Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibidasanzwe wamenya ku gitaramo cy’itsinda ririmo abakobwa bahuriye ku bwiza

radiotv10by radiotv10
28/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibidasanzwe wamenya ku gitaramo cy’itsinda ririmo abakobwa bahuriye ku bwiza
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda Kigali Protocal rigizwe n’abarimo abakobwa b’uburanga n’ikimero binogeye ijisho, rigiye gukora igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 rimaze rikora umwuga wo kwakirana yombi no kwerekera abo mu bitaramo n’ibirori bitandukanye. Muri iki gitaramo hateganyijwemo udushya twihariye.

Umukundwa Joshua uyobora Kigali Protocal yashyize umucyo ku budasa bw’iki gitaramo ndetse ahishura intego nyamukuru yacyo, avuga ko yifuje ko cyaba umwihariko.

Kamwe mu dushya tugiteregerejwemo, ni uguha urubuga ababyinnyi bamaze kumenyerwa barimo Jojo Brezzy, General Benda.

Ni igitaramo kandi kizayoborwa n’umunyarwenya Rusine Patrick n’umunyamakuru Lucky Nzeyimana, bazaba ari ba MC.

Uyu munyarwenya Rusine Patrick wamaze na we kwinjira mu mwuga w’itangazamakuru, ni ku nshuro ya mbere aza kuba ayoboye igitaramo nka MC.

Kuri Rusine biraba bisa nk’amata abyaye amavuta, kuko na we araba yujuje imyaka itanu yinjiye mu ruganda rw’urwenya.

Ibi byatangajwe mu kiganiro n’itangazamakuru

Imyiyereko idasanzwe ya “Cat Walk”

Abazitabira iki gitaramo bazagira amahirwe yo guca kuri tapi itukura ndetse inkumi n’abasore bari muri Kigali Protocal bazagira umwanya wo kwiyereka ibisanzwe bimenyerewe nka ‘Cat Walk’.

Joshua Umukundwa yavuze kandi ko, imbarutso y’umushinga wa Kigali Protocal wabaye igitekerezo yagize muri 2018 agamije gukora ikintu kihariye kandi cyafasha urubyiruko.

Nyuma yaje kwemeza ko iri tsinda aryita ‘Kigali Protocal’ kuko wari umushinga wari ugiye gushingira ku by’umwihariko ku bukerarugendo.

Kugeza ubu habarurwa abanyamuryango barenga 100 bari muri Kigali Protocal ndetse abari mu Rwanda bakazagaragara muri iki gitaramo giteganijwe ku wa Kane tariki 29 kamena 2023 dore ko hari abagize iri tsinda babarizwa mu gihugu cya Pologne.

Joby JOSHUA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 9 =

Previous Post

Rwamagana: Ubuyobozi burabusanya imvugo ku kibazo kibangamiye abaturage

Next Post

Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe

Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.