Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanutse

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in MU RWANDA
0
Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanutse
Share on FacebookShare on Twitter

RURA yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli, aho Lisansi yagabanutseho amafaranga 29 Frw kuri Litiro imwe, mu gihe Mazutu yagabanutseho 20 Frw kuri Litiro.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ibi biciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Ukwakira 2022.

Igiciro cya Lisansi mu Mujyi wa Kigali ntikigomba kurenza 1 580 Frw kuri Litilo imwe mu gihe icya Mazutu kitagomba kurenza 1 587 Frw kuri Litiro imwe.

Ibi biciro bishya bigomba gutangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki 08 Ukwakira 2022, bije bikurikira ibyari byatangajwe muri Kanama 2022.

Ibiciro byaherukaga, Litiro ya Lisansi yaguraga 1 609 Frw ni ukuvuga ko ubu yagabanutseho 29 Frw mu gihe iya Peteroli yari yashyizwe ku 1 607 Frw, bivuze ko ubu yagabanutseho amafaranga 20 Frw.

RURA ivuga ko nkuko byakomeje gukorwa kuva muri 2021, nubundi Leta y’u Rwanda yongeye kwigomwa imisoro mu gushyiraho ibi biciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli “kugira ngo hirindwe ingaruka zakomoka ku izamuka rikabije ry’ibiciro byabyo ku isoko ryo mu Rwanda.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Agateganyo wa RURA, Eng. Deo Muvunyi, rikomeza rigira riti “Kuri iyi nshuro nabwo, Leta yigomwe imisoro kugira ngo igiciro cya Mazutu aho kwiyongeraho 50 Frw kuri Litiro, kigabanukeho amafaranga 20 Frw kuri Litiro.”

Rivuga ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gukumira ingaruka z’ubwiyongere bw’igiciro cya Mazutu ku biciro by’ibindi bicuruzwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 3 =

Previous Post

Rusizi: Umugabo ukekwaho gusambanya umwana we akanamutera inda yasabiwe gufungwa 1/4 cy’ikinyejana

Next Post

U Burundi bwasobanuye impamvu bwohereje abandi basirikare muri DRCongo

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Burundi bwasobanuye impamvu bwohereje abandi basirikare muri DRCongo

U Burundi bwasobanuye impamvu bwohereje abandi basirikare muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.