi kabo birimo ibya Mubazi ikomeje kubagusha mu bihombo.

Ibi byatumye inzego zinyuranye zirimo urw’Igihugu rushinzwe kugenzura imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), Polisi y’u Rwanda ndetse n’abahagarariye amakoperative y’abamotari, bakorana inama ngo bige kuri iki kibazo.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda atangaza ko ibi biganiro byagaragarijwemo ibibazo bifitwe n’abamotari kandi ko basanze ari byinshi aho kuba icya mubazi gusa.

Ati “Ni ibibazo byabaye uruhurirane noneho bituma hajemo icya mubazi kuko muri iyi minsi bayishyizemo ingufu barayigenzura.”

Mukuralinda uvuga ko muri iyi nama hagaragajwe ko abamotari bafite ibibazo by’Ubwishingizi bwatumbagijwe, avuga ko Mubazi bayuririyeho bagakora iriya myigaragambyo ariko ubwayo atari cyo kibazo cyonyine.

 

Kugenzura ko umumotari akoresha mubazi byabaye bihagaritswe

Mukuralinda avuga ko muri iyi minsi Abamotari bari bamaze iminsi bakoresha mubazi hari abafatwaga batazikoresha bakabihanirwa kimwe n’abatari bazifite bafatirwaga ibihano.

Avuga ko muri iyi nama hafatiwemo imyanzuro ko ivuga ko “kugenzura mubazi biraba bisubitswe kugira hitabweho icyo kibazo cy’abamotari bari mu muhanda badafite ibyangombwa. Kuzikoresha nibisubukurwa, amande bacibwa yagabanutse ava ku bihumbi 25 ashyirwa ku bihumbi 10.”

Mukuralinda uvuga ko gukuraho ikoreshwa rya mubazi byo bidashoboka, avuga ko iyi myanzuro igomba gutangira kubahirizwa kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Mutarama 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 7 =

Previous Post

Rubavu: Yibwe Inka inshuro ebyiri zombi ayisanga mu z’Abasirikare babiri bakomeye

Next Post

Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Nyamagabe: Umupadiri umaze amezi 5 abuhawe yasezeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.