Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Kibuga cy’Indege cy’i Toronto muri Canada, habereye impanuka y’indege ya Delta Air Lines, yaguye igaramye igatangira no gushya, ariko Imana igakinga akaboko, abari bayirimo bose bavamo ari bazima.

Ni impanuka yabaye mu masaha y’igicamunsi ahagana saa munani mu masaha yo muri Canada, akaba yari mu masaha y’ijoro mu ma saa tatu mu masaha yo mu Rwanda.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, yerekana iyi ndege yaguye igaramye ku Kibuga cy’Indege cy’i Toronto (Toronto Pearson International Airport), itangiye gushya, za kizimyamoto zigahita zivubura amazi n’ibifuro byo kuzimya inkongi.

Muri aya mashusho, kandi hagaragara abantu basohoka muri iyi ndege biruka, kugira ngo bakize amagara yabo, ndetse abari bayirimo bose bagera muri 80 bakaba bavuyemo ari bazima uretse abakomeretse.

Umwe mu bagenzi bari muri iyi ndege, wafashe amashusho ubwo yakoraga iyi mpanuka, yagize ati “Turi muri Toronto, Indege yacu yakoze impanuka, iragaramye. Itsinda ry’abashinzwe kuzimya ryatabaye riri hanze.”

Uyu mugenzi, muri aya mashusho yifashe, yakomeje agira ati “Uko bigaragara abantu benshi bameze neza. Turi gusohoka.”

Nubwo iyi mpanuka yari iteye ubwoba, ariko abantu 80 bari bayirimo barimo abagenzi n’abakozi b’iyi sosiyeye y’indege, bavuyemo ari bazima, uretse abantu 15 bakomeretse nk’uko byataranywe na Polisi ya Peel yabitangarije ikinyamakuru The Sun.

Muri aba bakomereye, babiri bajyanywe mu bitaro byo kubitaho ku bw’ibibazo byo mu mutwe batewe n’iyi mpanuka, mu gihe umwana umwe yajyanywe mu Bitaro by’abana.

Nubwo aba bagizweho ingaruka n’iyi mpanuka bakomeretse cyane, bivugwa ko nta n’umwe bigaragara ko ashobora kuhatakariza ubuzima.

Kompanyi ya Delta Air Lines, yatangajwe ko yababajwe n’iyi mpanuka yabaye kuri imwe mu ndege zayo.

Mu itangazo yashyize hanze, yagize iti “Delta yamenye amakuru ko indege yakoraga urugendo rwa 4819 yavaga Minneapolis/St. Paul yerecyeza Toronto-Pearson International Airport, yagize impanuka.”

Iyi kompanyi yatangaje ko iri gukora ibishoboka kugira ngo itangaze amakuru arambuye kuri iyi mpanuka, kandi ko mu gihe cya vuba aza gushyirwa ku rubuga rwayo.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iby’indege Federal Aviation Administration, cyasabye ko ibikorwa byose bifunga kuri Toronto Pearson International Airport, kugira ngo habanze hakorwe iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe umutekano w’Indege (National Transportation Safety Board) kiri gukorana n’icyo muri Canada Transportation Safety Board mu gukora iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

Abagenzi bose bavuyemo amahoro
Yari impanuka iteye ubwoba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23

Next Post

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.