Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Kibuga cy’Indege cy’i Toronto muri Canada, habereye impanuka y’indege ya Delta Air Lines, yaguye igaramye igatangira no gushya, ariko Imana igakinga akaboko, abari bayirimo bose bavamo ari bazima.

Ni impanuka yabaye mu masaha y’igicamunsi ahagana saa munani mu masaha yo muri Canada, akaba yari mu masaha y’ijoro mu ma saa tatu mu masaha yo mu Rwanda.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, yerekana iyi ndege yaguye igaramye ku Kibuga cy’Indege cy’i Toronto (Toronto Pearson International Airport), itangiye gushya, za kizimyamoto zigahita zivubura amazi n’ibifuro byo kuzimya inkongi.

Muri aya mashusho, kandi hagaragara abantu basohoka muri iyi ndege biruka, kugira ngo bakize amagara yabo, ndetse abari bayirimo bose bagera muri 80 bakaba bavuyemo ari bazima uretse abakomeretse.

Umwe mu bagenzi bari muri iyi ndege, wafashe amashusho ubwo yakoraga iyi mpanuka, yagize ati “Turi muri Toronto, Indege yacu yakoze impanuka, iragaramye. Itsinda ry’abashinzwe kuzimya ryatabaye riri hanze.”

Uyu mugenzi, muri aya mashusho yifashe, yakomeje agira ati “Uko bigaragara abantu benshi bameze neza. Turi gusohoka.”

Nubwo iyi mpanuka yari iteye ubwoba, ariko abantu 80 bari bayirimo barimo abagenzi n’abakozi b’iyi sosiyeye y’indege, bavuyemo ari bazima, uretse abantu 15 bakomeretse nk’uko byataranywe na Polisi ya Peel yabitangarije ikinyamakuru The Sun.

Muri aba bakomereye, babiri bajyanywe mu bitaro byo kubitaho ku bw’ibibazo byo mu mutwe batewe n’iyi mpanuka, mu gihe umwana umwe yajyanywe mu Bitaro by’abana.

Nubwo aba bagizweho ingaruka n’iyi mpanuka bakomeretse cyane, bivugwa ko nta n’umwe bigaragara ko ashobora kuhatakariza ubuzima.

Kompanyi ya Delta Air Lines, yatangajwe ko yababajwe n’iyi mpanuka yabaye kuri imwe mu ndege zayo.

Mu itangazo yashyize hanze, yagize iti “Delta yamenye amakuru ko indege yakoraga urugendo rwa 4819 yavaga Minneapolis/St. Paul yerecyeza Toronto-Pearson International Airport, yagize impanuka.”

Iyi kompanyi yatangaje ko iri gukora ibishoboka kugira ngo itangaze amakuru arambuye kuri iyi mpanuka, kandi ko mu gihe cya vuba aza gushyirwa ku rubuga rwayo.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iby’indege Federal Aviation Administration, cyasabye ko ibikorwa byose bifunga kuri Toronto Pearson International Airport, kugira ngo habanze hakorwe iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe umutekano w’Indege (National Transportation Safety Board) kiri gukorana n’icyo muri Canada Transportation Safety Board mu gukora iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

Abagenzi bose bavuyemo amahoro
Yari impanuka iteye ubwoba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23

Next Post

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.