Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu

radiotv10by radiotv10
14/03/2024
in MU RWANDA
0
Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro byahuje Polisi y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’Abashoferi batwara amakamyo manini yambuka imipaka, basabwe kugira uruhare mu kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024 byateguwe ku bufatanye bwa Polisi n’iri Shyirahamwe rizwi nka ACPLRWA, byitabiriwe n’abashoferi barenga 120, byari bifite insanganyamatsiko igira iti ‘Ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha’.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa (DIGP) Vincent Sano, yibukije aba bashoferi ko bagomba kurangwa n’indangagaciro yo gukunda Igihugu aho bari hose ndetse n’igihe bari mu kazi kabo.

Ati “Izo ndangagaciro zikajyanirana no gukumira ibyaha bihungabanya umutekano w’aho atuye n’ibyambukiranya imipaka nka magendu, icuruzwa ry’abantu, icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’ibindi, atanga amakuru y’ababikora haba imbere mu Gihugu ndetse no hanze yacyo aho agenda.”

DIGP Sano yibukije aba bashoferi ko igihe bamaze kugera mu bindi Bihugu bitabahindura abanyamahanga, bityo ko bakwiye kujya bakomeza no kurangwa no gukunda Igihugu, kandi bagakomeza kwitwara nk’Abanyarwanda.

Ati “Imikorere, imivugire n’imyitwarire byacu byiza nibyo bigaragaza ko turi abanyarwanda, abanyamahanga bakatugana bitewe n’uko twabigaragarije.”

Umuyobozi w’iri Shyirahamwe ACPLRWA, Kanyagisaka Justin, yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mwanya yafashe wo kubibutsa uruhare rwabo mu gukumira ibyaha no kwirinda impanuka nk’indangagaciro zikwiye kubaranga.

Yashimangiye ko nk’uko bajya mu Bihugu bitandukanye, muri ibi biganiro bungukiyemo byinshi bizabafasha kunoza imyitwarire yabo, haba mu gihugu imbere no mu gihe bambutse umupaka, bakagaragaza uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya ibyaha no ku mutekano muri rusange ndetse n’iterambere ry’igihugu.

DIGP Sano yasabye abashoferi b’amakamyo kugira uruhare mu gukumira ibyaha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

Next Post

Hagaragajwe igifatwa nk’intwaro ikomeye ihonyora rubanda mu ntambara ya Israel na Hamas

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe igifatwa nk’intwaro ikomeye ihonyora rubanda mu ntambara ya Israel na Hamas

Hagaragajwe igifatwa nk’intwaro ikomeye ihonyora rubanda mu ntambara ya Israel na Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.