Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza

radiotv10by radiotv10
20/05/2022
in MU RWANDA
0
Ibicurane byabaye ibicurane: Hasobanuwe impamvu biri kugera ku bantu bikabazahaza
Share on FacebookShare on Twitter

Hakomeje kumvikana abantu bari kurwara ibicurane ndetse bikabazahaza ku buryo hari abagira impungenge ko yaba ari COVID-19, gusa inzobere mu bijyanye n’indwara zifata imyanya y’ubuhumekero zivuga ko ari ibicurane bisanzwe, zikanagaragaza impamvu biri kuzahaza abo biri gufata.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagiye ku Kigo Nderabuzima cya Gatenga mu Karere ka Kicukiri mu Mujyi wa Kigali, ahasanga abantu benshi baje kwivuza ibicurane ubundi bidakunze gutuma abantu bajya kwivuza.

Umwe muri aba baturage yavuze ko imiterere y’ibi bicurane idasanzwe ku buryo bamwe bari kujya kwivuza bakeka ko ari icyorezo cya COVID-19.

Yagize ati “None se umuntu arakorora, akitsamura kandi inkorora gukira ntibyoroshye, umutwe ukakurya, ibintu byatuyobeye kandi si umwe si babiri ni hirya no hino.”

Undi na we avuga ko yacitse intege, agahinda umuriro nk’urwaye Malaria ku buryo bagize impungenge z’ubu burwayi.

Ati “Grippe nari nsanzwe nyirwara ariko ni ubwa mbere nyirwaye nkamera gutya, ahubwo njye birantunguye bambwiye ngo ni ibicurane bisanzwe ndwaye kuko numvaga na Malaria irimo none Malaria barayivuze.”

Aba baturage basaba ko inzego z’ubuzima zikwiye gukora ubucukumbuzi ko atari ikindi cyorezo cyaba cyaje.

Inzobere mu buvuzi bw’indwara zifata imyanya y’ubuhumekero, Dr Batamuriza Kayitesi Mukara, avuga ko ubusanzwe hari virusi zigira ubukana kandi bigaterwa n’ibihe n’ikirere kiba kigezweho.

Ati “Muri saison (gihe) hari virusi zifite ubukana nubundi uzagira ibicurane bifite ubukana kuko biriho biraterwa na Virusi ifite ubukana.”

Avuga ko kandi iyo iyi virusi ifashe abantu ibazahaza bitewe n’ubudahangarwa bw’imibiri yabo.

Ati “Ushobora wowe kujya mu bitaro ariko mugenzi wawe we yayandura ntajyemo kubera ko iyo ingezemo, abasirikare b’umubiri wanjye bafite uburyo bakora bashobora kuyirwanya cyangwa bakayirwanya ku kigero runaka ku buryo nshobora kugira ibimenyetso bitanambuza kujya mu kazi ariko wowe wagira ibimenyetso bigatuma ushobora no kujya kuri Oxygene.”

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, buherutse kugira icyo buvuga kuri ibi bicurane bikomeje kuvugwa hirya no hino ubwo hari umuturage wabigarukagaho ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, avuga ko ibi bicurane bisa nk’ibyabaye icyorezo.

Buri gihe hagati y’ukwezi kwa 2 n’ukwa 6 imibare y’abarwara grippe (seasonal flue) iriyongera. Iyi mibare irushaho ndetse kuzamuka mu bihe byegereza umukamuko w’imvura y’itumba. Ingamba zo kwirinda zirimo gukaraba intoki neza kandi kenshi, urwaye agashishikarizwa kwambara mask. https://t.co/AiJUwXG4cQ

— Rwanda Biomedical Centre (@RBCRwanda) May 17, 2022

Mu kumusubiza, Ubuyobozo bwa RBC bwagize buti “Buri gihe hagati y’ukwezi kwa 2 n’ukwa 6 imibare y’abarwara grippe (seasonal flue) iriyongera. Iyi mibare irushaho ndetse kuzamuka mu bihe byegereza umukamuko w’imvura y’itumba.”

RBC yaboneye kwibutsa abaturarwanda uburyo bakwirira ibi bicurane zidatandukanye n’izasanzwe zikoreshwa mu kwirinda icyorezo cya COVID-19 zirimo gukaraba intoki neza kandi kenshi ndetse urwaye akambara agapfukamunwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Ni nk’i Burayi bavuye: Ahazacumbikirwa abimukira bazava mu Bwongereza hamenyekanye

Next Post

Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida

Related Posts

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida

Ntaganda wafunzwe imyaka 4 azira gukurura amacakubiri yatangaje ko aziyamamaza mu matora ya Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.