Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu

radiotv10by radiotv10
14/03/2024
in MU RWANDA
0
Ibiganiro byahuje Polisi n’Abashoferi b’amakamyo byasize ingamba mu gukumira ibyaha nk’icuruzwa ry’abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu biganiro byahuje Polisi y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’Abashoferi batwara amakamyo manini yambuka imipaka, basabwe kugira uruhare mu kurwanya no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka.

Ni ibiganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Werurwe 2024 byateguwe ku bufatanye bwa Polisi n’iri Shyirahamwe rizwi nka ACPLRWA, byitabiriwe n’abashoferi barenga 120, byari bifite insanganyamatsiko igira iti ‘Ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha’.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa (DIGP) Vincent Sano, yibukije aba bashoferi ko bagomba kurangwa n’indangagaciro yo gukunda Igihugu aho bari hose ndetse n’igihe bari mu kazi kabo.

Ati “Izo ndangagaciro zikajyanirana no gukumira ibyaha bihungabanya umutekano w’aho atuye n’ibyambukiranya imipaka nka magendu, icuruzwa ry’abantu, icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’ibindi, atanga amakuru y’ababikora haba imbere mu Gihugu ndetse no hanze yacyo aho agenda.”

DIGP Sano yibukije aba bashoferi ko igihe bamaze kugera mu bindi Bihugu bitabahindura abanyamahanga, bityo ko bakwiye kujya bakomeza no kurangwa no gukunda Igihugu, kandi bagakomeza kwitwara nk’Abanyarwanda.

Ati “Imikorere, imivugire n’imyitwarire byacu byiza nibyo bigaragaza ko turi abanyarwanda, abanyamahanga bakatugana bitewe n’uko twabigaragarije.”

Umuyobozi w’iri Shyirahamwe ACPLRWA, Kanyagisaka Justin, yashimiye Polisi y’u Rwanda ku mwanya yafashe wo kubibutsa uruhare rwabo mu gukumira ibyaha no kwirinda impanuka nk’indangagaciro zikwiye kubaranga.

Yashimangiye ko nk’uko bajya mu Bihugu bitandukanye, muri ibi biganiro bungukiyemo byinshi bizabafasha kunoza imyitwarire yabo, haba mu gihugu imbere no mu gihe bambutse umupaka, bakagaragaza uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya ibyaha no ku mutekano muri rusange ndetse n’iterambere ry’igihugu.

DIGP Sano yasabye abashoferi b’amakamyo kugira uruhare mu gukumira ibyaha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Muhanga: Umuyobozi wakundaga kuguza amafaranga abaturage no kwikopesha aravugwaho ubuhemu

Next Post

Hagaragajwe igifatwa nk’intwaro ikomeye ihonyora rubanda mu ntambara ya Israel na Hamas

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe igifatwa nk’intwaro ikomeye ihonyora rubanda mu ntambara ya Israel na Hamas

Hagaragajwe igifatwa nk’intwaro ikomeye ihonyora rubanda mu ntambara ya Israel na Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.